Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 2:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 kubera iryo jambo ry’ubugingo mwifitemo. Bityo ku munsi wa Kristu, bizambere ikuzo kuba ntarirukiye ubusa kandi ntaravunikiye ubusa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 mwerekane ijambo ry'ubugingo kugira ngo mbone uko nzirata ku munsi wa Kristo, yuko ntirukiye ubusa kandi nkaba ntaruhijwe n'ubundi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 mubagezaho Ijambo ry'ubugingo. Ibyo bizantera kubiratana ku munsi Kristo azaza, byerekane ko ntirukiye ubusa cyangwa ngo mvunikire ubundi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 mubagezaho Ijambo ry'ubugingo. Ibyo bizantera kubiratana ku munsi Kristo azaza, byerekane ko ntirukiye ubusa cyangwa ngo mvunikire ubundi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 2:16
24 Iomraidhean Croise  

Mana yanjye, niyemeje gukora ibigushimisha, maze amategeko yawe ajye ampora ku mutima!»


Mana, wanyiyigishirije kuva mu buto bwanjye, na n’ubu ndacyarata ibyiza byawe.


Ariko jye naribwiraga nti «Naruhiye ubusa, mvunwa n’ibidafite akamaro.» Nyamara Uhoraho ni we uzandenganura, igihembo nagiteguriwe iruhande rw’Imana yanjye.


Icyo mbabwiriye mu mwijima, muzakivugire ahabona; icyo mbongorereye ahiherereye, muzagitangarize ahirengeye.


Ndabibabwiye: umuntu wese uzanyemera mu maso y’abantu, Umwana w’umuntu na we azamwemera imbere y’abamalayika b’Imana.


Roho ni we ubeshaho, umubiri nta kavuro. Amagambo nababwiye aturuka kuri Roho, kandi agatanga ubugingo.


Simoni Petero aramusubiza ati «Nyagasani, twasanga nde wundi, ko ari wowe ufite amagambo y’ubugingo bw’iteka.


Bavandimwe, mwaba urubyaro rwa Abrahamu cyangwa se mwaba abatinya Imana, iri jambo ry’umukiro ni mwe ryohererejwe.


Ni we uzabakomeza kugeza mu ndunduro, kugira ngo muzabe muri indakemwa, kuri uwo munsi wa Nyagasani Yezu Kristu.


Nguko rero uko jye niruka, sinkora hirya no hino; nguko kandi uko ndwana, sinigera mpusha.


kuko kugeza ubu mwatwumvise amahushuka. Muzasanga ku munsi wa Nyagasani mutwishimira, nk’uko natwe tuzabishimira.


Nazamutseyo ari uko Imana yabimpishuriye. Mbanyuriramo ibyerekeye Inkuru Nziza nigishaga mu mahanga; abayobozi bo nyibasobanurira birambuye twiherereye. Kwari ukugira ngo menye niba nirukira cyangwa narirukiye ubusa.


Munteye agahinda, nkibaza niba ntaravunikiye ubusa iwanyu.


kugira ngo mushobore guhitamo ibitunganye. Bityo muzabe abaziranenge n’indahemuka kugera ku munsi wa Kristu,


Sinshidikanya rero ko Imana yabatangiyemo uwo murimo mwiza, izanawukomeza kugeza ku munsi Yezu Kristu azaziraho.


Usibye mwebwe, ugira ngo hari ahandi twakura amizero, n’ibyishimo, n’ishema rizatubera ikamba imbere y’Umwami wacu Yezu igihe azazira?


Ni cyo gituma aho naniriwe kwihangana, naboherereje intumwa kugira ngo menyeshwe iby’ukwemera kwanyu, hato Umushukanyi ataba yarabashutse, maze ibyo twakoze bikaba imfabusa.


Koko Ijambo ry’Imana ni irinyabuzima, ni irinyabushobozi, kandi riratyaye kurusha inkota y’amugi abiri. Riracengera kugeza aho umutima n’ubwenge bitandukanira, hagati y’ingingo n’imisokoro; rigasobanura ibyifuzo n’ibitekerezo byihishe muri muntu.


mwebwe abavutse bundi bushya ku mbuto itari inyabushanguke, ahubwo idashanguka ku bw’ijambo nyabuzima kandi rihoraho ry’Imana.


Ibyariho kuva mu ntangiriro n’ibyo twiyumviye kuri Jambo Nyir’ubugingo, ibimwerekeyeho twiboneye n’amaso yacu, tukabyitegereza, tukabikorakoza ibiganza byacu, ni byo namwe tubamenyesha.


None Roho n’umugeni baravuga bati «Ngwino!» Ubyumvise na we navuge ati «Ngwino!» Ufite inyota naze, n’ushaka naze ahabwe ku buntu amazi y’ubugingo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan