Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 1:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Uhoraho ahamagara Musa maze amubwirira mu ihema ry’ibonaniro ati

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Uwiteka ahamagara Mose, amubwira avugira mu ihema ry'ibonaniro ati

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Uhoraho ahamagara Musa, amubwirira mu Ihema ry'ibonaniro

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Uhoraho ahamagara Musa, amubwirira mu Ihema ry'ibonaniro

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 1:1
19 Iomraidhean Croise  

arutwikiraho ibitambo, atanga andi maturo, arusukaho amaturo y’ifu na divayi, kandi aruminjagiraho amaraso y’ibitambo by’ubuhoro.


Amatungo bazanye kugira ngo bayatureho ibitambo bitwikwa yari impfizi mirongo irindwi, amasekurume y’intama ijana, abana b’intama magana abiri, byose babitura Uhoraho ho ibitambo bitwikwa.


Musa rero azamuka umusozi asanga Imana. Uhoraho amuhamagarira mu mpinga y’umusozi, avuga ati «Bwira utya inzu ya Yakobo, kandi utangarize Abayisraheli, uti


Uhoraho abwira Musa, ati «Zamuka unsange ku musozi uhagume; maze nzaguhe ibimanyu by’amabuye nanditseho amategeko n’amabwiriza yanjye ngo bibabere inyigisho.»


Aho ngaho nzajya mpabonanira nawe, maze hejuru y’urwicurizo, hagati y’Abakerubimu bazaba bari hejuru y’ubushyinguro bw’urwibutso, nzahakubwirire ibyo ntegeka Abayisraheli byose.


Ngicyo igitambo gitwikwa kizagomba guturwa namwe ubuziraherezo, uko ibihe bigenda bisimburana, mukabikorera ku muryango w’ihema ry’ibonaniro, imbere y’Uhoraho, aho nzajya mbigaragariza kugira ngo nkuvugishe.


Uhoraho abona aje hafi kureba ibyo ari byo. Nuko Imana imuhamagarira mu gihuru rwagati iti «Musa! Musa!» Undi ati «Ndi hano.»


Musa yendaga ihema, maze akarishinga hirya y’ingando, ahitaruye, rikitwa ihema ry’ibonaniro. Nuko uwashakaga wese kugisha inama Uhoraho, akajya ku ihema ry’ibonaniro ryari hanze y’ingando.


Nguko uko imirimo yose y’Ingoro n’iy’ihema ry’ibonaniro yarangiye. Abayisraheli batunganyije byose, bakurikije ibyo Uhoraho yari yarategetse Musa.


Ashinga urutambiro rw’ibitambo bitwikwa ku muryango w’Ingoro, ari yo hema ry’ibonaniro, maze aruturiraho igitambo gitwikwa n’amakoro y’ubuhoro, nk’uko Uhorho nyine yari yarabitegetse Musa.


Iryo tegeko Uhoraho yarihereye Musa ku musozi wa Sinayi. Kuri uwo munsi nyine, mu butayu bwa Sinayi, ni na ho Uhoraho yategekeye Abayisraheli kumuzanira amaturo yabo.


Yamuritse igitambo gitwikwa, anagitura uko byateganijwe.


Ku wa mbere w’ukwezi kwa kabiri kw’umwaka wa kabiri, Abayisraheli bavuye mu gihugu cya Misiri, Uhoraho abwirira Musa mu butayu bwa Sinayi, mu ihema ry’ibonaniro ati


ikimasa kimwe, isekurume y’intama imwe, n’umwana w’intama w’umwaka umwe byo guturwaho igitambo gitwikwa;


Iyo Musa yinjiraga mu Ihema ry’ibonaniro ngo avugane n’Uhoraho, yumvaga ijwi riturutse hejuru y’urwicurizo, hagati y’Abakerubimu babiri – urwicurizo rwari hejuru y’Ubushyinguro bw’Isezerano. Nuko Musa akavugana n’Uhoraho.


Uko Amategeko yatanzwe anyuze kuri Musa, ni na ko ubuntu n’ukuri byatugejejweho binyujijwe kuri Yezu Kristu.


uzubakishe urutambiro rw’Uhoraho Imana yawe amabuye adaconze; aho ni ho uzaturira Uhoraho Imana yawe ibitambo bitwikwa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan