Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 14:17 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

17 Umuja wawe yibwiye ati ’Ijambo umwami umutegetsi wanjye ari buvuge ritume ngubwa neza; kuko umwami, umutegetsi wanjye, ari nk’umumalayika w’Imana: yumva icyiza n’ikibi.’ Nuko rero, Uhoraho Imana yawe ibane nawe!»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

17 Nuko umuja wawe ndavuga nti ‘Ndakwinginze, ijambo umwami databuja ari buvuge ribe iryo kumpumuriza, kuko Mwami nyagasani, umeze nka marayika w'Imana guhitamo ibibi n'ibyiza. Nuko Uwiteka Imana yawe igumane nawe.’ ”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

17 Nyagasani, natekerezaga ko icyo uri bumbwire kindema agatima, kuko uri nk'umumarayika ukamenya gutandukanya icyiza n'ikibi. Uhoraho Imana yawe abane nawe!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

17 Nyagasani, natekerezaga ko icyo uri bumbwire kindema agatima, kuko uri nk'umumarayika ukamenya gutandukanya icyiza n'ikibi. Uhoraho Imana yawe abane nawe!”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 14:17
13 Iomraidhean Croise  

Umwami abwira uwo mugore, ati «Ndakwinginze ngo ntugire icyo umpisha ku kibazo ngiye kukubaza.» Undi aravuga ati «Ngaho umwami umutegetsi wanjye navuge.»


Yowabu yabikoreye kugira ngo agarure umwuka mwiza, ariko kandi umutegetsi wanjye ni umunyabwenge, ndetse ni umunyabwenge nk’umumalayika w’Imana: akamenya ibiba ku isi byose.»


Aramusubiza ati «Mwami mutegetsi wanjye, umugaragu wanjye yarambeshye; mu by’ukuri nari namubwiye nti ’Untegurire indogobe yanjye, kugira ngo nzamuke njyane n’umwami’, kuko jyewe umugaragu wawe ndi ikimuga.


Rwose umugaragu wanjye yambeshyeye ku mwami, umutegetsi wanjye! Ariko rero, mwami mutegetsi wanjye, uri nk’umumalayika w’Imana, ukore icyo ubona kigutunganiye.


Israheli yose imenya urubanza rwaciwe n’umwami, maze iramutinya kuko yamubonagamo ubuhanga bw’Imana bwo gukiza imanza.


Ha rero umugaragu wawe umutima ushishoza kugira ngo ategeke umuryango wawe, asobanure ikibi n’icyiza; ubundi se koko ni nde washobora gutegeka umuryango wawe ukomeye bene aka kageni?»


Ese hari ikinyoma musanze ku rurimi rwanjye? Umunwa wanjye se, waba utagishobora kuvangura icyago?


Uruganda rutunganya feza, itanura rigatunganya zahabu, ariko umuntu ashimirwa imyifatire ye.


Umuntu urata mugenzi we akabya, aba amushyize umutego mu maguru.


Abaciye akenge bo, batungwa n’ibiryo bikomeye, kuko bafite akamenyero ko gusobanura mu bitekerezo byabo icyiza n’ikibi.


Uko twumviraga Musa muri byose, ni ko nawe tuzakumvira. Ni koko, Uhoraho, Imana yawe, azaba ari kumwe nawe nk’uko yari kumwe na Musa.


Akishi asubiza Dawudi, ati «Ku bwanjye, nzi ko unshimisha nk’umumalayika w’Imana, ariko abatware b’Abafilisiti bavuze bati ’Ntajyane natwe ku rugamba.’


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan