Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 10:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Abahungu ba Aroni, Nadabu n’Avihu, bafashe ibyotezo byabo, bacanamo umuriro, bashyiramo umubavu, maze bamurikira Uhoraho umuriro udatagatifujwe, atari yabategetse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Nadabu na Abihu bene Aroni, benda ibyotero byabo bashyiramo umuriro, bashyiraho imibavu bayosheshereza imbere y'Uwiteka umuriro udakwiriye, uwo atabategetse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Nadabu na Abihu bene Aroni bafata ibyotezo, umwe icye undi icye bashyiramo amakara yaka, bagerekaho umubavu babizana imbere y'Uhoraho. Icyakora ntibagombaga kuzana uwo muriro kuko atari ko Uhoraho yabategetse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Nadabu na Abihu bene Aroni bafata ibyotezo, umwe icye undi icye bashyiramo amakara yaka, bagerekaho umubavu babizana imbere y'Uhoraho. Icyakora ntibagombaga kuzana uwo muriro kuko atari ko Uhoraho yabategetse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 10:1
38 Iomraidhean Croise  

Ubwo umuriro w’Imana uramanuka, utwika igitambo, inkwi, amabuye n’umukungugu, kandi ukamya amazi yari mu muferege.


Isengesho ryanjye niribe nk’ububani bucumbekera imbere yawe, n’amaboko ndambuye abe nk’ituro rya nimugoroba.


Uhoraho abwira Musa, ati «Zamuka umusozi unsange, uze uri kumwe na Aroni, na Nadabu, na Abihu, n’abantu mirongo irindwi mu bakuru b’imiryango ya Israheli, maze mupfukame ahitaruye.


Musa azamuka umusozi ari kumwe na Aroni, na Nadabu, na Abihu, n’abantu mirongo irindwi mu bakuru b’imiryango ya Israheli.


Urutambiro uzarukorere ibyungo byo gukuburiramo ivu ryarwo, ibidahuzo byarwo, ibisukirizo byarwo, n’ibirahuzwa amakara byarwo, byose uzabikore mu cyuma cy’umuringa.


Ikindi kandi, wigize hafi yawe Aroni umuvandimwe wawe, kugira ngo abe umuherezabitambo wanjye; unahamagare mu Bayisraheli abahungu ba Aroni, ari bo Nadabu, Abihu, Eleyazari na Itamari.


amavuta yo gusiga n’imibavu ihumura igenewe Ingoro. Ibyo byose bazabirangize bakurikije ayo mabwiriza yose naguhaye.»


Ategura amavuta agenewe isigwa ritagatifu, n’umubavu w’indobanure wo gutwika, byose bikozwe ku buryo bw’abahanga.


Akora ibikoresho byose by’urutambiro: ibyungo byo kuyoreramo ivu, ibidahuzo, ibisukirizo, amakanya n’ibirahuzwa amakara; ibyo bikoresho byose bicuzwe mu cyuma cy’umuringa.


nuko atwikiraho imibavu, nk’uko Uhoraho yari yarabitegetse Musa.


Aroni arongora Elizabeti umukobwa wa Aminadabu, mushiki wa Nahashoni. Babyarana Nadabu, Abihu, Eleyazari na Itamari.


Uhoraho abigenza nk’uko Musa abimusabye, maze ibibugu bireka Farawo, abagaragu be, n’abaturage be; ntihasigara na kimwe.


Bubaka intambiro za Behali, kugira ngo bazazitwikireho abana babo, babatura Behali, kandi ibyo ntarigeze mbitegeka, ntarigeze mbivuga ndetse habe no kubitekereza!


Bubakiye Behali urutambiro mu kabande ka Bene Hinomi, kugira ngo batwikire Moleki abahungu babo n’abakobwa babo; ibyo kandi sinigeze mbisaba, sinigeze natekereza gukoresha iryo shyano riyobya Yuda!»


Abagabo bari bazi ko abagore babo batwikira imibavu izindi mana, hamwe n’abagore bari aho mu ikoraniro, mbese abantu bose bari batuye mu gihugu cya Misiri n’i Patorosi, basubiza Yeremiya bati


Ni koko, muranshavuza kubera imigenzereze yanyu: mutwikira imibavu izindi mana mu gihugu cya Misiri mwahungiyemo. Muzageza aho mwikururira urupfu, mube ba ruvumwa, kandi mutukwe mu mahanga yose yo ku isi.


Bubatse urutambiro rw’i Tofeti mu kibaya cya Mwene Hinomi, kugira ngo abahungu n’abakobwa babo bahatwikirwe. Ibyo sinigeze mbisaba, sinigeze nabitekereza.


Nyuma y’urupfu rw’abahungu babiri ba Aroni bazize gutura Uhoraho ibyotezo bitamukwiriye,


Azafata ku makara yakira ku rutambiro imbere y’Uhoraho, ayuzuze icyotezo; afate n’imibavu ihumura yuzuye amashyi; nuko ibyo byose abijyane inyuma y’umubambiko.


Bazakurikize amategeko yanjye kugira ngo ibyo biribwa bitazabakururira icyaha. Nibaramuka babisuzuguye, bazapfa. Ndi Uhoraho ubatagatifuza.


Ikibatsi cy’umuriro gituruka imbere y’Uhoraho, gikongeza igitambo gitwika n’ibinure byari ku rutambiro. Imbaga yose ibonye ibyo, itera hejuru, ibyishimo birayisaga, abantu bose ni ko kugwa hasi bubitse umutwe.


Nadabu na Avihu ni bamwe barimbutse kubera ko bari bamurikiye Uhoraho ibyotezo bitamukwiye.


«Amazu ya bene Kehati, uzayarinde gucibwa mu bandi Balevi.


maze akajya kuyoboka izindi mana, akazipfukama imbere, agasenga izuba, ukwezi cyangwa ikindi kintu cyose mu biri ku ijuru, kandi narabibujije,


Ntimuzagire icyo mwongera ku magambo y’amategeko mbahaye, ntimuzagire n’icyo mugabanyaho, kugira ngo mukomeze amategeko y’Uhoraho Imana yanyu mbashyikirije.


cyabagamo urutambiro rwa zahabu rutwikirwaho imibavu, hakabamo kandi Ubushyinguro bw’Isezerano busizwe hose zahabu; muri bwo harimo agaherezo ka zahabu kuzuyemo manu, harimo kandi inkoni ya Aroni yari yarashibutseho indabo, n’ibimanyu by’amabuye byanditsweho Isezerano.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan