Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 2:26 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

26 Abuneri ahamagara Yowabu aramubaza ati «Mbese inkota izakomeza ubudatuza kubaga abantu? Ntuzi se ko amaherezo ibyo bizarangira mu mubabaro? Uzabwira ryari abantu bawe kureka gukurikirana abavandimwe babo?»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

26 Abuneri ahamagara Yowabu aravuga ati “Mbese inkota izahora ibaga iteka? Ntuzi ko amaherezo yabyo azaba umubabaro usharira? Ariko uzageza he kudategeka abantu ngo barekere aho gukurikirana bene wabo?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

26 Abuneri ahamagara Yowabu aramubaza ati: “Tuzageza he kwicana? Mbese ibyo ntibizatuzanira ingaruka mbi? Utegereje iki kugira ngo ubwire abantu bawe be gukomeza gukurikirana abavandimwe babo?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

26 Abuneri ahamagara Yowabu aramubaza ati: “Tuzageza he kwicana? Mbese ibyo ntibizatuzanira ingaruka mbi? Utegereje iki kugira ngo ubwire abantu bawe be gukomeza gukurikirana abavandimwe babo?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 2:26
17 Iomraidhean Croise  

Dawudi abwira iyo ntumwa, ati «Ubwire Yowabu uti ’Ibyo ntibikubabaze. Inkota yica ku buryo bwinshi. Gusa, komeza gukaza umurego wawe ku mugi, maze uwurimbure.’ Numubwira utyo, uzaba umukomeje.»


Abuneri abwira Yowabu, ati «Ndagusabye ngo abasore bahaguruke, maze barwanire imbere yacu!» Yowabu aramusubiza ati «Ngaho nibahaguruke!»


Buri muntu asumirana n’uwo bashyamiranye, amusogota inkota mu mbavu, nuko bose bacurangukira icyarimwe. Kubera iyo mpamvu aho hantu bahise «Umurima w’imbavu»; ukaba uri i Gibewoni.


Ababenyamini barakorana bakikije Abuneri, biremamo itsinda rimwe, maze bahagarara mu mpinga y’umusozi,


Yowabu aramusubiza ati «Ndahiye Imana ko iyo utajya kuba ubivuze, abantu batari kurorera gukurikirana abavandimwe babo, kugeza ko bucya.»


«Muzizimba mu magambo mugeze ryari? Mwitonde mutekereze, hanyuma tuganire.


«Muzahereza he kunshengura umutima, munsukiranyaho ayo magambo yanyu?


Igihe ntabaje, jya unsubiza, Mana indenganura; mu magorwa ni wowe unkura ahaga. Gira ibambe, wumve isengesho ryanjye!


Gushoza amahane ni nko kugomorora amazi, ujye wigendera intonganya zitaravuka.


Naho niba mubyanze, mugakomeza kuganda, inkota ubwayo ni yo izabarya. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Mu mpinga zose z’imisozi yo mu butayu, haturutse abasahuzi. Inkota ibanguwe n’Uhoraho ihinguranyije isi, irayitsemba: nta n’umwe ukiranganwa amahoro.


Abana banyu narabahannye, ariko biba iby’ubusa ntibumva. Inkota yanyu yatsembye abahanuzi, boshye intare kirimbuzi.


Nzahereza he kureba ibendera ry’intambara, nzumva impuruza y’ihembe ngeze ryari? (Uhoraho:)


Ariko uwo munsi uzabera Uhoraho, Imana Umugaba w’ingabo, umunsi wo kwihorera no kwihimura abanzi be. Inkota izagotomera, ihage kandi isinde amaraso yabo. Ibyo bizabera Uhoraho, Imana Umugaba w’ingabo, igitambo mu gihugu cy’amajyaruguru, ku nkombe ya Efurati!


Ubitangaze mu Misiri, ubyamamaze i Migidoli, ubigeze i Memfisi n’i Tafune, ugira uti «Urarye uri menge, inkota yabiciye impande zawe.


Inkota izibasira imigi yayo, isenye inzugi zayo, ibarimbure bazize imigambi yabo mibi.


Bukeye asanga barwana ubwabo, agerageza kubunga agira ati ’Yemwe bagabo, ko muri abavandimwe; igituma mugirirana nabi ni iki?’


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan