Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 2:30 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

30 Yari agiye gupfa azize umurimo wa Kristu, yitanga atizigamye kugira ngo abasimbure mu byo mutari mubashije kumfasha.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

30 kuko yagarukiye hafi yo gupfa ku bw'umurimo wa Kristo, ntiyita ku magara ye kugira ngo asohoze ibyasigaye byo kumfasha kwanyu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

30 Erega yari agiye gupfa azize umurimo wa Kristo, yigerejeho ngo yuzuze ibyo mutari kunshoborera ubwanyu!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

30 Erega yari agiye gupfa azize umurimo wa Kristo, yigerejeho ngo yuzuze ibyo mutari kunshoborera ubwanyu!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 2:30
15 Iomraidhean Croise  

Nyamara ku bwanjye, ndahamya ko amagara yanjye bwite nta cyo amariye; icya ngombwa ni ukurangiza isiganwa ryanjye n’umurimo Nyagasani Yezu yanshinze wo guhamya Inkuru Nziza y’ineza Imana ibagirira.


abo ni bo bishyize mu kaga, kugira ngo barwane ku buzima bwanjye. Si jye jyenyine ubashimira, ahubwo na Kiliziya zose z’abanyamahanga.


Ni ngombwa ariko ko uyu mubiri wagenewe kubora ugezwa ku budashanguka, kandi uyu mubiri wagenewe gupfa ukagabirwa ukutazapfa.


Niba Timote aramutse aje iwanyu, muramenye ntazagire icyo abishishaho, kuko dufatanyije gukorera Nyagasani.


Nanyuzwe n’uko Sitefana, Forutunati, na Akayikusi baje kunsura; barahababereye rwose.


Ku binyerekeye, nahara ibyanjye byose, nanjye nkitanga wese ntizigamye, mbigirira mwe. Ese kuba mbakunze by’agahebuzo byamviramo gukundwa urumamo?


Twebwe ariko urupfu ruratubungamo, naho muri mwe ubuzima ni bwose.


Kandi n’aho byaba ngombwa ko mena amaraso yanjye, akamishwa ku gitambo no ku ituro ry’ukwemera kwanyu, byanshimisha, kandi nasangira namwe mwese ibyo byishimo.


Ni koko, yararwaye yenda gupfa, ariko Imana iramubabarira; nyamara si we yababariye gusa, emwe nanjye, kugira ngo noye guhora nicwa n’agahinda.


Narishimye cyane muri Nyagasani mbitewe n’uko ishyaka mumfitiye ryiyongereye; icyakora, murarisanganywe, uretse ko mwari mwarabuze uko muringaragariza.


Ubu mfite ibya ngombwa byose, ndetse birarenze, byasendereye igihe Epaforoditi anshyikirije amaturo yanyu, yo mubavu mwiza n’igitambo kinyura Imana.


Nashakaga kumugumana hafi yanjye, kugira ngo ajye amfasha mu kigwi cyawe, muri ubu buroko nafungiwemo mporwa Inkuru Nziza.


Nyamara bo bamutsindishije amaraso ya Ntama n’ijambo babereye abahamya. Bemeye guhara amagara yabo, kugeza ku rupfu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan