Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 3:19 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

19 Amaherezo yabo ni ukorama; kuko inda yabo bayigize Imana yabo, maze bakikuriza mu byagombaga kubatera isoni, bo baharanira iby’isi gusa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

19 Amaherezo yabo ni ukurimbuka, imana yabo ni inda, biratana ibiteye isoni byabo, bahoza umutima ku by'isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

19 Iherezo ryabo ni ukurimbuka kuko imana yabo ari inda, ibiteye isoni bakora bikaba ari byo birata, bahoza umutima ku by'isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

19 Iherezo ryabo ni ukurimbuka kuko imana yabo ari inda, ibiteye isoni bakora bikaba ari byo birata, bahoza umutima ku by'isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 3:19
52 Iomraidhean Croise  

Uhoraho, ukuboko kwawe nikubameneshe, bave mu bantu, bacike mu bantu no ku isi. Uwo ni wo mugabane ubagenewe muri ubu bugingo! Inda yabo niyuzure ibyo wabazigamiye, n’abahungu babo babiboneho babyijute, basigarize n’abana babo bakiri ku ibere.


Igenewe umuririmbisha. Ni inyigisho mu zo bitirira Dawudi.


Tugiye gukora ibyo twiyemeje byose, dutwikire imibavu Umwamikazi wo mu kirere, tumumurikire ibitambo biseswa nk’uko twabigenzaga mu migi ya Yuda no mu mayira ya Yeruzalemu, ari twebwe ubwacu, abasokuruza bacu, abami bacu, n’abatware bacu. Icyo gihe twari dufite imigati ihagije, tukabaho mu munezero uzira amakuba.


Muransuzuguza imbere y’umuryango wanjye, kubera amashyi y’ingano za bushoki n’utumanyu tw’umugati muhabwa; mwicisha abantu batagombaga gupfa, mukareka abatagomba kubaho; byongeye kandi mukabeshya umuryango wanjye wumva ibinyoma byanyu.


None mwebwe murinywera amata, murambara imyambaro y’ubwoya bw’intama, mukibagira iz’imishishe kurusha izindi, ariko ntimwite ku matungo.


Bose uko bangana bancumuyeho, ikuzo ryabo barihinduye urukozasoni.


Abatware bayo baraca imanza ari uko babonye ruswa, abaherezabitambo bayo barigishiriza kuronka inyungu, abahanuzi bayo barahanura ari uko bahawe feza. Kandi bagatinyuka kwishingikiriza Uhoraho, bavuga bati «Uhoraho ari muri twe, icyago ntikizatugwirira!»


Uhoraho avuze atya ku bahanuzi bayobya umuryango wanjye: Iyo babonye icyo birira batangaza amahoro; naho utagize icyo abanaga mu kanwa, bagashoza intambara.


Nyamara mwebwe muravuga muti «Ameza y’Uhoraho yarahumanye; ibiribwa bayashyiraho birasuzuguritse.»


Ariko we ahindukirana Petero, aramubwira ati «Hoshi, mva iruhande, Sekibi! Umbereye umutego kuko ibitekerezo byawe bitavuye ku Mana, ahubwo ku bantu!»


Hanyuma azabwire n’ab’ibumoso, ati ’Nimumve iruhande, mwa bivume mwe, mujye mu muriro w’iteka wagenewe Sekibi n’abamalayika be;


Maze nzibwire nti: dore mfite ibintu byinshi mpunitse, bizamaza igihe kirekire; ubu ngiye kuruhuka, ndye, nywe, ndabagire.’


Habayeho umugabo w’umukungu wambaraga imyambaro myiza y’umuhemba n’iy’imyeru, buri munsi akarya by’agatangaza.


Amwirengagiza igihe kirekire. Ageze aho, aribwira ati ’N’ubwo ndatinya Imana bwose, kandi singire uwo nubaha,


Bene abo ntibakorera Kristu Umwami wacu, ahubwo inda yabo, maze amagambo yabo y’uburyarya n’ubucakura akayobya imitima itagira iribi.


Mbese byabunguye iki icyo gihe? Ko ahubwo ubu ngubu bibateye isoni, kuko amaherezo yabyo ari urupfu.


kuko mukiri ab’iyi si. None se ko mukirangwa n’ishyari n’amakimbirane, ibyo ntibigaragaza ko mukiri ab’iyi si, mukaba mwitwaye bya runtu?


None mwe muritera hejuru! Aho kuba mwaragize ishavu, ngo nyir’ugukora ibyo abirukanwemo!


Ibyo mwiratana nta byo! Mbese ntimuzi ko agasemburo gake gatutumbya ifu yose?


Nzakomeza uko nsanzwe ngenza, kugira ngo ndaha urwaho abarunshakaho, babure impamvu yo kwirata ko duhwanyije agaciro.


Nta gitangaje rero ko abagaragu bayo bihinduramo abaharanira ubutungane. Nyamara amaherezo yabo ni ukugarukwa n’ibyo bakoze.


Nyamara n’abigenyesha, na bo ubwabo ntibakurikiza amategeko, none barashaka ko mugenywa kugira ngo birate ibyabaye mu mubiri wanyu.


kuko abandi bose bakurikira ibiri ibyabo, aho gukurikira ibya Yezu Kristu.


nimurangamire iby’ijuru, aho kurarikira iby’isi.


Abo ngabo bazabona igihano kizahoraho, bacirirwe kure y’uruhanga rwa Nyagasani Nyir’ikuzo,


kugira ngo abazaba baranze kwemera ukuri, ahubwo bagahimbazwa n’ubugiranabi, bose bazacirwe urubanza.


Uwo nguwo rero namara kwigizwayo, ni bwo Umugomeramana azigaragaza, maze Nyagasani Yezu amwicishe umwuka umuva mu kanwa, amurimbuze ububengerane buranga amaza ye.


n’impaka z’urudaca ziterwa n’abantu bararutse umutima, batakimenya ukuri, kandi bakibwira ko ubusabaniramana ari uburyo bwo kwishakira inyungu.


n’abagambanyi, n’ibishihanyi, n’abahumwe amaso n’ubwirasi, n’abakunda ibyishimo by’umubiri aho gukunda Imana,


ahubwo murirata muteganya ibintu bikomeye mutazageraho. Bene ubwo bwirasi ni bubi.


Uko habayeho abahanurabinyoma mu muryango wa Israheli, ni na ko muri mwe hazaduka abigishabinyoma bazana rwihishwa inyigisho zitera amakimbirane, bigeza n’aho bihakana Umutware wabacunguye, bityo ntibazatinde kwikururira ubucibwe.


bazaronke batyo igihembo cy’ubugome bwabo. Bishimira kwiyandarika ku mugaragaro; ni abantu buje ingeso mbi n’imyanda, bagahimbazwa no kubariganya ndetse n’igihe baba bamaze kurengwa basangira namwe.


Ubugugu bwabo buzabatera kubashakaho inyungu, babarye imitsi, babashukisha akarimi keza. Nyamara kuva kera urubanza rwabo rwaraciwe, n’ubucibwe bwabo ntiburi kure.


Nyamara abo bantu bo, icyo batazi baragituka; n’ibyo bazi kandi ku buryo bw’inyamaswa itazi ubwenge, nta kindi bibamarira usibye kuboreka.


Ni abo ngaba rero! Ni abantu bijimye, bahora bijujuta; bakabaho bakurikije irari ryabo bwite, bakavuga amagambo y’ubwirasi kandi bagacacura abantu babigirira gusa kuronka inyungu yabo.


Koko, mwasesewemo n’abantu banditsweho ubucibwe kuva kera kose; ni abagomeramana bahindanya ineza y’Imana, bakigira ibyomanzi, kandi bakihakana Umutegetsi wacu umwe rukumbi, Umwami wacu Yezu Kristu.


Uko wisheshekajeho ikuzo n’ubukire, abe ari ko muwuteza imibabaro n’icyunamo, kuko wibwiye mu mutima, uti ’Ndadamaraye nk’umwamikazi, nta bwo ndi umupfakazi kandi sinteze kuzabona icyunamo.’


Nuko Igikoko gifatwa mpiri, hamwe n’umuhanurabinyoma wakoreraga imbere yacyo ibikorwa bitangaje, akayobya abari barahawe ikimenyetso cy’igikoko, kandi bagasenga ishusho yacyo. Bombi bajugunywa ari bazima mu nyenga y’umuriro ugurumana w’amahindure.


Naho abanyabwoba, abahemu, abakora ibizira, abicanyi, amahabara, abarozi, abasenga ibigirwamana, n’ababeshyi bose, umurage wabo uri mu nyenga igurumana y’umuriro kandi yuzuye amahindure. Ngurwo urupfu rwa kabiri.»


Kuko ab’imbwa n’abarozi, n’amahabara, n’abicanyi, n’abasenga ibigirwamana, n’umuntu wese ukunda ibinyoma kandi ubikoresha, abo bazahera hanze.


Ku mpamvu ki munyukanyuka igitambo cyanjye n’ituro ryanjye nategetse mu Ngoro yanjye? Kuki se wubaha abahungu bawe kunduta, maze mukikubira irishamaje mu maturo yose ya Israheli umuryango wanjye?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan