Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 14:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Umugore aramubwira ati «Ndagusabye, mutegetsi wanjye, ngo wibuke Uhoraho, Imana yawe, kugira ngo umuhozi atazanyongerera akababaro yica umuhungu wanjye.» Umwami aravuga ati «Ndahiye Uhoraho Nyir’ubuzima, ko nta n’agasatsi na kamwe k’umuhungu wawe kazagwa hasi.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Umugore aherako aramubwira ati “Ndakwinginze nyagasani, ibuka Uwiteka Imana yawe kugira ngo umuhōzi atazongera kurimbura ukundi, bakica umuhungu nsigaranye.” Umwami aramusubiza ati “Ndahiye Uwiteka uhoraho, nta gasatsi na kamwe k'umuhungu wawe kazagwa hasi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Umugore ati: “Nyagasani, ndahira mu izina ry'Uhoraho Imana yawe, ko umuhōra atazanyongerera ibyago yica umuhungu wanjye.” Umwami aramubwira ati: “Ndahiye Uhoraho ko nta n'agasatsi ko ku mutwe we kazagwa hasi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Umugore ati: “Nyagasani, ndahira mu izina ry'Uhoraho Imana yawe, ko umuhōra atazanyongerera ibyago yica umuhungu wanjye.” Umwami aramubwira ati: “Ndahiye Uhoraho ko nta n'agasatsi ko ku mutwe we kazagwa hasi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 14:11
18 Iomraidhean Croise  

Ariko Abramu asubiza umwami wa Sodoma, ati «Ndahiriye imbere y’Imana Isumbabyose yaremye ijuru n’isi,


Nugirira nabi abakobwa banjye, cyangwa se nubaharika, n’iyo ndetse hatagira undi muntu ubimenya, uzibuke ko Imana ari yo muhamya wa twembi.»


Umwami aramubwira ati «Nihagira uwongera kubikubwira, uzamunzanire kandi ntazagusubira ukundi.»


Umugore aravuga ati «Ndakwinginze, ngo umuja wawe agire icyo abwira umwami, umutegetsi wanjye.» Aramusubiza ati «Ngaho mbwira»


Umwami ni ko kubwira Yowabu, ati «Ni byo koko, ikibazo cyawe kibonye igisubizo. Genda ugarure uwo musore Abusalomu.»


Salomoni aravuga ati «Niyerekana ko ari umuntu w’indakemwa, nta gasatsi ke na kamwe kazagwa hasi; ariko nabonwaho n’agakosa gato azapfa.»


Niba kandi urahiye mu izina ry’Uhoraho muzima, ukabikora mu kuri, mu buryo butunganye no mu butabera, ubwo amahanga yose azamperwamo umugisha kandi azakurizwa muri jye.


Ugomba guhora, ni we ubwe uziyicira uwo mwicanyi nibahura.


cyangwa akamukubita abigiranye urwango, maze akamwica, uwo uzaba yakubise, na we azicwe, kuko ari umwicanyi. Ugomba guhora, ni we ubwe uziyicira uwo mwicanyi nibahura.


maze ugomba guhora akamusanga hanze yawo akamwica, nta cyaha azaba akoze.


Naho mwe, imisatsi yo ku mutwe wanyu yose irabaze!


Ndabasabye rero ngo mugire icyo murya, maze mubashe kubaho. Nongeye kandi kubabwira ko nta n’agasatsi k’umwe muri mwe kazazimira.»


Rubanda babwira Sawuli, bati «Mbese Yonatani yapfa ate, kandi ari we watabaruye Israheli? Ibyo byaba ishyano kuri Uhoraho. Nuko rero, nta gasatsi ko ku mutwe we kazagwa hasi, kuko ibyo yakoze uyu munsi byose yabikoze afatanyije n’Imana.» Uko ni ko rubanda bakijije Yonatani, maze ntiyapfa.


Yonatani abwira Dawudi, ati «Igendere amahoro! Ubwo twagiranye isezerano mu izina ry’Uhoraho, azakomeze kuba hagati yawe nanjye, azabe no hagati y’urubyaro rwawe n’urwanjye iteka ryose.»


Sawuli aramurahira ati «Nkurahiye Uhoraho ko ibi utazabihanirwa.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan