Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 15:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Byongeye Abusalomu yohereza intumwa mu mugi wa Gilo gushaka Ahitofeli w’Umugilo, umujyanama wa Dawudi; araza bafatanya gutura ibitambo. Nuko umugambi urushaho gukomera, kandi n’abayoboke ba Abusalomu bakomeza kwiyongera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Maze Abusalomu atumira Ahitofeli w'i Gilo umujyanama wa Dawidi, ava mu mudugudu w'iwabo i Gilo mu gihe Abusalomu yatambaga ibitambo. Nuko ubugome buragwira, kuko abantu biyongeraga kubana na Abusalomu uko bukeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Ubwo Abusalomu yatambaga ibitambo, yohereza intumwa i Gilo kumuzanira Ahitofeli w'i Gilo, akaba umujyanama wa Dawidi. Ubwigomeke burushaho gukaza umurego, kandi abayobokaga Abusalomu barushaho kwiyongera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Ubwo Abusalomu yatambaga ibitambo, yohereza intumwa i Gilo kumuzanira Ahitofeli w'i Gilo, akaba umujyanama wa Dawidi. Ubwigomeke burushaho gukaza umurego, kandi abayobokaga Abusalomu barushaho kwiyongera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 15:12
26 Iomraidhean Croise  

Nuko baza kubwira Dawudi, bati «Ahitofeli ari mu bagambanyi bari kumwe na Abusalomu.» Dawudi ni ko kuvuga, ati «Ndakwinginze, Uhoraho, ngo imigambi ya Ahitofeli uyihindure ubusazi!»


Abusalomu n’inteko y’Abayisraheli bari barageze i Yeruzalemu, kandi na Ahitofeli yari kumwe na we.


Nuko Abusalomu n’Abayisraheli bose baravuga bati «Inama ya Hushayi Umwaruki, ni yo nziza kuruta iya Ahitofeli.» Uhoraho yari yagambiriye kuburizamo inama nziza za Ahitofeli, kugira ngo ateze Abusalomu ibyago.


Ahitofeli ngo abone ko batakurikije inama ze, afata indogobe ye, arahaguruka ajya mu mudugudu we. Amaze guha amategeko umuryango we, yimanika mu mugozi. Amaze gupfa bamuhamba mu mva ya se.


Elifeleti mwene Ahasibayi w’i Betimaka, Eliyamu mwene Ahitofeli w’i Gilo,


Batangaza igisibo, bashyira Naboti imbere y’imbaga y’abantu bateraniye aho,


Muri ayo mabaruwa yari yanditsemo ngo «Nimutangaze igisibo, maze mushyire Naboti ku murongo wa mbere w’imbaga y’abantu.


Ahitofeli yari umujyanama w’umwami, naho Hushayi w’Umwaruki yari incuti y’umwami.


Ndetse n’incuti yanjye y’amagara nizeraga, tukanasangira ibiryo byanjye, na yo yanyigaritse!


bati «Ibyamubayeho ni akaga rwose, ubwo yaryamye nta bwo agiteze kweguka!»


Igitambo cy’abagiranabi gitera Uhoraho ishozi, ariko amasengesho y’intabera akamushimisha.


Igitambo cy’abagome gitera ishozi Uhoraho, nkanswe iyo bagituranye ubuhemu.


Umubavu uvuye i Saba, cyangwa urubingo ruhumura rwo mu gihugu cya kure, bimbwiye iki? Ibitambo byanyu bitwikwa, simbishaka; amaturo yanyu, ntanezeza.


Balamu abwira Balaki, ati «Nyubakira hano intambiro ndwi, untegurire ibimasa birindwi n’amasekurume y’intama arindwi.»


Amujyana ahantu hitaruye, mu mpinga y’umusozi wa Pisiga, ahubaka intambiro.


Balaki akora ibyo Balamu yamubwiye, maze atura ikimasa n’isekurume y’intama kuri buri rutambiro.


Simvuze mwese: abo natoye ndabazi, ariko Ibyanditswe bigomba kuzuzwa ngo ’Uwo dusangira umugati ni we wanteye umugeri.’


Biratana ko bazi Imana, nyamara bakayihakana mu migirire yabo. Bateye isesemi, bakaba ibyigomeke; no ku cyitwa igikorwa cyiza cyose, nta cyo bamaze.


Gosheni, Holoni, Gilo; imigi cumi n’umwe n’imidugudu yayo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan