Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 2:14 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

14 Mukore byose mutinuba kandi mutagingimiranya,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

14 Mukore byose mutitotombana, mutagishanya impaka

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

14 Mukore byose mutinuba kandi mutagirana impaka,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

14 Mukore byose mutinuba kandi mutagirana impaka,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 2:14
36 Iomraidhean Croise  

bijujutira mu mahema yabo, ntibumvira ijwi ry’Uhoraho.


Ubwirasi bukurura amahane, ariko ubuhanga buhorana abemera kugirwa inama.


«Nzihanganira iyi mbaga iteye icyangiro idasiba kunyiteruraho ngeze ryari? Numvise neza amagambo y’imyijujuto Abayisraheli badahwema kuntera.


Bayakira binubira nyir’umurima, bati


Uyu mubavu wajyaga kugurwa amadenari arenze magana atatu, maze agahabwa abakene!» Nuko batonganya uwo mugore.


Igihe rero bazaga basanga abigishwa be, babona ikivunge cy’abantu kibakikije n’abigishamategeko bajyaga impaka na bo.


Abafarizayi n’abigishamategeko babo bijujutira abigishwa be bababwira bati «Kuki murya kandi mukanywera hamwe n’abasoresha n’abanyabyaha?»


Nuko havuka amakimbirane n’impaka zikomeye kuri Pawulo na Barinaba bavuguruza abo bantu; ni ko kwemeza ko Pawulo na Barinaba hamwe n’abandi muri bo, bajya i Yeruzalemu kureba Intumwa n’abakuru b’ikoraniro, bakabagisha inama kuri icyo kibazo.


Impaka ziba urudaca kugeza aho batandukana, Barinaba ajyana na Mariko bafata ubwato berekeza i Shipure,


Bamaze kujya impaka z’urudaca, Petero ni ko guhaguruka, arababwira ati «Bavandimwe, muzi ko kuva mu ntangiriro Imana yantoranyije muri mwe, kugira ngo namamaze Inkuru Nziza mu banyamahanga, maze na bo baremera.


Muri iyo minsi, umubare w’abigishwa ukomeza kwiyongera; nuko abavugaga ikigereki muri bo batangira kwinubira Abahebureyi, kuko abapfakazi babo batitabwagaho uko bikwiye mu igabura rya buri munsi.


Bishobotse, mu rugero byabaturukaho mwebwe, mubane mu mahoro n’abantu bose.


Mujye mwakira ugifite intege nke mu kwemera, mwoye kumugisha impaka mu byo ashidikanyaho.


Ndabinginze kandi, bavandimwe, mwitondere abazana amacakubiri n’ingero mbi, bakanyuranya n’inyigisho mwahawe; mubagendere kure.


Ntimukitotombe, nk’uko bamwe muri bo binubye, maze Umunyacyorezo akaboreka.


Cyakora mfite ubwoba ko, ninza, ntazabasanga uko mbyifuza, cyangwa se ko jyewe mutazasanga meze uko munyifuza; ndatinya ko nzabasangana ubwumvikane buke, ishyari, uburakari, ubushyamirane, amazimwe, ubutiriganya, ugusuzugurana n’imvururu.


Naho niba mushihana, mugacagagurana, muramenye ntimuzamarane.


Twoye kurarikira ikuzo ry’amanjwe, twirinde gushotorana no kugirirana ishyari.


Ntimukagire icyo mukora mubitewe n’ishyari cyangwa ukwikuza, ahubwo mwicishe bugufi, buri muntu yibwire ko abandi bamuruta.


mujye mububahana urukundo rwinshi, kubera ibyo babakorera. Namwe ubwanyu mubane mu mahoro.


Mumenye ntihakagire uwitura undi inabi, ahubwo muharanire iteka kugirirana ineza, ndetse muyigirire bose.


Nimuharanire kugirana amahoro n’abantu bose, no gutunga ubutungane kuko utabufite atazigera abona Imana.


kuko uburakari bw’umuntu budakora igihuje n’ubutungane bw’Imana.


Ariko niba mu mutima wanyu huzuyemo ishyari rikabije n’ubucabiranya, ntimukirate cyangwa ngo mubeshye muhinyura ukuri.


Bavandimwe, ntimukijujute bamwe ku bandi, kugira ngo mudacirwa urubanza; dore umucamanza ahagaze imbere y’umuryango.


Nazibukire ikibi, akore icyiza; nashakashake amahoro, ayaharanire.


Mujye mucumbikirana mu ngo zanyu nta kwinuba,


Ni abo ngaba rero! Ni abantu bijimye, bahora bijujuta; bakabaho bakurikije irari ryabo bwite, bakavuga amagambo y’ubwirasi kandi bagacacura abantu babigirira gusa kuronka inyungu yabo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan