Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 2:27 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

27 Ni koko, yararwaye yenda gupfa, ariko Imana iramubabarira; nyamara si we yababariye gusa, emwe nanjye, kugira ngo noye guhora nicwa n’agahinda.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

27 Kurwara koko yari arwaye, ndetse yari agiye gupfa ariko Imana iramubabarira, nyamara si we wenyine ahubwo nanjye yarambabariye, ngo ntongerwaho undi mubabaro ku uwo nsanganywe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

27 Koko yari arwaye yenda gupfa, ariko Imana ikinga ukuboko. Si we wenyine yabigiriye, nanjye yarabingiriye kugira ngo ne kwicwa n'agahinda kageretse ku kandi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

27 Koko yari arwaye yenda gupfa, ariko Imana ikinga ukuboko. Si we wenyine yabigiriye, nanjye yarabingiriye kugira ngo ne kwicwa n'agahinda kageretse ku kandi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 2:27
23 Iomraidhean Croise  

Muri iyo minsi, Hezekiya afatwa n’indwara ya simusiga. Umuhanuzi Izayi mwene Amosi aza kumureba, maze aramubwira ati «Uhoraho aravuze ngo ’Raga abo mu rugo rwawe kuko ugiye gupfa, utazakira.’»


Mu makuba menshi, azagutabara, kandi nugera mu kaga, nta cyago kizaguhungabanya.


Uhoraho aba hafi y’abafite umutima washengutse, akaramira abafite umutima wihebye.


Oya! Ahubwo yabaciriye urubanza, abamenesha mu gihugu, yabirukanye umunsi umwe, akoresheje umwuka we ukaze, n’inkubi y’umuyaga uturutse mu burasirazuba.


Ngaha ubujuganirwe bwanjye ubumpinduriyemo umunezero, ni wowe uzikuye amagara yanjye uyakura mu mva, n’ibyaha byanjye byose ubijugunya kure inyuma yawe.


Nuramuka unyuze mu mazi, nzaba ndi kumwe nawe, ukanyura mu nzuzi, ntuzarohama. Nunyura rwagati mu muriro, nta bwo uzashya, n’indimi zawo nta cyo zizagutwara,


Uhoraho, nkosora ariko mu rugero, utabigiranye uburakari, kuko wahita unkuraho.


Uravuga uti ’Ndagowe! Uhoraho arahuhura imvune mfite; maze kunanizwa n’imiborogo, sinkiruhuka.’


Agahinda kanjye ntikagira umuti, amagara yanjye yose arakendera.


Uhoraho, numvise ibigwi byawe, birantangaza! Uhoraho, ongera ugenze utyo no muri iki gihe! Ibikorwa byawe bimenyekanye no mu minsi turimo; ariko mu burakari bwawe uribuke no kugira imbabazi!


Muri iyo minsi aza gufatwa n’indwara, maze arapfa. Bamaze kuhagira umurambo we, bawurambika mu cyumba cyo mu nzu yo hejuru.


Nta bwo mwigeze muterwa n’ibishuko bibarenze. Imana ni indahemuka; ntiyakwemera ko mushukwa birenze imbaraga zanyu; ahubwo izabaha uburyo bwo kwivana mu bishuko n’imbaraga zo kubyihanganira.


ni na yo mpamvu, aho bigeze, mukwiye kumubabarira, mukamuhumuriza, ngo hato adashengurwa n’agahinda gakabije, akiheba.


kuko yari abakumbuye mwese, akanashavuzwa n’uko mwumvise ko yarwaye.


Nihutiye rero kumuboherereza, kugira ngo nimumubona mwongere kwishima, nanjye kandi ako gahinda ngakire.


Yari agiye gupfa azize umurimo wa Kristu, yitanga atizigamye kugira ngo abasimbure mu byo mutari mubashije kumfasha.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan