Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 3:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 kugira ngo nibishoboka, nanjye nzagere ku izuka mu bapfuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 ngo ahari ngere ku muzuko w'abapfuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 bityo nkaba niringiye kuzazurwa mu bapfuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 bityo nkaba niringiye kuzazurwa mu bapfuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 3:11
17 Iomraidhean Croise  

cyangwa abantu biringira ubukungu bwabo, maze bakiratana ko batunze byinshi?


Ubwo ni bwo uzaba uhirwa kuko bo badafite ibyo bakwitura, maze ibyo uzabyiturwe ku munsi w’izuka ry’intungane.»


Marita arasubiza ati «Nzi ko azazuka igihe cy’izuka ku munsi w’imperuka.»


Pawulo ngo amenye ko iryo koraniro rigizwe n’igice kimwe cy’Abasaduseyi, n’ikindi cy’Abafarizayi, avuga aranguruye imbere y’Inama nkuru ati «Bavandimwe, ndi Umufarizayi, nkaba umwana w’Abafarizayi. Icyatumye nshyirwa mu rubanza, ndazira ko niringira izuka ry’abapfuye.»


Ayo masezerano ni yo nyine imiryango yacu uko ari cumi n’ibiri idahwema kwizera ko azasohozwa, bigatuma ishishikarira gusenga Imana amanywa n’ijoro. None rero, Mwami, iby’ayo mizero ni byo ndegwa n’Abayahudi.


Nyamara icyo cyambu nticyari kimeze neza muri ayo mezi y’imbeho; abenshi bahuza umugambi wo gukomeza bakavayo, ngo barebe ko bagera i Fenike, babe ari ho bamara ayo mezi y’imbeho. Fenike ni icyambu cyo mu kirwa cya Kireta, aherekera mu burengerazuba.


nizera gutera ishyari abo dusangiye ubwoko ngo ngire bamwe muri bo ndokora.


nyamara buri wese mu rwego rwe: uw’ibanze ni Kristu, nyuma hateho abamuyobotse, igihe azazira.


Nigize umunyantege nke mu banyantege nke, ngo niyegereze abanyantege nke. Nihwanyije na bose muri byose, kugira ngo ngire abo mbarokoramo.


Ahubwo umubiri wanjye ndawuhana nkawukandamiza kugira ngo ntazavaho mpigikwa, maze kwamamaza Inkuru Nziza mu bandi.


Nyamara, nk’uko Eva yaguye mu mutego w’inzoka, ndatinya ko namwe, imitima yanyu izahuma mugateshuka ku bupfura mukwiriye kugirira Kristu.


Ni cyo gituma aho naniriwe kwihangana, naboherereje intumwa kugira ngo menyeshwe iby’ukwemera kwanyu, hato Umushukanyi ataba yarabashutse, maze ibyo twakoze bikaba imfabusa.


Rwose ntihazagire ubabeshya na busa, kuko ibyo bitazaba hatabanje kuza igihe cy’ubuhakanyi, kandi hatabanje kwigaragaza Umuntu w’Umugomeramana, Umwana woramye,


None dore ikamba rigenewe intungane rirantegereje, iryo Nyagasani umucamanza utabera azangororera kuri wa Munsi we, ariko atari jyewe jyenyine, ahubwo n’abandi bose bazaba barakunze Ukwigaragaza kwe.


Hari n’abagore bazuriwe abana babo bari bapfuye. Hari n’abahisemo gutanyaguzwa, banga kubabarirwa, kugira ngo bazashyikire ubugingo bwisumbuye bw’abazutse.


Abandi bapfuye, bo ntibongera kuba bazima, kugeza ko hashira ya myaka igihumbi. Iryo ni izuka rya mbere.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan