Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 18:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Hanyuma Dawudi agabanya ingabo ze mu byiciro bitatu; icya mbere agiha Yowabu, icya kabiri agiha Abishayi mwene Seruya, murumuna wa Yowabu, naho icya gatatu agiha Itayi w’Umugiti. Umwami abwira imbaga, ati «Nanjye ubwanjye niteguye gutabarana namwe.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Dawidi aherako agaba ingabo, igice cya gatatu agiha Yowabu, ikindi agiha Abishayi mwene Seruya, mwene se wa Yowabu, ikindi gice cya gatatu agiha Itayi w'Umugiti. Umwami abwira abantu ati “Nanjye ubwanjye sindi bubure gutabarana namwe.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Umutwe umwe uyoborwa na Yowabu mwene Seruya, undi uyoborwa na mukuru we Abishayi, uwa gatatu uyoborwa na Itayi w'Umunyagati. Dawidi arababwira ati: “Nanjye ubwanjye nzatabarana namwe.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Umutwe umwe uyoborwa na Yowabu mwene Seruya, undi uyoborwa na mukuru we Abishayi, uwa gatatu uyoborwa na Itayi w'Umunyagati. Dawidi arababwira ati: “Nanjye ubwanjye nzatabarana namwe.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 18:2
14 Iomraidhean Croise  

Dore rero jye inama nabagira: koranyiriza Abayisraheli bose iruhande rwawe, uhereye i Dani ukageza i Berisheba, bangane n’umusenyi wo ku nyanja, nawe kandi ujyane na bo ku rugamba.


Ariko Abishayi mwene Seruya arahagoboka, maze atera Umufilisiti aramwica. Ni bwo rero ingabo za Dawudi zimwinginze ziti «Ntuzongere gutabarana natwe, hato utazazimya itara rya Israheli!»


Abishayi, murumuna wa Yowabu, mwene Seruya, yategekaga abitwa «Ba Mirongo Itatu b’imena».» Yakaraze icumu rye yica abantu magana atatu icyarimwe, bituma aba ikirangirire muri za Ntwari mirongo itatu.


Yowabu mwene Seruya yari umugaba w’ingabo; Yehoshafati mwene Ahiludi yari umunyamabanga w’umwami;


Yowabu amaze kumva ibyabaye kuri Adoniya no kuri Abiyatari, ahungira mu ihema ry’Uhoraho, maze afata ku mahembe y’urutambiro kandi ni koko, yari yarifatanyije na Adoniya, n’ubwo mbere y’aho atari yarashyigikiye Abusalomu.


Ndaryama ngasinzira, nageraho ngakanguka: igihe cyose Uhoraho ni we unshyigikiye.


Ba bantu uko ari magana atatu, Gideyoni abacamo amatsinda atatu. Buri muntu amuha ihembe n’ikibindi kirimo ubusa, muri buri kibindi hashinzemo ifumba y’umuriro.


Gideyoni n’abantu ijana bari kumwe na we bagera bugufi y’ingando ahagana mu gicuku, ubwo abanyezamu bari bamaze gusimburana. Baherako bavuza ihembe, bamenagura n’ibibindi bari bafite mu ntoki.


Nuko Abimeleki afata ingabo ze, azicamo amatsinda atatu, bajya kwihisha ku gasozi. Ngo arabukwe abaturage basohotse mu mugi, abagwa gitumo arabica.


Nuko bukeye bwaho, Sawuli agabanya abantu mo amatsinda atatu. Binjira mu ngando butari bwacya, bica Abahamoni kugeza ku manywa y’ihangu. Abacitse ku icumu baratatana, ntibongera guhura ukundi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan