Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 1:20 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

20 Icyo ntegereje kandi nizeye ndashidikanya, ni uko ntazakorwa n’isoni ahubwo ubu n’iteka ryose nzahesha Kristu ikuzo nta mususu, haba mu bugingo bwanjye, haba mu rupfu rwanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

20 kuko ntegerezanya ibyiringiro yuko ntazakorwa n'isoni z'ikintu cyose, ahubwo nzajya ngira ubushizi bw'amanga bwose, buzatuma Kristo akomeza gukuzwa n'umubiri wanjye iteka ryose nk'uko bimeze ubu, nubwo nabaho cyangwa nubwo napfa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

20 Dore icyo mfitiye amatsiko kandi niringiye kuzabona: nta kizatuma nkorwa n'isoni. Ahubwo ubu nk'uko bisanzwe nzakomeza kuvuga nshize amanga, kugira ngo naho nabaho cyangwa napfa, imibereho yanjye iheshe Kristo ikuzo ryinshi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

20 Dore icyo mfitiye amatsiko kandi niringiye kuzabona: nta kizatuma nkorwa n'isoni. Ahubwo ubu nk'uko bisanzwe nzakomeza kuvuga nshize amanga, kugira ngo naho nabaho cyangwa napfa, imibereho yanjye iheshe Kristo ikuzo ryinshi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 1:20
41 Iomraidhean Croise  

Unshyigikire ukurikije amasezerano yawe, kugira ngo mbeho, ntukoze isoni amizero yanjye.


Umutima wanjye nuberwe no gukora icyo ushaka, bityo sinzakorwa n’ikimwaro.


Ni wowe niringiye, Mana yanjye. Ndakwiragije, sinzakorwe n’ikimwaro, n’abanzi banjye ntibazanyishimeho!


Imigambi yabo ni iyo kumuziza umwanya arimo, bagahimbazwa no kumubeshyera gusa; ku rurimi ugasanga bavuga amagambo y’umugisha, nyamara mu mitima yabo haganje imivumo. (guceceka akanya gato)


Intungane zitegereje ibyishimo, naho icyizere cy’abagiranabi kizayoyoka.


kuko bucyana ayandi, hakazaza igihe uzabona ko icyizere cyawe atari imfabusa.


Israheli izakizwa n’Uhoraho, kandi azaba ayikijije burundu; mwebwe rero, ntimuteze kuzakorwa n’isoni, ntimuzanagira ikimwaro bibaho.


Cyakora Nyagasani Uhoraho arantabara, agatuma ibitutsi bitanca intege. Uruhanga rwanjye ndarukomeza nk’ibuye, kandi nzi ko ntazakorwa n’ikimwaro.


Wigira ubwoba, kuko utazakorwa n’ikimwaro, wimanjirwa, kuko utazongera gukozwa isoni, ukazibagirwa ikimwaro cyo mu bukumi bwawe, n’umugayo wo mu bupfakazi bwawe ntuwibuke ukundi.


Yavuze atyo, ashaka kumuburira urupfu rumuteze, ruzahesha Imana ikuzo. Amaze kuvuga atyo, aramubwira ati «Nkurikira.»


Nyamara ku bwanjye, ndahamya ko amagara yanjye bwite nta cyo amariye; icya ngombwa ni ukurangiza isiganwa ryanjye n’umurimo Nyagasani Yezu yanshinze wo guhamya Inkuru Nziza y’ineza Imana ibagirira.


Nuko aradusubiza ati «Ikibateye kurira no kunshengura umutima ni iki? Jye siniteguye kubohwa byonyine, ahubwo niteguye no gupfira i Yeruzalemu, mporwa izina rya Nyagasani Yezu.»


Nuko ngo bamare gusenga, aho bari bateraniye hahinda umushyitsi; bose buzura Roho Mutagatifu, maze bamamaza ijambo ry’Imana bashize amanga.


Bavandimwe rero, mbinginze ku bw’impuhwe z’Imana: nimuture imibiri yanyu, ibe igitambo nyabuzima, gitagatifu kandi kinyuze Imana; ngiryo iyobokamana ryabava ku mutima.


ukwizera ntigutamaze, kuko urukundo rw’Imana rwabuganijwe mu mitima yacu na Roho Mutagatifu twahawe.


Kandi imibiri yanyu ntimukayegurire icyaha ngo ibe intwaro z’ukugira nabi, ahubwo nimugandukire Imana nk’abazima bavuye mu bapfu, imibiri yanyu muyegurire Imana ibe intwaro z’ubutungane.


Ndavuga ku buryo bw’abantu mbitewe n’intege nke zanyu. Ubwo mwari mwareguriye imibiri yanyu gukora ibiterasoni n’ubwigomeke, noneho rero nimuyegurire ubutungane butanga ubutagatifu.


Ndetse n’ibiremwa byose birarekereje ngo birebe igaragazwa ry’abana b’Imana:


nk’uko byanditswe ngo «Dore nshyize muri Siyoni ibuye ry’ubutsikire n’urutare rugusha, ariko uzemera akarushingaho ibirindiro ntazakorwa n’isoni.»


Buri munsi ruhora rungera amajanja! Simbeshya, bavandimwe, mwe kuzo ryanjye muri Kristu Yezu Umwami wacu.


Mwacungujwe igiciro gihambaye! Nimusingirize rero Imana mu mubiri wanyu.


maze akaba yisatuyemo kabiri. Bityo, n’umugore cyangwa umukobwa batashatse bahihibikanira ibyerekeye Nyagasani, ngo bamutunganire ku mubiri no ku mutima. Naho umugore washatse aharanira iby’isi, ashakashaka uko yashimisha umugabo we.


Niba naba nkabya mu kwiratana ububasha Nyagasani yaduhereye kubakomeza, atari ubwo kubadindiza, nta soni binteye.


Kuba rero dufite ayo mizero, bituma tudahungabana.


Igihe cyose tugendana imibabaro y’urupfu rwa Kristu, kugira ngo n’ubuzima bwe bwigaragaze mu mubiri wacu.


Kandi koko yapfiriye bose, kugira ngo abariho bataberaho bo ubwabo, ahubwo babereho uwabapfiriye kandi akazukira kubakiza.


Niba kandi hari ikintu nabamuratiyeho, sinigeze mbyicuza. Muzi neza ko mpora mbabwiza ukuri: ukuntu nabamuratiye ni ko yabasanze.


Mbafitiye ubwizere buhagije, kandi muhora muntera akanyamuneza. Mu magorwa yacu yose, mpora niyumvamo ihumure, ndetse nsendereye ibyishimo.


kandi ingoyi ndiho yatumye abavandimwe benshi barushaho kwizera Nyagasani, batinyuka kwamamaza ijambo ry’Imana nta mususu.


Kandi n’aho byaba ngombwa ko mena amaraso yanjye, akamishwa ku gitambo no ku ituro ry’ukwemera kwanyu, byanshimisha, kandi nasangira namwe mwese ibyo byishimo.


Ubu rero nshimishijwe n’uko mbabara ari mwe ngirira, maze ibyari bibuze ku mibabaro ya Kristu, nkabyuzuriza mu mubiri wanjye, mbigirira umubiri we, ari wo Kiliziya.


Imana y’amahoro ubwayo nibatagatifuze binonosoye, kugira ngo izasange muri indahemuka mwese nta makemwa mufite ku mutima no ku mubiri, ku munsi Umwami wacu Yezu Kristu azaziraho.


Nihagira uhorwa ko ari umukristu, ntibikamutere isoni, ahubwo ajye akuza Imana ku mpamvu y’iryo zina.


Bityo, twana twanjye, nimugume muri We, kugira ngo igihe azigaragariza, tuzagire amizero yuzuye, kandi twe kuzakorwa n’isoni zo kuba turi kure ye, igihe cy’amaza ye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan