Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 4:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Ibyo nabigishije kandi mwemeye, ibyo mwanyumvanye kandi mwambonanye, mujye mubikora, maze Imana y’amahoro izahorane namwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Ibyo nabīgishije, ibyo nababwirije, ibyo mwanyumvanye, n'ibyo mwambonanye abe ari byo mukora. Ni bwo Imana itanga amahoro izabana namwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Ibyo nabigishije rero n'ibyo nabagejejeho, ibyo mwanyumvanye n'ibyo mwambonanye, ibyo byose mube ari byo mukora, kandi Imana itanga amahoro izabana namwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Ibyo nabigishije rero n'ibyo nabagejejeho, ibyo mwanyumvanye n'ibyo mwambonanye, ibyo byose mube ari byo mukora, kandi Imana itanga amahoro izabana namwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 4:9
36 Iomraidhean Croise  

Witinya, kuko ndi kumwe nawe, wikwiheba, kuko ndi Imana yawe. Ni byo rwose, ndagukomeje, ndagutabaye, nkuramize ukuboko kwanjye kurenganura.


Nimujye imigambi, ariko izapfa ubusa. Muvuge ayo mushatse yose, ariko nta cyo bizabamarira, kuko «Imana turi kumwe».


«Dore Umukobwa w’isugi agiye gusama inda, maze azabyare umuhungu, nuko bazamwite Emanuweli», ari byo kuvuga ngo «Imana turi kumwe.»


mubatoze gukurikiza ibyo nabategetse byose. Dore kandi ndi kumwe namwe iminsi yose, kugeza ku ndunduro y'ibihe.»


Umbwira wese ngo ’ Nyagasani, Nyagasani ', si we uzinjira mu ngoma y’ijuru, ahubwo ni ukora ibyo Data uri mu ijuru ashaka.


Ni iki gituma mumpamagara ngo ’Mwigisha! Mwigisha!’ kandi mudakora ibyo mbabwira?


Arabasubiza ati «Mama n’abavandimwe banjye, ni abumva ijambo ry’Imana, bakarikurikiza.»


Ubwo mumenye ibyo, muzahirwa nimubikurikiza.


Muba muri incuti zanjye, igihe mukora icyo mbategetse.


Nyina abwira abaherezaga, ati «Icyo ababwira cyose mugikore.»


Ariko haguruka winjire mu mugi, bari bukubwire icyo ugomba gukora.»


Imana, Yo soko y’amahoro, nibane namwe mwese! Amen.


Imana, Yo soko y’amahoro, izajanjagurira Sekibi mu nsi y’ibirenge byanyu vuba. Ineza y’Umwami wacu Yezu Kristu ibane namwe!


Ari igihe rero murya, ari n’igihe munywa, icyo mukoze cyose, mujye mugikorera guhesha Nyagasani ikuzo.


Kuko Imana yacu atari iy’akajagari, ahubwo ni iy’amahoro.


Ndabinginze rero, nimukurikize urugero nabahaye.


Ahasigaye rero, bavandimwe, muhorane ibyishimo, mutere imbere, muterana inkunga, mushyire hamwe, mubane mu ituze, bityo Imana yuje urukundo n’amahoro izabana namwe.


Musa ahamagaza Israheli yose, maze arayibwira ati «Israheli, tega amatwi, wumve amategeko n’amabwiriza nkubwira uyu munsi; muzayige muyafate, kandi mwihatire kuyakurikiza.


Mwese, bavandimwe, mugenze nkanjye, kandi mwitegereze abakurikira urugero tubahaye.


Maze amahoro y’Imana arenze icyitwa ubwenge cyose, ahore mu mitima no mu bitekerezo byanyu, muri Kristu Yezu.


Namwe mwaratwiganye, mwigana na Nyagasani, maze mu bitotezo byinshi, mwakirana ijambo ry’Imana ibyishimo bikomoka kuri Roho Mutagatifu.


Koko rero, bavandimwe, mwiganye Kiliziya z’Imana zo muri Yudeya, zibumbiye muri Kristu Yezu; kuko namwe mwaboneye amagorwa kuri bene wanyu nk’uko na bo bayaboneye ku Bayahudi.


Imana y’amahoro ubwayo nibatagatifuze binonosoye, kugira ngo izasange muri indahemuka mwese nta makemwa mufite ku mutima no ku mubiri, ku munsi Umwami wacu Yezu Kristu azaziraho.


Kandi ku bwa Nyagasani ntidushidikanya ko ibyo tubategeka, mubikora mukazanabikomeza.


Nyagasani nabane nawe. Ineza ye nihorane namwe!


Mube abantu bagaragaza mu bikorwa ijambo ry’Imana, kuko kwishimira kuryumva byonyine ari ukwibeshya.


Ni cyo gituma rero, bavandimwe, mugomba kwiyongeramo imbaraga kugira ngo mukomere ku ihamagarwa ryanyu n’ubutore bwanyu; nimubigenza mutyo, nta bwo muzigera mugwa bibaho.


maze icyo dusabye cyose tukagihabwa, kuko dukurikiza amategeko yayo, kandi tugakora ikiyinyura.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan