Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 1:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Ibyo mu nda, amaguru hamwe n’amaboko bazabyogesha amazi, maze umuherezabitambo atwikire ibyo byose ku rutambiro. Icyo ni igitambo gitwikwa, igitambo cy’ibiribwa gikongotse burundu, kandi gifite impumuro yurura Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 ariko amara n'ibinyita abyoze, maze umutambyi abyosereze byose ku gicaniro, bibe igitambo cyoswa kitagabanije, igitambo gikongorwa n'umuriro cy'umubabwe uhumurira Uwiteka neza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 1:9
35 Iomraidhean Croise  

Uhoraho ahumurirwa n’umwuka ugusha neza w’ibitambo. Nuko aribwira ati «Sinzongera kuvuma ubutaka ukundi ku mpamvu y’umuntu. N’ubwo kuva mu bwana bwe nta kindi umutima we urarikira uretse ikibi, sinzongera kwica ibifite ubugingo nk’uko nabigenje.


Aroni n’abahungu be batwikiraga ibitambo ku rutambiro rw’ibitambo bitwika, no ku rutambiro rw’imibavu, bakamenya ikintu cyose cyerekeye icyumba gitagatifu rwose, bagakora imihango yo gusabira imbabazi Abayisraheli, bakurikije ibyategetswe byose na Musa, umugaragu w’Imana.


Salomoni acurisha imivure cumi; itanu ayishyira ibumoso, indi itanu ayishyira iburyo, kugira ngo bajye bayogerezamo: bogerezagamo ibikoresho bigenewe ibitambo bitwikwa, naho abaherezabitambo biyuhagiriraga mu kizenga cy’amazi cy’imiringa.


Uwo nacumuyeho ni wowe wenyine, maze ikibi wanga, mba ari cyo nkora! None rero, nubintonganyiriza ntuzaba undenganya, n’urubanza uzancira ntirugira amakemwa.


Ndagutura ibitambo bitwikwa by’amatungo y’imishishe, hamwe n’impumuro nziza y’inyama z’amapfizi y’intama, ndetse ngerekeho n’ibimasa n’amasekurume y’ihene. (guceceka akanya gato)


Ntimuzagire icyo murya cyazo ari kibisi cyangwa se cyatetswe mu mazi: byose bizabe byokeje gusa, ari umutwe, ari amaguru n’amara.


maze utwikire impfizi y’intama yose ku rutambiro. Ni igitambo gikongokeye Uhoraho, gifite impumuro imugusha neza, ikiribwa gikongokeye Uhoraho.


Hanyuma uzabivane mu biganza byabo, maze ubikongereze ku rutambiro, biri hamwe n’igitambo gitwikwa, bibe impumuro igusha neza Uhoraho: igitambo gikongokeye Uhoraho.


Yeruzalemu, tsemba ubugome mu mutima wawe, maze ukunde urokoke. Mbese iyo migambi mibi ikurimo, uzayibundikira kugeza ryari?


Nyamara kandi nabazanye mu gihugu narahiye ku mugaragaro ko nzakibaha; bahabona imisozi miremire y'amoko yose, ibiti bitoshye by'amoko yose, bahaturira ibitambo byabo banahatangira amaturo yabo andakaza; bahashyira imibavu yabo ihumura neza kandi bahaturira n'ibitambo biseswa.


Nzabakira nk'umubavu uhumura neza igihe nzabavana rwagati mu mahanga, nzabakoranya mbavanye mu bihugu mwatataniyemo, maze muzagaragaze ubutagatifu bwanjye mu maso y'abanyamahanga.


Hari icyumba cyakingurirwaga mu kirongozi; ari na cyo bogerezagamo amatungo agenewe guturwaho ibitambo bitwikwa.


Ibyo mu nda, amaguru n’amaboko bazabyogesha amazi, maze umuherezabitambo abitwikire byose ku rutambiro. Icyo ni igitambo gitwikwa, igitambo cy’ibiribwa gikongotse burundu, kandi gifite impumuro yurura Uhoraho.


Iyo nyoni bazayisaturira hagati y’amababa, ariko boye kuyatandukanya, maze umuherezabitambo ayitwikire ku rutambiro hejuru y’inkwi ziri ku muriro. Icyo ni igitambo gitwikwa, igitambo cy’ibiribwa gikongotse burundu, kandi gifite impumuro yurura Uhoraho.


Hanyuma, kuri iyo fu y’igiheri no kuri ayo mavuta, umuherezabitambo azagabanyeho iby’umuhango, maze abitwikane na bwa bubani bwose. Iryo ni ituro, igitambo cy’ibiribwa gikongokeye Uhoraho burundu.


ayishyikirize abaherezabitambo ari bo bene Aroni. Kuri iyo fu ivanze n’amavuta, umuherezabitambo azayoreho incuro y’urushyi by’umuhango, abitwikire ku rutambiro. Iryo ni ituro ry’ibiribwa rikongotse burundu, kandi rifite impumuro yurura Uhoraho.


Umuherezabitambo azagabanya kuri iryo turo iby’umuhango, maze abitwikire ku rutambiro. Icyo ni igitambo cy’ibiribwa bikongotse burundu, kandi bifite impumuro yurura Uhoraho.


Hanyuma, ibyo byose umuherezabitambo azabitwikire ku rutambiro, bibe igitambo cy’ibiribwa bikongokeye Uhoraho burundu.


Hanyuma, ibyo byose bene Aroni bazabitwikire ku rutambiro, babigeretse ku gitambo gitwikwa kiri hejuru y’inkwi bashyize ku muriro. Icyo ni igitambo cy’ibiribwa gikongotse burundu, kandi gifite impumuro yurura Uhoraho.


Inyama zose zifite ibinure azazikebeho, nk’uko asanzwe abigenza ku gitambo cy’ubuhoro, maze azitwikire ku rutambiro, zibe igitambo gifite impumuro yurura Uhoraho. Umuherezabitambo namara gukorera ku wakoze icyaha umuhango wo kukimuhanaguraho, ubwo azaba akibabariwe.


Iryo turo rizategurirwe ku ipanu, rikarangwe mu mavuta, maze ubizane bivanze neza; ibisate by’iryo turo ry’umutsima uzabihereze Uhoraho bibe igitambo gifite impumuro imwurura.


Amara n’amaguru abyogesha amazi, maze ya sekurume y’intama yose ayikongereza ku rutambiro. Nk’uko Uhoraho yari yabitegetse Musa, icyo ni cyo cyabaye igitambo gitwikwa kandi gifite impumuro yurura; igitambo cy’ibiribwa bikongokeye Uhoraho burundu.


Barangije, Musa abikura mu biganza byabo, maze abikongereza ku rutambiro hamwe n’igitambo gitwikwa. Icyo ni cyo cyabaye igitambo cyo gushyiraho abaherezabitambo bashyashya. Impumuro yacyo irurura, kandi ni igitambo cy’ibiribwa bikongokeye burundu Uhoraho.


Amara n’amaguru arabyoza maze na byo abitwikira ku rutambiro hamwe na cya gitambo gitwikwa.


Baduka wa nkota we, wibasire umushumba, urwanye mugenzi wanjye w’intwari, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuze. Kubita umushumba maze umukumbi w’intama utatane, ikiganza cyanjye na cyo kibasire abana bazo.


igihe muzatura Uhoraho ibiribwa, igitambo gitwikwa cyangwa icy’amatungo magufi n’amaremare, nimushaka kurangiza indahiro mwahize, cyangwa gutura igitambo ku bushake bwanyu, cyangwa se ari igitambo cyo mu minsi mikuru yanyu, nimutura rero Uhoraho ibiribwa bifite impumuro imwurura,


Mu ntangiriro ya buri kwezi, muzamurikira Uhoraho igitambo gitwikwa: ibimasa bibiri, isekurume y’intama imwe, abana b’intama barindwi b’umwaka umwe, kandi ayo matungo yose akazaba atagira inenge.


Ku gitambo giseswa, giherekeje umwana w’intama wa mbere, muzatura Uhoraho mu Ngoro ye, muzakoreshe kimwe cya kane cy’akabindi ka divayi ihiye.


Umwana w’intama wa kabiri, uzaturwa nimugoroba mu kabwibwi. Ituro n’igitambo giseswa bizawuherekeza, bizaba ari bimwe n’ibya mu gitondo. Ibyo bizabera Uhoraho ibiribwa bifite impumuro imwurura.


Kandi koko imbere y’Imana, turi impumuro nziza ya Kristu rwagati mu barokorwa no mu bacibwa.


mujye mukundana nk’uko Kristu yadukunze, maze ubwe akatwitangira aba igitambo n’ituro bimeze nk’umubavu uhumura neza, bigashimisha Imana.


Ibitambo bitwikwa – ni ukuvuga inyama hamwe n’amaraso – uzabiturire ku rutambiro rw’Uhoraho Imana yawe; amaraso y’ibitambo byawe azamenwe ku rutambiro rw’Uhoraho Imana yawe, naho inyama zabyo uzazirye.


Ubu mfite ibya ngombwa byose, ndetse birarenze, byasendereye igihe Epaforoditi anshyikirije amaturo yanyu, yo mubavu mwiza n’igitambo kinyura Imana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan