Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 1:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 maze arambike ikiganza ku mutwe w’icyo gitambo, bityo gikunde kimubere igitambo cy’impongano.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Kandi arambike ikiganza mu ruhanga rw'icyo gitambo cyo koswa, ni ho kizemererwa kumubera impongano.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Azarambike ikiganza ku mutwe w'icyo kimasa, cyakirwe ho igitambo cyo guhongerera ibyaha by'uwakizanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Azarambike ikiganza ku mutwe w'icyo kimasa, cyakirwe ho igitambo cyo guhongerera ibyaha by'uwakizanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 1:4
44 Iomraidhean Croise  

Uzahore mu ruhanga rwa Aroni, kugira ngo yigerekeho ibyaha byakozwe n’Abayisraheli mu bintu bitagatifu: uzahore iteka mu ruhanga rwe kugira ngo babone ubutoni imbere y’Uhoraho.


Uzazane cya kimasa imbere y’ihema ry’ibonaniro, maze Aroni n’abahungu be baramburire ibiganza ku mutwe w’ikimasa.


Uzende imwe mu mapfizi y’intama, maze Aroni n’abahungu be baramburire ibiganza ku mutwe w’iyo mpfizi y’intama.


Uzende impfizi y’intama ya kabiri, maze Aroni n’abahungu be bazaramburire ibiganza ku mutwe w’iyo mpfizi y’intama.


Bazarye rero batyo ikizaba cyakoreshejwe guhongerera ibyaha byabo, ku munsi wabo wo kwegurirwa Uhoraho no gutangira imirimo yabo. Nta wundi uzaziryaho, kuko zizaba ari ibintu bitagatifu.


nzabazana ku musozi wanjye mutagatifu, nzatuma bishimira mu Ngoro yanjye bansengeramo. Ibitambo byabo bitwikwa n’andi maturo, bizakirwa ku rutambiro rwanjye, kuko Ingoro yanjye izitwa «Ingoro yo gusengerwamo n’amahanga yose.»


Muzafata intama imwe mu mukumbi w’intama magana abiri zo mu rwuri rwa Israheli, yaba iy’ituro, iy’igitambo gitwikwa cyangwa igitambo cy’ubuhoro, kugira ngo muronke imbabazi z’ibyaha. Uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze.


Aroni aramburira ibiganza bye ku mutwe wa ya sekurume y’ihene nzima, maze akayisabiraho imbabazi z’ibyaha byose by’Abayisraheli. Ibicumuro byabo, imyivumbagatanyo, mbese ibyaha byabo byose, abigereka kuri iyo sekurume, maze akayishumurira mu butayu iyobowe n’umuntu ubishinzwe.


Aziyuhagirira ahantu hasukuye, maze abone kongera kwambara imyambaro ye isanzwe. Ubwo rero, azasohoka, ature igitambo cye gitwikwa hamwe n’icy’umuryango. Azakora kandi umuhango wo guhanagura icyaha kuri we ubwe, no ku muryango wose.


Nanone, hari ubwo umuntu yakwifuza gutura Uhoraho igitambo cy’ubuhoro, ari ku bushake bwe cyangwa ari ukubera umuhigo yahize. Icyo gitambo giturutse mu matungo maremare cyangwa amagufi, kugira ngo cyemerwe kigomba kuba kidafite ubwandu na busa.


«Inyana, umwana w’intama cyangwa uw’ihene, nibimara kuvuka bizajya bimara iminsi irindwi iruhande rwa nyina. Guhera ku munsi wa munani, ni ho bizaba bishobora guturwa Uhoraho ho igitambo cy’ibiribwa bikongejwe burundu, maze bikemerwa.


ayirambikeho ikiganza ku mutwe, maze ayicire ku muryango w’ihema ry’ibonaniro. Nuko rero, bene Aroni bamishe amaraso yayo impande zose z’urutambiro.


Arambike ikiganza ku mutwe w’icyo gitambo, akicire ku muryango w’ihema ry’ibonaniro, nuko abaherezabitambo ari bo bene Aroni bamishe amaraso yacyo impande zose z’urutambiro.


awurambikeho ikiganza ku mutwe, maze awicire imbere y’ihema ry’ibonaniro. Nuko bene Aroni bazamishe amaraso yawo mu mpande zose z’urutambiro.


maze abakuru b’ikoraniro bakirambikeho ikiganza ku mutwe, bacyicire imbere y’Uhoraho.


Icyo kimasa azakigirira nk’uko yagenjereje cya kimasa kindi cyatuweho impongano y’icyaha. Umuherezabitambo namara gukorera ku ikoraniro umuhango wo gukiza icyaha, icyo gihe rizaba ribabariwe.


ayirambikeho ikiganza ku mutwe, maze ayicire imbere y’Uhoraho, aho bicira ibitambo bitwikwa. Icyo ni igitambo cy’impongano y’icyaha.


Inyama zose ziriho ibinure azazitwikire ku rutambiro nk’uko yagenjeje za zindi z’igitambo cy’ubuhoro. Umuherezabitambo namara gukorera ku mutware umuhango wo kumuhanaguraho icyaha yakoze, ubwo ni ho azaba akibabariwe.


Azarambike ikiganza ku mutwe w’icyo gitambo cy’impongano y’icyaha, maze akicire aho baturira ibitambo bitwikwa.


Inyama zose zifite ibinure azazikebeho, nk’uko asanzwe abigenza ku gitambo cy’ubuhoro, maze azitwikire ku rutambiro, zibe igitambo gifite impumuro yurura Uhoraho. Umuherezabitambo namara gukorera ku wakoze icyaha umuhango wo kukimuhanaguraho, ubwo azaba akibabariwe.


Azarambike ikiganza ku mutwe w’icyo gitambo cy’impongano y’icyaha, maze uwo mwana w’intama awusogotere aho basanzwe baturira igitambo gitwikwa, awutureho igitambo cy’impongano.


Inyama zose zifite ibinure azazikureho, nk’uko bagenza umwana w’intama utuweho igitambo cy’ubuhoro, maze umuherezabitambo azitwikire ku rutambiro, ziyongere ku gitambo cy’ibiribwa bikongokeye Uhoraho burundu. Umuherezabitambo namara gukorera ku wakoze icyaha umuhango wo kukimuhanaguraho, ubwo azaba akibabariwe.


Icyo kimasa cy’igisore azakijyana ku muryango w’ihema ry’ibonaniro, akirambikeho ikiganza ku mutwe, maze agisogotere imbere y’Uhoraho.


hanyuma akazanira Uhoraho igitambo cy’impongano, kubera ko yacumuye: icyo gitambo cy’impongano y’icyaha kizabe ari itungo rigufi ry’inyagazi; umwana w’intama cyangwa ihene, maze umuherezabitambo azamukorereho umuhango wo kumuhanaguraho icyaha cye.


Dore rero imihango yerekeye ituro ry’ibiribwa: Bene Aroni ni bo bazarihereza Uhoraho, bari ahateganye n’urutambiro.


Musa yiyegereza cya kimasa cy’igitambo cy’impongano y’icyaha, maze Aroni n’abahungu be bamaze kukiramburiraho ibiganza ku mutwe,


Musa yiyegereje na ya sekurume y’intama y’igitambo gitwikwa, maze Aroni n’abahungu be bamaze kuyiramburiraho ibiganza ku mutwe, arayisogota.


Musa yongeye kwiyegereza isekurume y’intama ya kabiri yari igenewe umuhango wo gushyiraho umuherezabitambo mushyashya. Aroni n’abahungu be bamaze kuyiramburiraho ibiganza ku mutwe,


Nuko Musa abwira Aroni, ati «Egera urutambiro, uture igitambo cyawe cy’impongano y’ibyaha n’igitambo cyawe gitwikwa, kugira ngo wikorereho ubwawe no ku muryango umuhango ubahanaguraho icyaha. Hanyuma, umurike amaturo y’umuryango kugira ngo uwukorereho umuhango uwuhanaguraho icyaha nk’uko Uhoraho yabitegetse.»


Umuherezabitambo azakora umuhango wo guhanagura icyaha ku ikoraniro ry’Abayisraheli, bityo babe baronse imbabazi. Kuko ari icyaha kitagambiriwe, kandi bazaba bazaniye Uhoraho amaturo yabo, ibiribwa hamwe n’ibitambo by’impongano y’icyo cyaha.


Umuherezabitambo azakorera mu maso y’Uhoraho umuhango wo guhanagura icyaha kitagambiriwe kuri uwo muntu uzaba yagikoze kubera uburangare. Azamukoreraho umuhango wo guhanagura icyaha, bityo imbabazi abe azironse.


Ayo masezerano nyagiranye na we hamwe n’abazagukomokaho, kandi ni yo azabahesha kuba abaherezabitambo ubuziraherezo, kuko yagaragaje ishyaka afitiye Imana ye, bityo agakorera ku Bayisraheli umuhango wo kubakiza icyaha.»


Uzajyana Abalevi imbere y’Uhoraho maze Abayisraheli babaramburireho ibiganza.


Abalevi bazaramburira ibiganza byabo ku ruhanga rwa bya bimasa, maze wowe ubwawe uzabiture Uhoraho, kimwe ugitangeho igitambo cyo guhongera ibyaha, ikindi ugitangeho igitambo gitwikwa, kugira ngo ukorere ku Balevi umuhango w’ibabarirwa ry’ibyaha.


Bavandimwe rero, mbinginze ku bw’impuhwe z’Imana: nimuture imibiri yanyu, ibe igitambo nyabuzima, gitagatifu kandi kinyuze Imana; ngiryo iyobokamana ryabava ku mutima.


Ni We Imana yagize intangacyiru mu maraso ye ku bw’ukwemera, kugira ngo igaragaze ubutungane bwayo, Yo yarenze ku byaha bya kera,


Si n’ibyo ngibyo gusa: twishimiye Imana muri Yezu Kristu Umwami wacu, ari We ubu ngubu wadufashije kwiyunga.


Ubu mfite ibya ngombwa byose, ndetse birarenze, byasendereye igihe Epaforoditi anshyikirije amaturo yanyu, yo mubavu mwiza n’igitambo kinyura Imana.


Koko rero nta kuntu amaraso y’ibimasa n’aya za ruhaya ashobora kuvanaho ibyaha.


ni na We gitambo cy’impongano y’ibyaha byacu, ndetse atari ibyaha byacu byonyine, ahubwo n’iby’isi yose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan