Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 3:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Ahasigaye, bavandimwe banjye, nimwishimire muri Nyagasani. Ntibinduhije kongera kubibandikira, kandi bibafitiye akamaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Ibisigaye bene Data, mwishimire mu Mwami Yesu. Kubandikira ibyo nigeze kubandikira ubundi ntibindambira, kandi namwe bibagirira akamaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Ahasigaye bavandimwe, mwishimire muri Nyagasani. Sindambirwa kubandikira ibintu mbisubiramo, igihe bibafitiye akamaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Ahasigaye bavandimwe, mwishimire muri Nyagasani. Sindambirwa kubandikira ibintu mbisubiramo, igihe bibafitiye akamaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 3:1
46 Iomraidhean Croise  

Nuko Abayisraheli bose bazamura Ubushyinguro bw’Isezerano ry’Uhoraho bakoma mu mashyi, kandi bavuza amahembe, amakondera n’ibyuma birangira, kandi bacuranga inanga zirangira.


Mwishimire izina rye ritagatifu, kandi umutima w’abashakashaka Uhoraho unezerwe!


Uwo munsi bararya kandi banywera imbere y’Uhoraho mu byishimo byinshi, kandi bimika ubwa kabiri umwami Salomoni mwene Dawudi. Basiga Salomoni amavuta ngo abe umutware w’Uhoraho, na Sadoki bamusigira kuba umuherezabitambo.


Ezira arongera arababwira ati «Nimugende murye inyama z’amatungo y’imishishe, munywe n’inzoga ziryohereye kandi musangire n’abatagize icyo bategura; kuko uyu munsi weguriwe Nyagasani. Ntimugire agahinda, kuko ibyishimo by’Uhoraho ari byo buhungiro bwanyu.»


Koko rero, Nyir’ububasha ni we uzakunezeza, maze uzubure umutwe urangamire Imana;


Israheli niyishimire Uwayiremye, abahungu b’i Siyoni bahimbazwe n’ibirori bakorera umwami wabo.


Ntungane, nimwizihirwe munezezwe n’Uhoraho, mudabagire mu byishimo, muvuze impundu mwese abanyamutima uboneye.


Ntungane, nimukomere amashyi Uhoraho! Abantu b’umutima uboneye bakwiye kumusingiza.


Nezezwa n’Uhoraho, na we azaguha icyo umutima wawe wifuza.


Nsigaye ntunzwe no kurira umunsi n’ijoro, ari na ko bambwira ngo «Imana yawe iba hehe?»


Mana, gira ubaryoze ibyo byose! Imigambi yabo nibaviremo umutego ubahitana! Bameneshe kubera ibicumuro byabo byinshi, kuko bakugomera!


Uhoraho ni Umwami! Isi nihimbarwe, abaturiye inkombe nibasagwe n’ibyishimo!


Uzayigosora itwarwe n’umuyaga, maze serwakira iyinyanyagize. Naho wowe uzasingiza Uhoraho, uhimbarwe kubera Nyirubutagatifu wa Israheli.


Ndasabagizwa n’ibyishimo muri Uhoraho, umutima wanjye uhimbajwe n’Imana yanjye, kuko yanyambitse umwambaro w’umukiro, akansesuraho umwitero w’ubutungane. Nishimye nk’umukwe utamirije ikamba rye, cyangwa umugeni witatse imirimbo ye.


abagaragu banjye bazavuza impundu umutima wabo, wuzure ibinezaneza; naho mwebwe muvuze induru, umutima usobetse amaganya, munaboroge mufite umutima ushavuye!


Bantu b’i Siyoni, nimunezerwe, mwishimire muri Uhoraho, Imana yanyu, kuko abahaye imvura y’umuhindo ibakwiye, akaba abagushirije imvura y’itumba n’iy’umuhindo nka kera.


Rangurura ijwi wishimye, mwari w’i Siyoni! Israheli, hanika uririmbe! Ishime, uhimbarwe, mwari w’i Yeruzalemu!


Uhoraho Imana yawe akurimo rwagati, ni we Ntwari ikiza! Azishima cyane ku mpamvu yawe, mu rukundo rwe azakuvugurura; azabyina kandi azarangurure ijwi kubera wowe,


Ab’inzu ya Efurayimu bose bazaba intwari, basagwe n’ibyishimo nk’abanyoye divayi. Abana babo nibababona bazishima, basabwe n’umunezero babikesheje Uhoraho.


Nimwishime munezerwe, kuko ingororano yanyu izaba nyinshi mu ijuru! Ni uko batoteje abahanuzi bababanjirije.


«Umutima wanjye urasingiza Nyagasani, kandi uhimbajwe n’Imana Umukiza wanjye.


Si n’ibyo ngibyo gusa: twishimiye Imana muri Yezu Kristu Umwami wacu, ari We ubu ngubu wadufashije kwiyunga.


Ahasigaye rero, bavandimwe, muhorane ibyishimo, mutere imbere, muterana inkunga, mushyire hamwe, mubane mu ituze, bityo Imana yuje urukundo n’amahoro izabana namwe.


Ahasigaye rero, nimugire ubutwari muri Nyagasani, mugire imbaraga ze zibashoboza byose.


uzajye ubirira gusa imbere y’Uhoraho Imana yawe, ahantu Uhoraho Imana yawe azaba yihitiyemo, ubisangire n’umuhungu wawe, n’umukobwa wawe, n’umugaragu wawe, n’umuja wawe, n’Umulevi uri mu mugi wawe; mudabagirire imbere y’Uhoraho Imana yawe, wishimire ibyo wakoze byose.


Maze wishimire imbere y’Uhoraho Imana yawe, ufatanyije n’umuhungu wawe, n’umukobwa wawe, n’umugaragu wawe, n’umuja wawe, n’Umulevi utuye mu mugi wawe, n’umusuhuke, n’imfubyi n’umupfakazi baturanye nawe, mwishimire ahantu Uhoraho azaba yihitiyemo ngo ahatuze Izina rye.


Burya ni twe twagenywe by’ukuri, twe dusenga Imana ku bwa Roho wayo, twe dufite ikuzo ryacu muri Yezu Kristu, aho kwiringira umubiri.


Muhore mwishima muri Nyagasani; mbisubiyemo, nimwishime.


Ahasigaye, bavandimwe, icyitwa icy’ukuri cyose kimwe n’igikwiye kubahwa, igitunganye, ikitagira inenge, igikwiye gukundwa no kuratwa, mbese icyitwa ingeso nziza cyose kandi gikwiriye ishimwe, abe ari cyo muharanira.


Ikindi kandi, bavandimwe, turabasaba tubinginga muri Nyagasani Yezu ngo mwifate ku buryo bushimisha Imana, nk’uko twabibigishije; ni ko musanzwe mubigenza, ariko noneho nimurusheho.


Bavandimwe, amagorwa y’amoko yose munyuramo, mujye muyakirana ibyishimo byinshi,


Ahasigaye, nimutekereze ibihuje, mugirirane impuhwe, mukundane urwa kivandimwe, mube abanyambabazi kandi mwicishe bugufi.


ahubwo mwishimire uruhare mufite ku bubabare bwa Kristu, kugira ngo muzasabagizwe n’ibyishimo igihe ikuzo rye rizisesurira.


Nkoramutima zanjye, iyi baruwa ni iya kabiri mbandikiye. Muri ayo mabaruwa yombi nashatse kubibutsa bimwe na bimwe, kugira ngo murusheho gutekereza ku buryo buboneye.


Ana arasenga, ati «Umutima wanjye uhimbarijwe muri Uhoraho n’ubwemarare bwanjye mbukesha Imana yanjye. Ntinyutse kwihimura abanzi banjye, nejerejwe n’uko wabatsinze.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan