Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 7:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 N’igihe iminsi yawe izaba yarangiye, maze ukazaba uri kumwe n’abasokuruza bawe, nzakomeza inkomoko yawe inyuma yawe; nzimika uzagukomokaho wowe ubwawe, kandi nkomeze ubwami bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Kandi iminsi yawe nigera ugasinzirana na ba sogokuruza bawe, nzimika umwana wawe wibyariye akuzungure, kandi nzakomeza ubwami bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Numara gupfa ugashyingurwa hamwe na ba sokuruza, nzatoranya umwe mu rubyaro rwawe agusimbure ku ngoma, kandi nzakomeza ubwami bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Numara gupfa ugashyingurwa hamwe na ba sokuruza, nzatoranya umwe mu rubyaro rwawe agusimbure ku ngoma, kandi nzakomeza ubwami bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 7:12
36 Iomraidhean Croise  

Uhoraho ni ko kumubwira ati «Nta bwo ari we uzakuzungura, ahubwo uzazungurwa n’uzaturuka mu maraso yawe.»


Wowe uha umwami wawe imitsindo ikomeye, ntuhemukire uwo wasize amavuta, ari we Dawudi n’urubyaro rwe iteka ryose.»


Umwami, umutegetsi wanjye, namara gutanga, jye n’umwana wanjye Salomoni bazadufata nk’abagome.»


aravuga ati ’Uhoraho, Imana ya Israheli ahimbazwe, kuko yatumye uyu munsi mbona umwe mu bana banjye ansimbuye ku ntebe!’»


Dawudi amaze kumva ko agiye gupfa, yahamagaye umuhungu we Salomoni amuha aya mabwiriza, agira ati


Dawudi aratanga, umurambo we ushyingurwa mu Murwa wa Dawudi.


kandi Uhoraho azarangiza ijambo yambwiye agira ati ’Abana bawe nibaba indakemwa mu mico, bakagenda imbere yanjye bubahiriza amategeko n’umutima wabo wose, n’imbaraga zabo zose, nta na rimwe hazabura umwe muri bo uzazungura ingoma ya Israheli.’


Yuda na Israheli byiberaga mu mutekano mu gihe cyose Salomoni yari ku ngoma, buri wese ahinga imizabibu ye n’imitini ye mu mahoro, uhereye i Dani ukageza i Berisheba.


«Nihasingizwe Uhoraho, Imana ya Israheli, we wabwirishije umunwa we data Dawudi kandi agasoza n’ikiganza cye ibyo yavuze, agira ati


Nyamara si wowe uzubaka iyo Ngoro, ahubwo izubakwa n’umuhungu wawe uzaba wibyariye. Ni we uzubakira Ingoro izina ryanjye’.


Uhoraho yasohoje ijambo yivugiye: nazunguye data Dawudi, nicara ku ntebe y’ubwami bwa Israheli nk’uko Uhoraho yari yarabivuze, nubaka Ingoro ikwiye izina ry’Uhoraho, Imana ya Israheli,


ni bwo nanjye nzakomeza ingoma yawe muri Israheli iteka ryose nk’uko nabisezeraniye so Dawudi, ngira nti ’Ntihazigera habura umuntu mu bawe uzategeka Israheli’.


Ariko Uhoraho ntiyashaka kurimbura Yuda agiriye umugaragu we Dawudi, kuko yamusezeranyije kutavana abazamukomokaho ku ntebe y’ubwami i Yeruzalemu.


N’igihe iminsi yawe izaba yarangiye, maze ukazaba uri kumwe n’abasokuruza bawe, nzakomeza inkomoko yawe nyuma yawe; nzimika uzagukomokaho wowe ubwawe, kandi nkomeze ubwami bwe.


None, Uhoraho Mana, ijambo ryawe wabwiye data Dawudi nirikomezwe, kuko ari wowe wanyimikiye gutegeka abantu benshi bangana n’umukungugu wo ku isi.


Ntimuzi se ko Uhoraho, Imana ya Israheli, yahaye Dawudi kuzahora iteka ku ngoma ya Israheli, we n’abana be, akagirana na bo isezerano ridakuka?


Nyamara Uhoraho ntiyashaka kurimbura inzu ya Dawudi kubera isezerano yagiranye na Dawudi, kuko yamusezeranyije kutavana abazamukomokaho ku ntebe y’ubwami i Yeruzalemu.


Ikoraniro ryose rigirana isezerano n’umwami mu Ngoro y’Imana. Nuko Yehoyada arababwira ati «Nguyu umwana w’umwami! Agomba kwima ingoma nk’uko Uhoraho yabivuze ku byerekeye bene Dawudi.


Wubahirije ibyo wasezeraniye umugaragu wawe data Dawudi: ibyo wavugishije umunwa wawe wabyuzurishije ikiganza cyawe, nk’uko biboneka uyu munsi.


Nyamara si wowe uzubaka iyo Ngoro, ahubwo ni umuhungu wawe uzaba wibyariye; ni we uzubakira Ingoro izina ryanjye.’


Nzamukomereza impuhwe zanjye ubuziraherezo, kandi iryo sezerano ntirizasubirwaho.


Uwo munsi ni bwo inkomoko ya Yese, izashyirwa ejuru nk’ibendera ry’igihugu, amahanga yose akazayigana, aho atuye hakazabengerana ikuzo.


Uhoraho yabwiye ijambo Yakobo, maze Israheli irita mu gutwi.


Uhoraho avuze atya: Ntihazabura na rimwe muri bene Dawudi, uzicara ku ntebe y’ubwami mu muryango wa Israheli.


Dore igitabo cy’amasekuruza ya Yezu Kristu, umwana wa Dawudi, mwene Abrahamu.


Azaba umuntu ukomeye, kandi bazamwita Mwene Nyir’ijuru. Nyagasani Imana azamwegurira ingoma ya se Dawudi;


Nuko ahera kuri Musa n’Abahanuzi bose, maze abasobanurira ibimwerekeyeho biri mu Bitabo bitagatifu.


Dawudi akiriho yarangije ugushaka kw’Imana, arasaza maze ashyingurwa hamwe n’abasekuruza be kandi yarashangutse.


Nyamara, kuba yari umuhanuzi kandi yazirikanaga ko Imana yamusezeranyishije indahiro kuzicaza ku ntebe ye y’ubwami uwo mu bamukomokaho,


Ngiye noneho kubahishurira ibanga. Twese ntituzapfa; ahubwo twese tuzahindurwa ukundi,


Nuko Uhoraho abwira Musa ati «Dore wowe ugiye gupfa, usange abasogokuruza bawe. Uyu muryango uzatangira ube ihabara, wohoke ku mana z’abanyamahanga bari mu gihugu ugiye kwinjiramo; uzampararukwa umene igihango cy’Isezerano nagiranye na wo.


Nk’uko twemera ko Yezu yapfuye kandi yazutse, ni na ko abapfuye bamwizera, Imana izabazura maze ikabashyira hamwe na We.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan