Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 24:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Uhoraho yongera kurakarira Abayisraheli, maze abateza Dawudi, ati «Genda ubarure Israheli na Yuda.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Bukeye umujinya w'Uwiteka wongera gukongerezwa Abisirayeli, abateza Dawidi, ubwo yavugaga ati “Genda ubare Abisirayeli n'Abayuda.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Uhoraho yongera kurakarira cyane Abisiraheli, abateza Dawidi ati: “Genda ubarure Abisiraheli n'Abayuda”.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Uhoraho yongera kurakarira cyane Abisiraheli, abateza Dawidi ati: “Genda ubarure Abisiraheli n'Abayuda”.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 24:1
23 Iomraidhean Croise  

Noneho nimushire agahinda, kandi mwibabazwa n’uko mwangurishije hano. Ni Imana yanyohereje imbere yanyu kugira ngo ndamire ubuzima bwanyu.


Inabi mwari mwangiriye, Imana yayihinduyemo ibyiza, kugira ngo imbaga nyamwinshi irokoke, uko mubiruzi none.


None rero, dore uko Uhoraho avuze: Nzaguteza ibyago bivuye mu nzu yawe bwite. Nzafata abagore bawe wirebera n’amaso yawe mbahe undi muntu, azaryamane na bo imbere yawe ku manywa y’ihangu.


Umwami aravuga ati «Mpuriye he namwe, bene Seruya? Niba amvuma kandi akaba ari Uhoraho wamubwiye ati ’Genda uvume Dawudi’, ni nde wakubahuka kumubwira ati ’Kuki ukora ibyo ngibyo?’»


Umwami Yoramu ahita ava i Samariya, akoranya Abayisraheli bose.


Sekibi atera Israheli, yoshya Dawudi kubarura Abayisraheli.


Bene Tola ni Uzi, Refaya, Yeriyeli, Yahumayi, Yibusamu na Shemweli, ni bo bari abatware b’imiryango ya Tola; mu gihe cya Dawudi ababakomokagaho bari ibihumbi makumyabiri na bibiri na magana atandatu.


Abo bose ni bene Asheri, bari abakuru b’amazu, bakaba abanyembaraga n’abagabo b’intwari; bamaze kubarura abo mu mazu yabo, basanze abajya ku rugamba ari abagabo ibihumbi makumyabiri na bitandatu.


Ariko Hezekiya ntiyitura ineza yagiriwe, maze ubwirasi bw’umutima we bumukururira uburakari bw’Uhoraho, we n’Abayuda n’ab’i Yeruzalemu.


Jyewe rero nzatera umutima wa Farawo kunangira. Nzagwiza ibimenyetso byanjye n’ibitangaza byanjye mu gihugu cya Misiri,


Niba kandi umuhanuzi yemeye gushukwa akagira ijambo avuga, ni jye Uhoraho uzaba mbimuteye. Nzamwibasira n’ikiganza cyanjye, murimbure ave mu muryango wa Israheli.


Ndetse nageze n'aho mbaha amategeko y'amananiza n'amabwiriza atashoboraga kubabeshaho,


Musa abwira Aroni hamwe n’abahungu be Eleyazari na Itamari, ati «Ntimusandaze imisatsi yanyu, kandi ntimushishimure imyenda yanyu, hato mudapfa cyangwa mugatera Uhoraho kurakarira ikoraniro ryose. Uretse mwebwe, abandi bavandimwe banyu bose bo mu nzu ya Israheli, bazaririre abo Uhoraho yatsembesheje umuriro.


Mbese nk’uko Uhoraho yari yarabitegetse Musa, ababarurira mu butayu bwa Sinayi.


Barangiza batyo imigambi yawe yose wari waragennye kuva kera, ku bw’ububasha bwawe n’ubushake bwawe.


Ni yo mpamvu Imana ibareka bagaterwa n’ubuyobe bubarindagiza, bakemera ibinyoma,


Nuko uburakari bw’Uhoraho bugurumanira Israheli, maze abagabiza ababanyaga kandi abegurira abanzi babo babakikije. Ntibaba bagishoboye guhangara abanzi babo.


Uburakari bw’Uhoraho bugurumanira Israheli. Nuko aravuga, ati «Kubera ko iyi mbaga yishe Isezerano ryanjye nagiranye n’abasekuruza babo, kandi ntiyumve ijwi ryanjye,


None rero, Nyagasani, mutegetsi wanjye, ndakwinginze ngo utege amatwi umugaragu wawe. Niba ari Uhoraho wakunteje, niyakire impumuro y’igitambo; ariko niba ari abantu bakunteza, nibavumwe imbere y’Uhoraho, kubera ko banciye kandi bakampeza ku murage w’Uhoraho bambwira ngo ’Genda, ujye gukorera izindi mana.’


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan