Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 4:19 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

19 Kandi Imana yanjye, mu bukungahare n’ikuzo byayo, izabasenderezaho ingabire zayo mu byo mukeneye byose, muri Kristu Yezu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

19 Kandi Imana yanjye izabamara ubukene bwanyu bwose, nk'uko ubutunzi bw'ubwiza bwayo buri muri Kristo Yesu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

19 Namwe Imana yanjye ntizabura kubahundazaho ibyo kubakenura byose, nk'uko umutungo wayo uhebuje uri muri Kristo Yezu ungana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

19 Namwe Imana yanjye ntizabura kubahundazaho ibyo kubakenura byose, nk'uko umutungo wayo uhebuje uri muri Kristo Yezu ungana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 4:19
44 Iomraidhean Croise  

Aha Yozefu umugisha, agira ati «Imana ba sogokuru Abrahamu na Izaki bagenze imbere, Imana yandagiye mu buzima bwanjye bwose kugeza ubu,


Igihe nari mu makuba niyambaje Uhoraho, ntakambira Imana yanjye; mu Ngoro yayo yumvise ijwi ryanjye, ugutakamba kwanjye kugera mu matwi yayo.


Mikayehu aramusubiza ati «Ndahiye Uhoraho, icyo Imana yanjye imbwira, ni cyo mvuga!»


Hezekiya n’abanyacyubahiro baza kureba ibyo birundo maze bashimira Uhoraho n’umuryango we Israheli.


Mana yanjye, ndakwinginze ngo ujye wibuka ibyo nakoze byose ngirira iyi mbaga, maze ubinyiture.


Wabamanuriye umugati mu ijuru ngo ubamare inzara, ubavuburira n’amazi mu rutare ngo abamare inyota. Wabategetse kuza muri iki gihugu ngo bakigarurire, kuko wari warakibasezeranyije, ugeretseho indahiro.


Uhoraho, mbega ngo ibikorwa byawe biraba byinshi! Byose wabikoranye ubwitonzi, isi yuzuye ibiremwa byawe!


Israheli niyizere Uhoraho, kuko ahorana imbabazi, akagira ubuntu butagira urugero.


Mana yanjye, mbega ineza yawe ngo iraba intagereranywa ! Bene muntu babona ubuhungiro mu gicucu cy’amababa yawe,


Kuko umunsi umwe mu nkomane zawe undutira iyindi igihumbi namara ahandi, mpisemo kwigumira mu irebe ry’Ingoro y’Imana yanjye, aho gutura mu mahema y’abagiranabi.


Naho jyewe, Uhoraho ni we mpanze amaso, niringiye Imana, Umukiza wanjye; koko rero, Imana yanjye izanyumva.


Nimuzane mu cyumba cy’ububiko igice cya cumi cyose cy’ibyo mutunze, maze mu Ngoro yanjye habemo ibyo kurya. Bityo muzabe mungerageje, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga, maze murebe neza uko nzabakingurira imiyoboro yo mu ijuru, nkabasenderezaho imigisha myinshi.


Ni ibyo byose abanyamahanga bahihibikanira. So wo mu ijuru azi ko ibyo byose mubikeneye.


Yezu ahita amubwira ati «Ntushake kungumana, kuko ntarazamuka njya kwa Data. Ahubwo genda, usange abavandimwe banjye maze ubabwire ko ngiye kwa Data ari we So, ku Mana yanjye ari na Yo Mana yanyu.»


Hanyuma abwira Tomasi ati «Shyira urutoki rwawe hano, urebe n’ibiganza byanjye; zana n’ikiganza cyawe ugishyire mu rubavu rwanjye, maze ureke kuba umuhakanyi, ahubwo ube umwemezi.»


Mbere na mbere, ndashimira Imana yanjye muri Yezu Kristu ku mpamvu yanyu, kuko ukwemera kwanyu kuratwa n’isi yose.


Mbega ukuntu ubukungu n’ubuhanga n’ubwenge by’Imana birengeje urugero! Mbega ukuntu imigambi yayo ari inshoberabantu, n’inzira zayo zikaba urujijo!


Cyangwa se waba usuzugura impuhwe zayo zitabarika, ubwihangane n’ubugwaneza bwayo, ukirengagiza ko ubuntu bwayo bukureshya ngo wicuze?


Koko rero nsanga amagorwa y’igihe cy’ubu ngubu atagereranywa n’ikuzo rizatugaragarizwamo.


Ibyo kwari ukugira ngo ibibumbano bikwiriye impuhwe byateganyirijwe ikuzo, ibigaragarize uburumbuke bw’ikuzo ryayo bwite:


Ndatinya rwose ko, igihe nzagaruka iwanyu, Imana yanjye izankoza isoni imbere yanyu, nkarizwa na benshi muri mwe bacumuye, ariko ntibisubireho ngo biyake ingeso mbi, ubusambanyi n’ubuhabara.


Kandi n’amagorwa yacu muri iki gihe gihita nta cyo adutwaye, uyagereranije n’ikuzo adutegurira ry’akataraboneka kandi rizahoraho.


Ubonye yamurikiye amaso y’umutima wanyu, mugasobanukirwa n’ukwizera mukesha ubutorwe bwanyu, n’ikuzo rihebuje muzigamiweho umurage hamwe n’abatagatifujwe,


Ni We dukesha ugucunguzwa amaraso ye, tukamuronkeramo imbabazi z’ibyaha byacu, ku rugero rw’ubusendere bw’ineza yayo,


Bityo, igiriye ubuntu bwayo yatugaragarije muri Yezu Kristu, yashatse kwerekana mu bihe bizaza ubukungu butagereranywa bw’ineza yayo.


ikaba na Nyir’ikuzo ryose, nkabasabira kugira ngo ibatere imbaraga ibigirishije Roho wayo, inakomeze umutima wa buri wese.


Jyewe w’intamenyekana mu batagatifujwe bose, nahawe iyo ngabire yo kogeza mu banyamahanga ibyiza bitagereranywa bituruka kuri Kristu,


Maze amahoro y’Imana arenze icyitwa ubwenge cyose, ahore mu mitima no mu bitekerezo byanyu, muri Kristu Yezu.


Ni bo Imana yishakiye kumenyesha ikuzo n’ibyiza bitagereranywa iryo banga rizanira abanyamahanga: Kristu ari muri mwe, We uzaduhesha ikuzo twizeye!


Ijambo rya Kristu niribaturemo, risagambe rwose. Mujye mwigishanya kandi muhanane, mubigiranye ubwitonzi. Mujye mushimira Imana mu mitima yanyu, muyiririmbira zaburi, ibisingizo n’izindi ndirimbo mubwirijwe na Roho Mutagatifu.


tubashishikaza, tubatera inkunga, kandi tubingingira gutunganira Imana Yo ibahamagarira ingoma yayo n’ikuzo ryayo.


Abakire bo kuri iyi si, ubasabe ukomeje kutirata no kutiringira ubukungu buyoyoka, ahubwo bizere Imana, yo itugabira byose uko dushaka ngo tubitunge.


Mpora nkwibuka mu masengesho, ngashimira Imana yanjye,


Noneho rero, ndinginga abakuru b’ikoraniro bari muri mwe, nkabigira ari uko nanjye ndi umukuru kimwe na bo, n’umuhamya w’ububabare bwa Kristu, nkaba mfite n’uruhare ku ikuzo rigiye kugaragazwa.


Nyamara nimumara kubabazwa igihe kigufiya, Imana nyir’ubuntu bwose, Yo yabahamagariye ikuzo rihoraho muri Kristu, izabasubiza imbaraga, ibatere inkunga, ibakomeze kandi ibagire indatsimburwa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan