Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 3:15 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 Twese abagamije ubutungane, tugenze dutyo; niba kandi mubyumva ukundi, na byo Imana izabibamurikira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 Nuko rero, mwa batunganijwe mwese uko mungana mwe, namwe mube ari ko muhuza uwo mutima, kandi niba hariho ikibatekereresha ukundi cyose, Imana izakibahishurira na cyo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 Twese rero ab'indakemwa nitubifate dutyo, kandi niba hari ibyo bamwe muri mwe bafashe ukundi Imana izabibahishurira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 Twese rero ab'indakemwa nitubifate dutyo, kandi niba hari ibyo bamwe muri mwe bafashe ukundi Imana izabibahishurira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 3:15
21 Iomraidhean Croise  

Aho ngaho hazahangwa inzira, bayite inzira ntagatifu; uwahumanye ntazayinyuramo, kuko izagenerwa umuryango w’Uhoraho, kandi ab’ibipfamutima ntibazahacaracara.


Mwebweho rero, muzabe intungane nk’uko So wo mu ijuru ari intungane.


Niba rero, mwebwe n’ububi bwanyu, muzi guha abana banyu ibintu byiza, So uri mu ijuru azarushaho ate guha Roho Mutagatifu abamumusabye?»


Mu gitabo cy’Abahanuzi haranditse ngo ’Bose baziyigishirizwa n’Imana.’ Umuntu wese wumvise Data akigishwa, aransanga.


Ukereye gukora icyo Imana ishaka, amenyeraho ko inyigisho mvuga ari iz’Imana, cyangwa se ko ari izo nihimbira ubwanjye.


Twebwe abakomeye tugomba kugoboka intege nke z’abadashoboye, aho kwishimira gusa ibitworoheye.


Bavandimwe, mu byo gushishoza ntimukigire nk’abana; mu byo gukora nabi ho, nimube abana koko, ariko mu byo gushishoza, mugenze nk’abantu bakuze.


Nyamara, abamaze gukomera mu kwemera turababwira iby’ubuhanga, ariko butari ubuhanga bw’iyi si, cyangwa bukomoka ku bagenga b’iyi si kuko bariho batariho.


Jyewe ndabizeye muri Nyagasani, nzi ko mutatekereza ukundi. Naho ubatera guhagarika imitima, uwo azatsindwa n’urubanza, uwo ari we wese.


Imana y’Umwami wacu Yezu Kristu, Yo Mubyeyi wuje ikuzo, nibahe umutima w’ubwenge n’ubujijuke, maze muyimenye rwose.


Kristu uwo nyine ni We twamamaza, tuburira buri muntu kandi tumwigisha ubwenge bwose, kugira ngo buri wese tumuhindure intungane muri Kristu.


Epafurasi uvuka iwanyu arabatashya; uwo mugaragu wa Yezu Kristu ntahwema kubasabira, kugira ngo mukomere mube intungane, kandi mukurikize muri byose ugushaka kw’Imana.


Ibyerekeye urukundo rwa kivandimwe, si ngombwa ko tubibandikira, kuko Imana ubwayo yabiyigishirije gukundana,


bityo umuntu w’Imana wese akabasha kuba igihame kandi akabona intwaro zimufasha gukora icyiza cyose.


Abaciye akenge bo, batungwa n’ibiryo bikomeye, kuko bafite akamenyero ko gusobanura mu bitekerezo byabo icyiza n’ikibi.


Naho ukurikiza ijambo rye, muri we urukundo rw’Imana ruba rwuzuye koko; ngicyo ikitumenyesha ko turi muri We.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan