Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 5:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Nyamara Dawudi afata ikigo cya Siyoni, gihinduka ’Umurwa wa Dawudi.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Ariko Dawidi ahindūra igihome gikomeye cya Siyoni, haba ururembo rwa Dawidi bwite.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Nyamara Dawidi yigaruriye ikigo ntamenwa cy'i Siyoni, ari cyo cyiswe Umurwa wa Dawidi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Nyamara Dawidi yigaruriye ikigo ntamenwa cy'i Siyoni, ari cyo cyiswe Umurwa wa Dawidi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 5:7
27 Iomraidhean Croise  

Kuri uwo munsi Dawudi yari yavuze ati «Ushaka gutsinda Abayebuzi, ni ngombwa ko anyura ku mugezi . . . Naho abo bacumbagurika n’impumyi, bo banteye iseseme!» (Ni yo mpamvu banavuze bati «Impumyi n’abacumbagira, ntibazinjira mu Ngoro y’Uhoraho.»)


Dawudi aba muri icyo kigo; acyita ’Umurwa wa Dawudi.’ Hanyuma yubakisha impande zose urukuta ruwukikije, uhereye i Milo ukageza imbere yawo.


Dawudi rero yanga kujyana Ubushyinguro bw’Imana iwe, mu Murwa wa Dawudi, ahubwo abugarura mu rugo rwa Obedi‐Edomu w’Umugiti.


Bukeye, baza kubwira Dawudi, bati «Uhoraho yahaye umugisha urugo rwa Obedi‐Edomu n’ibyo atunze byose kubera Ubushyinguro bw’Imana.» Dawudi rero ni ko kugenda, avana Ubushyinguro bw’Imana mu rugo rwa Obedi‐Edomu, maze abujyana mu Murwa wa Dawudi bishimye cyane.


Nuko Ubushyinguro bw’Uhoraho butaha mu Murwa wa Dawudi. Mikali, umukobwa wa Sawuli, arebera mu idirishya, abona umwami Dawudi wasimbukaga, yiyereka imbere y’Uhoraho, maze yumva mu mutima we amuhinyuye.


Dawudi aratanga, umurambo we ushyingurwa mu Murwa wa Dawudi.


Salomoni aba umukwe wa Farawo, umwami wa Misiri; arongora umukobwa wa Farawo amutuza mu Murwa wa Dawudi, kuko yari atararangiza kubaka ingoro ye bwite, Ingoro y’Uhoraho, n’urukuta rugose Yeruzalemu.


Nuko Salomoni akoranyiriza iruhande rwe i Yeruzalemu abakuru ba Israheli, abatware b’imiryango n’ibikomangoma byo mu mazu y’Abayisraheli, kugira ngo bazamure Ubushyinguro bw’Isezerano ry’Uhoraho, babuvanye mu Murwa wa Dawudi, ari wo Siyoni.


Salomoni yubatse Milo igihe umukobwa wa Farawo avuye mu Murwa wa Dawudi, agataha mu nzu Salomoni yamwubakiye.


Dawudi atura muri icyo kigo, bituma bacyita Umurwa wa Dawudi.


Bamushyingura mu Murwa wa Dawudi hamwe n’abami, kuko yari yarakoreye neza Abayisraheli, akubaha Imana n’Ingoro y’Uhoraho.


Nuko Salomoni akoranyiriza i Yeruzalemu abakuru ba Israheli, abatware bose b’imiryango n’ibikomangoma byose byo mu mazu y’Abayisraheli, kugira ngo bazamure Ubushyinguro bw’Isezerano ry’Uhoraho, babuvane mu Murwa wa Dawudi, ari wo Siyoni.


Shalumi mwene Kolihoze, umutware w’akarere ka Misipa, ni we wubatse Irembo ryo ku Iriba, ararisakara kandi ariteraho inzugi, hamwe n’ibyuma byazo n’amapata yazo; ndetse yubaka n’inkike ahateganye n’ikidendezi kiyoborera amazi mu busitani bw’umwami, kugeza ku madarajya amanuka mu Murwa wa Dawudi.


Kuko Uhoraho yihitiyemo Siyoni, ashaka ko imubera ingoro,


ati «Ni jye wiyimikiye umwami, kuri Siyoni, umusozi wanjye mutagatifu!»


umusozi wa Siyoni uranezerewe, n’imigi ya Yuda yose irasabagizwa n’ibyishimo, yishimiye uburyo uca imanza.


Umusozi we mutagatifu urajimije mu bwiza, ukanezeza isi yose! Umusozi wa Siyoni uri hariya mu majyaruguru, ni wo wubatseho umurwa w’umwami w’igihangange;


Igitambo cyanjye si cyo ushaka, n’aho nagutura igitwikwa, nticyakunezeza.


Uhoraho akunda amarembo yayo kurusha ingoro zose za Yakobo.


Abazi izina ryawe nibakwiringire, Uhoraho, kuko udatererana abagushakashaka!


Rangurura ijwi uvuze impundu, wowe utuye i Siyoni, kuko Nyirubutagatifu wa Israheli, utuye iwawe rwagati, ari Igihangange.»


Azaza ari Umucunguzi wa Siyoni, n’uw’abo muri Yakobo bahindutse bakanga ibyaha byabo. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Ubu noneho ngiye kukwibasira, wowe utuye mu kibaya no ku rutare rwo mu gisiza — uwo ni Uhoraho ubivuze — mwe mugira muti «Ni nde uzaza kudutera, maze agacengera mu bwibereko bwacu?»


Imiryango myinshi izashyira nzira, ivuga iti «Nimuze tuzamuke ku musozi w’Uhoraho, tugane Ingoro y’Imana ya Yakobo, azatwereke inzira ze, maze tuzikurikire.» Koko, kuri Siyoni ni ho haturuka amategeko, ijambo ry’Uhoraho rigaturuka i Yeruzalemu.


nk’uko byanditswe ngo «Dore nshyize muri Siyoni ibuye ry’ubutsikire n’urutare rugusha, ariko uzemera akarushingaho ibirindiro ntazakorwa n’isoni.»


Mwebweho mwaje mugana umusozi wa Siyoni n’umurwa w’Imana Nzima, ari wo Yeruzalemu yo mu ijuru, n’inteko itabarika y’abamalayika bakereye ibirori;


Nuko mbona Ntama wari uhagaze ku musozi wa Siyoni, ari kumwe na ba bantu ibihumbi ijana na mirongo ine na bine bafite izina rye, ndetse n’izina rya Se, ryanditse ku gahanga kabo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan