Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 1:23 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

23 Ndagirijwe impande zombi: nifuzaga kwigendera ngo mbane na Kristu, kuko ari byo birushijeho kuba byiza;

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

23 Mpeze mu rungabangabo, kuko nifuza kugenda ngo mbane na Kristo, kuko ari byo birushaho kumbera byiza cyane,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

23 Mpeze hagati nk'ururimi. Kimwe cyo ndifuza gutabaruka ngo nibanire na Kristo, ndetse ni cyo cyambera cyiza bihebuje,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

23 Mpeze hagati nk'ururimi. Kimwe cyo ndifuza gutabaruka ngo nibanire na Kristo, ndetse ni cyo cyambera cyiza bihebuje,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 1:23
24 Iomraidhean Croise  

Dawudi asubiza Gadi, ati «Ubu ndi mu makuba akomeye cyane . . . Reka tugwe mu biganza by’Uhoraho kuko ari umunyambabazi, aho kugira ngo ngwe mu biganza by’abantu!»


Naho jyewe birakwiye ko nzareba uruhanga rwawe; ninkanguka, nzanyurwa n’uburanga bwawe.


Babyagiye ikuzimu nk’intama mu gikumba; Nyirarupfu akaba ari we ubashorera abajyana mu rwuri, maze bwacya, abantu b’intungane bakabagenda hejuru; isura bahoranye ikayokera ikuzimu, bazabe ari ho batura iteka.


Hari batisimu ngomba guhabwa, mbega ukuntu umutima wanjye uhagaze kugeza igihe nzayihererwa!


Yezu ni ko kumusubiza ati «Ndakubwira ukuri: uyu munsi uraba uri kumwe nanjye mu ihirwe ry’Imana.»


Nuko uwo muntu roho mbi zari zavuyemo, aramusaba ngo bibanire. We rero amusezerera, amubwira ati


Ushaka kumbera umugaragu nankurikire, maze aho ndi, abe ari na ho umugaragu wanjye azaba. Byongeye, ungaragira, Data azamwubahiriza.


Mbere y’umunsi mukuru wa Pasika, Yezu amenye ko igihe cye cyageze cyo kuva kuri iyi si agasanga Se, uko yagakunze abe bari mu nsi, abakunda byimazeyo.


Nimara kugenda, nkabategurira umwanya, nzagaruka mbajyane hamwe nanjye, kugira ngo aho ndi, namwe abe ari ho muba.


Dawe, ndashaka ko aho ndi, abo wampaye na bo tuhabana, kugira ngo babone ikuzo ryanjye wampaye, kuko wankunze isi itararemwa.


Igihe bamuteraga amabuye, Sitefano asenga agira ati «Nyagasani Yezu, akira ubuzima bwanjye.»


Koko duhorana icyizere, bigatuma duhitamo kwimuka muri uyu mubiri, ngo twigire gutura iruhande rwa Nyagasani.


Muwufitemo umwanya mugari: uwanyu ubanza ari wo ufunganye!


ariko gukomeza kubaho mu mubiri ni cyo mukeneye.


Namwe ubwanyu, bavandimwe, muzi ukuntu twaje iwanyu, kandi ntibibapfire ubusa.


Ngicyo igituma tudahwema gushimira Imana, kuko mwakiriye ijambo ryayo twabigishije nk’uko riri by’ukuri. Koko ntimwaryakiriye nk’ijambo ry’abantu, ahubwo nk’ijambo ry’Imana rigaragariza akamaro karyo muri mwebwe abemera.


hanyuma twebwe abazima, abazaba basigaye, duhite twererezwa hamwe na bo mu bicu, kugira ngo dusanganire Nyagasani mu kirere, bityo tuzabane na Nyagasani iteka ryose.


Naho jyewe, dore maze kumera nk’igitambo giseswa, n’amagingo y’ukwigendera kwanjye aregereje.


Nuko numva ijwi riturutse mu ijuru rirambwira riti «Andika: Hahirwa guhera ubu abapfiriye muri Nyagasani. Ni koko, uwo ari Roho w’Imana ubivuga. Nibaruhuke imibabaro yabo, kuko ibikorwa byabo bibaherekeza.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan