Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 2:15 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 kugira ngo mube indakemwa n’indahinyuka, mube n’abana b’Imana bazira inenge rwagati mu bantu b’indyarya kandi bararutse, mukamurika muri bo nk’inyenyeri mu kirere,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 kugira ngo mutabaho umugayo cyangwa uburyarya, mube abana b'Imana batagira inenge hagati y'ab'igihe kigoramye cy'ubugoryi, abo mubonekeramo nk'amatabaza mu isi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 kugira ngo mube abana b'Imana batagira umugayo, baboneye, batagira amakemwa, batuye mu bantu b'iki gihe b'abahemu n'abagizi ba nabi, mubabere nk'imuri zimurikira isi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 kugira ngo mube abana b'Imana batagira umugayo, baboneye, batagira amakemwa, batuye mu bantu b'iki gihe b'abahemu n'abagizi ba nabi, mubabere nk'imuri zimurikira isi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 2:15
42 Iomraidhean Croise  

Aho ni ho hari intebe y’ukomoka kuri Dawudi, intebe yicaraho igihe aca imanza.


Abayisraheli babonaga mu maso ha Musa harabagirana. Nuko Musa agasubiza igitambaro mu maso, kugeza ubwo yongera kwinjira ngo avugane n’Uhoraho.


Inzira y’intungane yo, ni nk’umuseke ukebye ugatangaza kugeza ku manywa y’ihangu;


Amagambo yanjye yose araboneye, ntarangwamo igitotsi cy’uburyarya n’ubugome.


Haguruka, ubengerane Yeruzalemu! Kuko urumuri rwawe ari nguru, kandi ikuzo ry’Uhoraho rikaba rikurasiyeho.


Dore, mbohereje nk’intama mu birura; murabe rero inyaryenge nk’inzoka, mube n’intaryarya nk’inuma.


Yezu arasubiza ati «Mbe bantu b’iki gihe, b’abemera gato kandi b’inkozi z’ibibi, nzabana namwe kugeza ryari? Nzabiyumanganya mpereze hehe? Nimumunzanire hano.»


Bityo muzabe abana ba So uri mu ijuru, We uvusha izuba rye ku babi no ku beza, kandi akavubira imvura abatunganye n’abadatunganye.


Mwebweho rero, muzabe intungane nk’uko So wo mu ijuru ari intungane.


Bombi bari intungane imbere y’Imana, bagakurikiza badatezuka amategeko n’amabwiriza yose ya Nyagasani.


Ahubwo nimujye mukunda abanzi banyu, mugire neza, kandi mutange inguzanyo mutizeye inyiturano. Ubwo rero ingororano yanyu izaba nyinshi, kandi muzaba mubaye abana ba Nyir’ijuru, kuko agirira neza indashima n’abagiranabi.


Yohani yari itara ryaka kandi rimurika, maze muhimbazwa n’urumuri rwe mu gihe gito.


Ababwira n’andi magambo menshi yo kubemeza no kubakomeza, agira ati «Nimwirokore, mwitandukanye n’aba bantu bayobye.»


Ndetse no muri mwe hazaduka abantu bavuga amagambo y’ibinyoma, azatuma bigarurira abigishwa.


Ukumvira kwanyu kwamenyekanye hose; ndabishimiye rero ariko ndashaka ko muba abahanga mu gukora icyiza n’abaswa mu gukora ikibi.


Ni we uzabakomeza kugeza mu ndunduro, kugira ngo muzabe muri indakemwa, kuri uwo munsi wa Nyagasani Yezu Kristu.


Nimuve muri abo bantu, mwitandukanye na bo, uwo ari Nyagasani ubivuga. Mwirinde gukora ku cyabahumanya, maze ubwanjye nzabakire.


kugira ngo ayihingutse imbere ye, ibengerana, nta bwandu n’iminkanyari, cyangwa indi nenge, ahubwo ari Kiliziya ntagatifu kandi itagira amakemwa.


Bo bariyononnye, kubera ubusembwa bisize, ntibakiri abana be, bahindutse inyoko yandavuye kandi yatannye.


kugira ngo mushobore guhitamo ibitunganye. Bityo muzabe abaziranenge n’indahemuka kugera ku munsi wa Kristu,


Ku byerekeye umwete, natoteje Kiliziya; naho ku byerekeye ubutungane bukeshwa amategeko, simpinyuka.


Imana y’amahoro ubwayo nibatagatifuze binonosoye, kugira ngo izasange muri indahemuka mwese nta makemwa mufite ku mutima no ku mubiri, ku munsi Umwami wacu Yezu Kristu azaziraho.


Na bo kandi, bazabanze babagerageze, hanyuma nibasanga ari indakemwa, bazabone kubashinga umurimo w’ubudiyakoni.


Ariko rero, umwepiskopi agomba kuba ari umuntu w’inyangamugayo, washyingiwe rimwe risa, ntagire inda nini, agacisha make, akagira ubupfura, akamenya kwakira neza abamugana, kandi akaba ashoboye ibyo kwigisha,


Ndashaka rero ko abapfakazi bakiri bato bakongera gushyingirwa, bakabyara abana, bakagenga ingo zabo, bityo ntibahe umwanzi urwaho ngo abambike urubwa.


Abakoze icyaha, urajye ubihanangiriza ubigiriye mu ruhame rwa bose, kugira ngo n’abandi bagire ubwoba.


Ibyo na byo ujye ubyibutsa kugira ngo abapfakazi babe indakemwa.


Buri wese uhawe ubwo bukuru agomba kuba ari indakemwa, yarashyingiwe rimwe risa, afite abana bemera batavugwaho ubwomanzi cyangwa kuba intumvira.


birinde kwiba, ahubwo bahore barangwa n’ubudahemuka budakemangwa; bityo bazubahisha muri byose inyigisho z’Imana Umukiza wacu.


Ujye uvuga ibyo ngibyo, ubibashishikarize, ndetse ubacyahe ubigiranye igitsure cy’umutware. Ntihakagire ugusuzugura.


Uwo ni we koko muherezagitambo mukuru twari dukeneye, w’intungane, w’umuziranenge, w’umuzirabwandu, utabarirwa mu banyabyaha, wakiriwe ahasumbye ijuru.


Nimugire imyifatire myiza imbere y’abatemera Imana nyakuri, kugira ngo n’ubwo babasebya nk’aho muri abagiranabi, bazamurikirwe n’ibikorwa byanyu, maze basingize Imana ku munsi izaziraho.


Naho mwebwe muri ubwoko bwatoranyijwe, imbaga y’abaherezabitambo ba cyami, ihanga ritagatifu, umuryango Imana yironkeye, kugira ngo mujye mwamamaza ibigwi by’Uwabahamagaye, abavana mu mwijima, akabinjiza mu rumuri rwe rw’agatangaza,


Ni yo mpamvu, nkoramutima zanjye, mu gihe mugitegereje ibyo, mugomba gukora uko mushoboye kose kugira ngo Nyagasani azabasange mu mahoro, muri abaziranenge n’inyangamugayo.


Ibuka rero aho wahanantutse ukagwa. Gira wisubireho kandi ukore ibikorwa nk’ibya mbere. Naho ubundi, ngiye kuza, maze niba utisubiyeho nzakure itara ryawe mu mwanya waryo.


Ngaha nkweguriye abantu bo mu ikoraniro rya Sekibi, ba bandi biyita Abayahudi kandi atari bo, kuko ari ababeshyi. Dore ngiye gutuma baza kugupfukamira, kandi bemeye ko ngukunda.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan