Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 7:23 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

23 Kandi nta wundi muryango uhwanye na Israheli, umuryango wawe! Mbese ku isi yose hari umuryango n’umwe wahagurukiye gucungura, ukawugira uwawe, ukawuha izina ry’ikirangirire nk’uko wagenjereje Israheli umuryango wawe? Haba se hari undi muryango wakoreye ibintu by’agatangaza bingana bityo, ukirukana imbere yawo amahanga menshi hamwe n’imana zayo?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

23 Ni irihe shyanga riri mu isi rihwanye n'ubwoko bwawe bwa Isirayeli? Imana yahagurukijwe no kuricungurira kuba ubwoko bwayo kugira ngo yibonere izina, igakora ibikomeye kandi biteye ubwoba ku bwabo no ku bw'igihugu cyawe imbere y'abantu bawe wacunguye, ukabīvanira muri Egiputa, ukabakiza amahanga n'imana zayo?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

23 Mbese ku isi hari undi muryango uhwanye n'ubwoko bwawe bw'Abisiraheli? Ni ubwoko Imana yicunguriye ibugira ubwayo, yimenyekanisha ikorera igihugu cyawe ibikomeye kandi bitangaje imbere y'abantu bawe, ibavana mu Misiri imbere y'abanyamahanga n'imbere y'ibigirwamana byabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

23 Mbese ku isi hari undi muryango uhwanye n'ubwoko bwawe bw'Abisiraheli? Ni ubwoko Imana yicunguriye ibugira ubwayo, yimenyekanisha ikorera igihugu cyawe ibikomeye kandi bitangaje imbere y'abantu bawe, ibavana mu Misiri imbere y'abanyamahanga n'imbere y'ibigirwamana byabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 7:23
36 Iomraidhean Croise  

Wihangiye Israheli, umuryango wawe, kugira ngo ube iteka umuryango wawe bwite, kandi wowe Uhoraho, ube Imana yabo.


Kandi nta wundi muryango uhwanye na Israheli, umuryango wawe! Mbese ku isi yose hari umuryango n’umwe wahagurukiye gucungura, ukawugira uwawe, ukawuha izina ry’ikirangirire nk’uko wagenjereje Israheli umuryango wawe? Haba se hari undi muryango wakoreye ibintu by’agatangaza bingana bityo, ukawukura mu Misiri, ukirukana imbere yawo amahanga menshi?


None se, abo si twebwe abagaragu bawe n’umuryango wawe warokoye, ukoresheje ububasha n’imbaraga bitagereranywa by’ukuboko kwawe?


ibitangaza mu gihugu cya Kamu, n’akataraboneka ku nyanja y’Urufunzo.


Uhoraho yazaniye umuryango we ikiwubohora, agena rimwe rizima imiterere y’Isezerano rye. Izina rye ni ritagatifu, kandi rigatera ubwoba.


Bazajya bavuga ububasha bwawe, wagaragaje ukora ibintu bihambaye, nanjye mvuge ubuhangange bwawe.


Hahirwa umuntu wiringira Uhoraho, ntashyire hamwe n’abagomeramana, cyangwa ngo ajye mu ishyaka ry’abanyabinyoma!


Wakoresheje ukuboko kwawe, unyaga amahanga, ugira ngo ubabonere aho batura, kandi uburabuza ibihugu, ugira ngo ubabonere aho bisanzurira.


Hahirwa umutumirwa wihitiyemo ubwawe; ukamuha kwigumira mu bikari by’Ingoro yawe. Tuzahazwa ibyiza byo mu rugo rwawe, ibintu bitagatifu byo mu Ngoro yawe.


Nimubwire Imana muti «Mbega ibikorwa byawe ngo biratera ubwoba! Abanzi bawe bageze aho kuguhakwaho kubera ububasha bwawe bukaze.


Muri iryo joro, nzambukiranya igihugu cya Misiri, maze nice icyavutse uburiza cyose mu gihugu cya Misiri, guhera ku bantu kugeza ku nyamaswa; kandi n’ibigirwamana bya Misiri byose mbicire imanza. Ni jye Uhoraho!


Naho ubundi se, ni iki kizerekana ko jyewe n’umuryango wawe dufite ubutoni mu maso yawe? Si uko wajyana natwe, bityo jyewe n’umuryango wawe ntiduse n’indi miryango iri ku bwisanzure bw’isi?»


Nzabagira umuryango wanjye bwite, maze mbabere Imana. Muzamenya ko ari jyewe Uhoraho Imana yanyu, yabakuye ku gahato k’imirimo y’Abanyamisiri.


Iyo mbishaka, mba nararambuye ukuboko kwanjye, maze nkaguteza umuze, wowe n’abaturage bawe, ukaba wararimbutse ku isi.


Nyamara dore icyatumye nkureka ukagumaho: ni ukugira ngo nkwereke ububasha bwanjye, maze bazasingize izina ryanjye ku isi hose.


Wigaragaje mu gihugu cya Misiri, uhakora ibitangaza n’ibimenyetso bikiratwa muri Israheli no mu bantu bose kugeza na n’ubu; bityo wihesheje izina ry’ikirangirire, nk’uko bigaragara muri iki gihe.


Wakuye umuryango wawe mu gihugu cya Misiri wifashishije ibimenyetso by’ibitangaza, n’imbaraga z’ukuboko kwawe, bituma bose bashya ubwoba.


Ariko nagiriye izina ryanjye, nkora uko nshoboye ngo ritandavurizwa imbere y'abanyamahanga bari batuyemo, ari na bo bandebaga igihe mbimenyesheje, mbavana mu gihugu cya Misiri.


Nguko uko bazambariza izina ryanjye ku Bayisraheli, nanjye mbahe umugisha.»


kugira ngo izahore isingirizwa ingabire yaduhereye ubuntu mu Mwana wayo w’Inkoramutima.


Ni we ugomba gusingiza, ni we Mana yawe yagukoreye bya bintu byose bikomeye kandi bitangaje wiboneye n’amaso yawe.


Uzibuke yuko nawe wari umucakara mu gihugu cya Misiri, maze Uhoraho Imana yawe akagucungura; ni cyo gituma nguhaye iryo tegeko uyu munsi.


Urahirwa koko Israheli! Ni nde umeze nkawe, wowe bwoko burengerwa n’Uhoraho? Ni we ngabo igukingira ikagutabara, akaba n’inkota iguha gutsinda. Ababisha bawe bazakora iyo bwabaga bakwigira amayeri, ariko ntuzabura gushinga ikirenge mu mpinga y’imisozi y’igihugu cyabo.»


Ngatakambira Uhoraho ngira nti «Uhoraho Mana, wirimbura imbaga yawe, ubukonde bwawe, wabohoje ubuhangange bwawe, ukayikuza mu Misiri imbaraga z’ukuboko kwawe.


witanze kubera twebwe, kugira ngo aturokore ubugome bwose kandi yuhagire umuryango ugenewe kuba ubukonde bwe no kugira ishyaka ryo gukora icyiza cyose.


Abakanahani n’abandi baturage bose b’igihugu bazabyumva, batugarukane, maze izina ryacu rizimangane mu gihugu. Ubwo se uzakora iki ngo wubahishe izina ryawe ry’ikirangirire?»


Naho mwebwe muri ubwoko bwatoranyijwe, imbaga y’abaherezabitambo ba cyami, ihanga ritagatifu, umuryango Imana yironkeye, kugira ngo mujye mwamamaza ibigwi by’Uwabahamagaye, abavana mu mwijima, akabinjiza mu rumuri rwe rw’agatangaza,


Baririmba rero indirimbo nshya, bavuga bati «Ukwiriye guhabwa igitabo no guhambura ikashe zigifunze, kuko wishwe, maze ku bw’amaraso yawe ugacungurira Imana abantu bo mu miryango yose, mu ndimi zose, mu bihugu byose, no mu mahanga yose, maze


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan