Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 2:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Ni cyo cyatumye Imana imukuza, imuha Izina risumbye ayandi yose,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Ni cyo cyatumye Imana imushyira hejuru cyane ikamuha izina risumba ayandi mazina yose,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Ni cyo cyatumye Imana imushyira hejuru cyane, imuha n'ikuzo risumba iry'abandi bose,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Ni cyo cyatumye Imana imushyira hejuru cyane, imuha n'ikuzo risumba iry'abandi bose,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 2:9
46 Iomraidhean Croise  

Nshyize inzigo hagati yawe n’umugore, hagati y’urubyaro rwawe n’urubyaro rwe; ruzakujanjagura umutwe, nawe urukomeretse ku gatsinsino.»


Ni zaburi iri mu zo bitirira Dawudi. Uhoraho yabwiye Umutegetsi wanjye, ati «Icara iburyo bwanjye, kugeza igihe abanzi bawe mbagira umusego w’ibirenge byawe!»


Nyagasani ahora iburyo bwawe, agatikiza abami ku munsi w’uburakari bwe.


We azanyiyambaza, agira ati ’Uri Data, uri Imana yanjye, uri urutare nkesha agakiza!’


«Ubwo yanyiziritseho nzamuzigura, nzamurinda, kuko azi izina ryanjye.


Dore umugaragu wanjye azasagamba, azakuzwa, yererezwe asumbe byose.


Ni cyo gituma nzamugenera umugabane mu bihangange, akazagabana umunyago n’abanyamaboko; kuko ubwe yigabije urupfu, akabarirwa mu banyabyaha. Ubwe yikoreye ibicumuro by’imbaga, nuko atakambira abagiranabi.


Uhoraho yabwiye ijambo Yakobo, maze Israheli irita mu gutwi.


Byose nabyeguriwe na Data, kandi nta we uzi Mwana keretse Data, nta n’uzi Data, keretse Mwana n’uwo Mwana ashatse kumuhishurira.


Yezu arabegera, arababwira ati «Nahawe ububasha bwose mu ijuru no ku isi.


Byose nabyeguriwe na Data, kandi nta we uzi Mwana uwo ari we keretse Data, nta n’uzi Data uwo ari we keretse Mwana n’uwo Mwana ashatse kubihishurira.»


Yezu azirikanye ko Se yamweguriye byose, ko yaturutse ku Mana, kandi akaba ari Yo asanga,


Ubu rero sinkiri mu nsi, ariko bo bayirimo, jye nje ngusanga. Dawe Nyir’ubutagatifu, abo wampaye bakomereshe izina ryawe, kugira ngo babe umwe nkatwe.


Igihe nari kumwe na bo, abo wampaye narabaragiye mu izina ryawe; narabakomeje ntihagira n’umwe muri bo nzimiza, kereka umwana nyagucibwa kugira ngo Ibyanditswe byuzuzwe.


None ubu, Dawe, mpesha ikuzo iwawe, rya rindi nahoranye iwawe, isi itararemwa.


Ni we Imana yakurishije ububasha bwayo ngo abe Umutegetsi n’Umukiza, kugira ngo aronkere Israheli ukwisubiraho n’ibabarirwa ry’ibyaha.


ngo izawuzuze ibihe bigeze: umugambi wo gukoranyiriza ibintu byose ku Mutware umwe rukumbi, Kristu, ari ibiri mu ijuru, ari n’ibiri ku isi.


Ni We kandi Mutwe w’umubiri, ari wo Kiliziya, akaba n’Ishingiro, n’Umuvukambere mu bapfuye, kugira ngo ahorane muri byose umwanya w’ibanze;


Bityo, izina rya Nyagasani Yezu rizakurizwe muri mwe, namwe muri We, mubikesha ubuntu bw’Imana yacu n’ubwa Nyagasani Yezu Kristu.


Asumba atyo abamalayika kuko n’izina yahawe ritambutse kure ayabo.


Ukunda ibiboneye ukazirana n’ubukozi bw’ibibi. Ni yo mpamvu Imana, Imana yawe, yishimiye kugusiga amavuta y’ubutore, ikurobanuye muri bagenzi bawe.»


duhanze amaso Yezu, We ntangiriro n’iherezo ry’ukwemera kwacu, We wemeye guhara ibyishimo byari bimukwiye, akiyumanganya umusaraba adatinya ko byamuviramo ikimwaro, nuko kuva ubwo akicara iburyo bw’intebe y’Imana.


nyamara dore icyo tubona: Yezu uwo, wagizwe muto ku bamalayika mu gihe kigufi, ubu kubera ko yababaye agapfa, tumubona atamirije ikamba ry’ikuzo n’icyubahiro. Bityo, ku bw’ineza y’Imana, urupfu yigabije rwagiriye buri muntu akamaro.


wazamutse mu ijuru, none akaba ari iburyo bw’Imana, akayobokwa n’Abamalayika, Abanyabutegetsi n’Abanyabubasha.


Kuko Imana Data yamuhaye icyubahiro n’ikuzo, igihe ijwi ry’agatangaza ry’Imana rigize riti «Uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane, unyizihira.»


Koko rero bahagurukijwe no gukorera Kristu, ntibagira icyo bahabwa n’abatamwemera.


no kuri Yezu Kristu, umuhamya w’indahemuka, umuvukambere mu bapfuye, n’umugenga w’abami bo ku isi. Koko, Kristu aradukunda; yadukijije ibyaha akoresheje amaraso ye,


Umumalayika wa karindwi na we avuza akarumbeti ke. Nuko amajwi yumvikanira mu ijuru, avuga aranguruye ati «Ingoma y’isi yeguriwe Umwami wacu na Kristu we; akazima ingoma uko ibihe bizahora bisimburana iteka.»


Ku gishura cye no ku kibero cye handitse iri zina ngo «Umwami w’abami n’Umutegetsi w’abategetsi.»


Uzatsinda, nzamuha kwicarana nanjye ku ntebe yanjye y’ubwami, mbese nk’uko nanjye natsinze maze nkajya kwicarana na Data ku ntebe ye y’ubwami.’


bakavuga mu ijwi riranguruye bati «Umwana w’intama watambwe akwiriye guharirwa ububasha, ubutunzi n’ubuhanga, imbaraga n’icyubahiro, ikuzo n’ibisingizo.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan