Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 4:18 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

18 Ubu mfite ibya ngombwa byose, ndetse birarenze, byasendereye igihe Epaforoditi anshyikirije amaturo yanyu, yo mubavu mwiza n’igitambo kinyura Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

18 Dore mfite ibinkwiriye byose ndetse mfite n'ibisaga, ndahaze ubwo maze guhabwa na Epafuradito ibyo mwohereje, bimbereye nk'umubabwe uhumura neza n'igitambo cyemewe gishimwa n'Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

18 Ubundi kandi ibyo mwanyoherereje narabishyikiriye ndetse birasaguka. Ibyo nari nkeneye byose ndabifite, kuva igihe Epafurodito yangezagaho ibyo mwamumpereye. Ni ituro rifite impumuro nziza, ni igitambo Imana yemera kandi yishimira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

18 Ubundi kandi ibyo mwanyoherereje narabishyikiriye ndetse birasaguka. Ibyo nari nkeneye byose ndabifite, kuva igihe Epafurodito yangezagaho ibyo mwamumpereye. Ni ituro rifite impumuro nziza, ni igitambo Imana yemera kandi yishimira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 4:18
15 Iomraidhean Croise  

maze utwikire impfizi y’intama yose ku rutambiro. Ni igitambo gikongokeye Uhoraho, gifite impumuro imugusha neza, ikiribwa gikongokeye Uhoraho.


igihe muzatura Uhoraho ibiribwa, igitambo gitwikwa cyangwa icy’amatungo magufi n’amaremare, nimushaka kurangiza indahiro mwahize, cyangwa gutura igitambo ku bushake bwanyu, cyangwa se ari igitambo cyo mu minsi mikuru yanyu, nimutura rero Uhoraho ibiribwa bifite impumuro imwurura,


Yazanye kandi n’agakombe ka zahabu gapima amasikeli 10 kuzuye umubavu,


Undi amuhanga amaso, ubwoba buramutaha, ni ko gusubiza ati «Ni iki se, Nyagasani?» Umumalayika aramubwira ati «Amasengesho yawe n’ubuntu bwawe byageze ku Mana, ntibyibagirwa.


Bavandimwe rero, mbinginze ku bw’impuhwe z’Imana: nimuture imibiri yanyu, ibe igitambo nyabuzima, gitagatifu kandi kinyuze Imana; ngiryo iyobokamana ryabava ku mutima.


Nacuje za Kiliziya z’ahandi, nemera gutungwa na zo ngo mbone uko mbakorera.


Umurimo w’ayo maturo, ntugamije gusa mu gukenura abatagatifujwe, ahubwo ugenewe no kugwiza amasengesho yo gushimira Imana.


mujye mukundana nk’uko Kristu yadukunze, maze ubwe akatwitangira aba igitambo n’ituro bimeze nk’umubavu uhumura neza, bigashimisha Imana.


Nzi kubaho ntunzwe na bike, nzi no kubaho muri byinshi. Muri byose, buri gihe, nitoje guhaga no gusonza, gukira no gukena.


Bavandimwe, tugomba guhora dushimira Imana kubera mwebwe. Ibyo birakwiye, kuko ukwemera kwanyu kugenda kwiyongera, n’urukundo mufitanye rukabasenderamo uko mungana,


Ntimukibagirwe kugira neza no gushyira hamwe ibyo mutunze, kuko Imana ishima bene ibyo bitambo.


bityo namwe mube nk’amabuye mazima, mwubakwemo ingoro ndengakamere, kugira ngo mube imbaga ntagatifu y’abaherezabitambo, mwitureho ibitambo ndengakamere bishimisha Imana ku bwa Yezu Kristu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan