Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 3:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Ubwo inzu ya Sawuli n’iya Dawudi zirwana intambara y’urudaca. Dawudi akarushaho gukomera, naho inzu ya Sawuli ntihweme gucika intege.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Nuko ab'inzu ya Sawuli n'ab'inzu ya Dawidi bamara igihe kirekire barwana, Dawidi akajya arushaho gukomera, ariko ab'inzu ya Sawuli barushaho gucogora.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Intambara imara igihe kirekire hagati y'abashyigikiye abo kwa Sawuli n'abashyigikiye Dawidi. Dawidi yagendaga agwiza amaboko, naho abo kwa Sawuli bakarushaho gucika intege.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Intambara imara igihe kirekire hagati y'abashyigikiye abo kwa Sawuli n'abashyigikiye Dawidi. Dawidi yagendaga agwiza amaboko, naho abo kwa Sawuli bakarushaho gucika intege.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 3:1
26 Iomraidhean Croise  

Nshyize inzigo hagati yawe n’umugore, hagati y’urubyaro rwawe n’urubyaro rwe; ruzakujanjagura umutwe, nawe urukomeretse ku gatsinsino.»


Uwo munsi intambara irakara cyane, maze Abuneri n’Abayisraheli batsindwa n’abagaragu ba Dawudi.


Nuko Yowabu avuza ihembe; abantu bose barahagarara, barekera aho gukurikirana Israheli, kandi ntibongera kurwana ukundi.


Wandokoye ukwivumbagatanya k’umuryango wanjye, ungira umutware w’amahanga; ihanga ntigeze no kumenya rirankorera.


Igihe cy’intambara y’inzu ya Sawuli n’iya Dawudi, Abuneri we yakomezaga kwibonamo umuntu ukomeye kwa Sawuli.


Dawudi akajya arushaho gukomera, kandi Uhoraho Imana Umugaba w’ingabo yari kumwe na we.


Hakomeje kubaho intambara ziteranya Robowamu na Yerobowamu.


Asa na Bayesha, umwami wa Israheli, barwanye mu gihe cyose babayeho.


Dawudi agenda arushaho gukomera, kandi Uhoraho Nyir’ububasha yari kumwe na we.


Dore bene Dawudi yabyariye i Heburoni: uw’imfura yitwaga Aminoni, yabyaranye na Ahinowamu w’i Yizireyeli; uwa kabiri ni Daniyeli wa Abigayila w’i Karumeli;


kandi umunyakuri akomeza inzira ye, maze uw’umwere arushaho gukaza umurego.


uko uzaba umeze, bizaba bisumbye kure uko wari uri mbere.


Nabahinduye nk’umukungugu utumurwa n’umuyaga, maze mbaribata nk’icyondo cyo mu nzira.


Nimuze mwirebere ibyo Uhoraho yakoze, we wakwije amatongo ku isi!


Iyo bambutse ikibaya cya Rurira, bakibyaza amasoko, maze imvura y’impangukano ikahuzuza ibidendezi.


Kuko umubiri urarikira ibirwanya Roho, na Roho igakurikirana ibyo umubiri wangira. Ibyo byombi koko birazirana ku buryo namwe mutagenza uko mwishakiye kose.


Erega abanzi turwana si abantu, ahubwo abo turwana ni Ibikomangoma, n’Ibihangange, n’Abagenga b’iyi si y’umwijima, n’izindi roho mbi zo mu kirere.


«Ngwino!» Ngo ndebe, mbona ifarasi y’umweru, uwari uyicayeho afite umuheto, nuko ahabwa ikamba maze agenda ari umutsinzi, kandi ngo azahore atsinda.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan