Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 17:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Ibyo bizatuma n’ufite umutima nk’uw’intare acogora, kuko Israheli yose izi ko so ari intwari, n’ingabo ze zikaba zidacogora.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 bizatuma umuntu wese naho ari intwari ifite umutima nk'uw'intare ahamuka, kuko Abisirayeli bose bazi so ko ari umunyambaraga, kandi n'abo bari kumwe ko ari intwari.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Ubwo rero n'uw'intwari ushiritse ubwoba nk'intare azacika intege, kuko Abisiraheli bose bazi ko so ari umurwanyi ukomeye kandi ko ari kumwe n'ingabo z'intwari.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Ubwo rero n'uw'intwari ushiritse ubwoba nk'intare azacika intege, kuko Abisiraheli bose bazi ko so ari umurwanyi ukomeye kandi ko ari kumwe n'ingabo z'intwari.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 17:10
17 Iomraidhean Croise  

Yuda, uri nk’icyana cy’intare, mwana wanjye, uzamutse uvuye ku rugamba! Yaciye bugufi, abunda nk’intare, kandi nk’intare y’ingore, ni nde wamutsimbura?


Sawuli na Yonatani abakundwaga cyane, abatatandukanaga mu buzima no mu rupfu, abatebukaga kurusha kagoma; abanyembaraga kurusha intare!


None rero, ubu yihishe mu mwobo cyangwa ahandi. Ahubwo, ubwo hazaba hatangiye kugira abapfa muri twe, uzabyumva wese azavuga ati ’Hamaze gupfa benshi mu ngabo za Abusalomu!’


Benayahu mwene Yehoyada, umugabo w’intwari, wabarirwaga mu bakoze ibikorwa bikomeye, akaba akomoka i Kabuseli. Ni we wishe abahungu bombi ba Ariyeli Umumowabu; kandi aramanuka yica intare yari mu mwobo igihe cy’urubura.


Uhoraho, ni wowe ngabo twikingira, kandi umwami wacu akomejwe na Nyir’ubutagatifu wa Israheli.


Abatware ba Edomu bakuka umutima, ibikomangoma bya Mowabu biradagadwa, abaturage bose b’i Kanahani babura iyo bakwirwa.


Umugome ahunga nta we umwirukanye, ariko intungane ni nk’icyana cy’intare, nta cyo zikanga.


Nimwirebere ingobyi ya Salomoni, ishagawe n’abagabo mirongo itandatu barobanuwe mu ntwari za Israheli;


Ni cyo gitumye amaboko yose adandabirana, buri muntu agacika intege.


Iteka ryaciriwe ku gihugu cya Misiri. Dore Uhoraho aragendera mu bicu byihuta: aje mu Misiri. Ibigirwamana byaho bizahinda umushyitsi imbere ye, na Misiri ubwayo icike intege.


Yatyarijwe kwica, none irarabagirana kandi igatera ibishashi.


Muti ese turazamuka tujya he? Bene wacu baduciye intege batubwira yuko abantu baho badusumbya kure igihagararo n’imbaraga, ko bafite imigi minini kandi ikomeye, izengurutswe n’inkuta z’amabuye zikabakaba ku ijuru; ndetse twabonyeyo n’Abanaki!»


bazimya ubukana bw’umuriro, bahonoka ubugi bw’inkota, bashinga intege bakirutse indwara, bagira ubutwari igihe cy’intambara, bakumira ingabo z’abanyamahanga.


Bukeye, umwe muri bo aramubwira ati «Nabonye umuhungu wa Yese w’i Betelehemu, azi gucuranga neza; ni umusore w’intwari kandi uzi kurwana, avugana ubwitonzi kandi akaba umuntu w’igikundiro. Uhoraho ari kumwe na we.»


Bukeye Sawuli abwira Dawudi, ati «Dore Meraba umukobwa wanjye w’imfura, ni we nzagushyingira, ariko urakomeze kuba intwari ku mirimo yanjye, kandi urwane intambara z’Uhoraho.» Sawuli yaribwiraga ati «Ntazangwaho, ahubwo azicwe n’Abafilisiti.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan