Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 7:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Ese mu gihe cyose nagendanaga n’Abayisraheli, hari ijambo na rimwe nigeze mbwira umwe mu batware ba Israheli nashyiriyeho kuragira umuryango wanjye Israheli, nti: Kuki mutanyubakiye inzu y’amasederi?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Mbese ahantu hose nakagendanye n'Abisirayeli bose, hari ubwo navuganye n'umucamanza wese wa Isirayeli, uwo nategetse kuragira ubwoko bwanjye bwa Isirayeli nti: Ni iki cyababujije kunyubakira inzu yubakishijwe imyerezi?’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 None se muri icyo gihe cyose, hari n'umwe mu bayobozi nashyizeho kuyobora ubwoko bwanjye bw'Abisiraheli, nigeze mbaza impamvu mutanyubakira inzu y'amasederi?’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 None se muri icyo gihe cyose, hari n'umwe mu bayobozi nashyizeho kuyobora ubwoko bwanjye bw'Abisiraheli, nigeze mbaza impamvu mutanyubakira inzu y'amasederi?’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 7:7
19 Iomraidhean Croise  

Kera, igihe Sawuli yari akiri umwami wacu, ni wowe watabaranaga na Israheli kandi ugatabarukana na yo. Kandi rero, Uhoraho yarakubwiye ati ’Ni wowe uzaragira umuryango wanjye Israheli, kandi ni wowe uzaba umutware wa Israheli.’»


Kera, igihe Sawuli yari akiri umwami wacu, ni wowe watabaranaga na Israheli kandi ugatabarukana na yo. Ikindi kandi, Uhoraho Imana yawe yarakubwiye ati ’Ni wowe uzaragira umuryango wanjye Israheli, kandi ni wowe uzaba umutware wa Israheli.’»


Ese mu gihe cyose najyaniranye n’Abayisraheli, hari ubwo nigeze mbwira umwe mu batware ba Israheli nashyiriyeho kuragira umuryango wanjye, nti: Kuki mutanyubakira inzu y’amasederi?


Ameze nk’umushumba uragiye ubushyo, akabwegeranya n’ukuboko kwe; abana b’intama akabatwara mu gituza cye, intama z’imbyeyi akazemera mu rwuri rutoshye.


Uhoraho avuze atya: Ijuru ni intebe yanjye y’ubwami, isi ikaba akabaho nkandagizaho ibirenge byanjye. Mwanyubakira rero inzu nyabaki? Aho naruhukira, ni hehe?


Nzayashinga abashumba bayaragire; kuva ubwo ntazongera kugira ubwoba cyangwa ngo akangarane, kandi nta na rimwe muri yo rizongera kuzimira — uwo ni Uhoraho ubivuze.


Nzabaha abashumba banogeye umutima wanjye, maze babaragirane ubushobozi n’ubwitonzi bwinshi.


Ni jye ubwanjye uziragirira intama zanjye — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuzejye nzazibyagiza ziruhuke.


«Mwana w’umuntu, hanurira abashumba ba Israheli ibiberekeyeho. Bahanurire ubabwira uti ’Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze: Bariyimbire abo bashumba ba Israheli biragira ubwabo! Mbese ye, ubundi abashumba ntibagomba gukenura ubushyo?


Abo mu bushyo bwanjye nzababonera umushumba mbamushinge abaragire; umugaragu wanjye Dawudi ni we uzabaragira, ababere umushumba.


Ni we ubwe uzazana amahoro! Abanyashuru nibadutera bagakanagira ku butaka bwacu, tuzabateza abashumba barindwi n’abatware umunani.


’Nawe, Betelehemu, umusozi wo muri Yudeya, si wowe giseswa mu migi yaho yose; kuko ari wowe uzaturukaho umutware uzaragira umuryango wanjye, Israheli’.»


Murimenye rero ubwanyu, mumenye n’ubushyo mwaragijwe na Roho Mutagatifu, mube abashumba ba Kiliziya y’Imana, Yezu yacunguje amaraso ye bwite.


Barasakuzaga bavuga bati «Bayisraheli, nimudutabare! Dore uyu muntu agenda hose yigisha abantu bose, arwanya umuryango wacu kimwe n’Amategeko n’aha Hantu. Byongeye kandi, yinjije Abagereki mu Ngoro, ahumanya aha Hantu hatagatifu!»


Mu bintu byawe, uzabe ufitemo n’igihosho, maze nujya hanze kwituma, ugicukuze umwobo, nyuma uze gutwikira imyanda yawe.


Noneho rero, ndinginga abakuru b’ikoraniro bari muri mwe, nkabigira ari uko nanjye ndi umukuru kimwe na bo, n’umuhamya w’ububabare bwa Kristu, nkaba mfite n’uruhare ku ikuzo rigiye kugaragazwa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan