Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 2:26 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

26 kuko yari abakumbuye mwese, akanashavuzwa n’uko mwumvise ko yarwaye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

26 kuko yabakumburaga mwese agahagarikwa umutima n'uko mwumvise yuko yarwaye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

26 Yari abakumbuye mwese kandi ababajwe cyane n'uko mwumvise ko arwaye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

26 Yari abakumbuye mwese kandi ababajwe cyane n'uko mwumvise ko arwaye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 2:26
23 Iomraidhean Croise  

Hanyuma ariko, Dawudi areka kurakarira Abusalomu, kuko yari amaze gushira akababaro k’urupfu rwa Aminoni.


Ubwo Dawudi yarebaga umumalayika wicaga imbaga, abwira Uhoraho, ati «Ni jye wacumuye, kandi ni jye wakoze icyaha, ariko se nk’iyi mbaga yo yakoze iki? Ndakwinginze ngo abe ari jye uhanwa n’abo mu rugo rwanjye!»


Iyo ngize nti ’Reka niyibagize amaganya yanjye, nizihirwe kandi mwenyure’,


Uzi uko ntukwa, ngasuzugurwa, ngakozwa n’ikimwaro; abanzi banjye bose bakuri imbere.


Impungenge zishengura umutima w’umuntu, naho ijambo ryiza rikamushimisha.


kwambika ikamba abashavuye b’i Siyoni. Bazambikwa ikamba mu kigwi cy’ivu, umwambaro w’umurimbo mu cyimbo cy’ibigunira, basigwe amavuta y’ibyishimo mu mwanya w’umubabaro. Bityo bazabite «Imishishi y’ubutabera, ibihingwa by’Uhoraho, bigenewe kumenyekanyisha ikuzo rye.»


Nimungane mwese, abarushye n’abaremerewe, jye nzabaruhura.


Ajyana na Petero na bene Zebedeyi bombi, atangira kugira agahinda n’ishavu.


Nuko aradusubiza ati «Ikibateye kurira no kunshengura umutima ni iki? Jye siniteguye kubohwa byonyine, ahubwo niteguye no gupfira i Yeruzalemu, mporwa izina rya Nyagasani Yezu.»


Koko kandi, ndifuza cyane kubabona ngo mbe nabaha ku ngabire ndengakamere yabakomeza,


Mwishimane n’abishimye, murirane n’abarira.


Mfite agahinda kenshi n’intimba inshengura umutima ubutitsa.


Niba hari urugingo rubabaye, izindi zose zisangira ako kababaro; niba hari urugingo rumerewe neza, izindi na zo zirishima.


Bityo mu kubasabira, babagaragarize ubwuzu babafitiye, ku mpamvu z’ingabire Imana yabasesekarije.


Nimwakirane imitwaro yanyu, bityo muzaba mwumviye byuzuye itegeko rya Kristu.


Ni cyo gituma mbinginga ngo mwoye gucika intege mubitewe n’amagorwa ndimo mbaruhira, kuko ari yo abahesha ishema.


Nshimira Imana yanjye igihe cyose mbibutse, no mu masengesho yanjye yose


Koko ndabakunda n’umutima wanjye wose, wuzuye urukundo rwa Yezu Kristu: Imana ubwayo nyitanzeho umugabo!


Ariko nasanze ari ngombwa kuboherereza Epaforoditi, umuvandimwe wanjye dusangiye umurimo n’intambara, mwari mwanyoherereje ngo anyunganire mu byo nkeneye,


Ni koko, yararwaye yenda gupfa, ariko Imana iramubabarira; nyamara si we yababariye gusa, emwe nanjye, kugira ngo noye guhora nicwa n’agahinda.


Nuko rero, bavandimwe banjye nkunda kandi nkumbuye cyane, mwebwe byishimo byanjye n’ingororano yanjye, nimukomere mutyo muri Nyagasani, nkoramutima zanjye!


Nimwishime kandi munezerwe, kabone n’ubwo mukigomba mu gihe gito kubabazwa n’amagorwa y’amoko yose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan