Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 11:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Nimunsi, Dawudi abyutse mu buriri bwe, ajya gutembera ahantu hitaruye, hejuru y’igisenge cy’ingoro y’umwami. Igihe yari hejuru aho, arabukwa umugore wiyuhagiraga, kandi akaba umugore w’uburanga butangaje.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Bukeye nimugoroba Dawidi yibambuye ku gisasiro cye, aza agendagenda hejuru y'inzu y'umwami. Maze ahagaze hejuru aho abona umugore wiyuhagira, yari umugore mwiza w'ikibengukiro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Umunsi umwe nimugoroba Dawidi amaze kuruhuka, arabyuka ajya gutembera ku gisenge gishashe cy'inzu ye. Agihari abona umugore mwiza cyane wiyuhagiraga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Umunsi umwe nimugoroba Dawidi amaze kuruhuka, arabyuka ajya gutembera ku gisenge gishashe cy'inzu ye. Agihari abona umugore mwiza cyane wiyuhagiraga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 11:2
28 Iomraidhean Croise  

Igihe agiye kugera mu Misiri abwira umugore we Sarayi, ati «Dore, uri umugore mwiza mu maso, ufite uburanga.


Umugore arareba asanga cya giti kiryoshye, kinogeye amaso, kandi cyanashobora gutanga ubwenge. Asoroma imbuto zacyo, aryaho, ahaho n’umugabo we bari kumwe. Na we ararya.


Sikemu mwene Hamori w’Umuhivi, igikomangoma cy’icyo gihugu, aramubona, aramufata, amusambanya ku ngufu.


Ashinga Yozefu ibyo atunze byose, ntiyagira icyo yongera kugenzura, uretse kwita ku byo yaryaga! Yozefu yari mwiza wese, akagira mu maso heza.


abahungu b’Imana babona abakobwa b’abantu ari beza. Ni bwo bihitiyemo abo bishakiye babagira abagore babo.


Dore ibyaje gukurikiraho. Abusalomu mwene Dawudi yari afite mushiki we w’uburanga butangaje, akitwa Tamara. Aminoni mwene se aramubenguka.


Hanyuma Abusalomu abyara abahungu batatu n’umukobwa umwe witwaga Tamara. Yari umukobwa w’uburanga butangaje.


Bukeye, ba bahungu ba Rimoni w’i Beyeroti, ari bo Rekabu na Bahana, baragenda bagera kwa Ishibosheti ku manywa y’ihangu. Naho we akaba araryamye aruhuka saa sita.


Rekabu n’umuvandimwe we binjira bwombo mu nzu aho Ishibosheti yari aryamye mu cyumba. Nuko baramwica maze bamuca umutwe. Hanyuma batwara umutwe we, bagenda ijoro ryose banyuze Araba.


Amaso yanjye, twari twarumvikanye, ko atagomba kugira inkumi arangamira.


Amaso yanjye uyarinde ibitagirashinge, unkomeze mu nzira zawe.


Ubunebwe butera gusinzira ubuticura, kandi umunyamwete muke ahorana inzara.


Ikimero kirashukana n’uburanga bugashonga, ahubwo umugore utinya Uhoraho ni we ukwiye kuratwa.


Ntuzararikire uburanga bwe mu mutima wawe, kandi ntuzemere ko akwicira ijisho,


Yanyuraga mu nzira, hafi y’aho uwo mugore w’indaya yari atuye, nuko akaboneza agana iwe,


Bazahumanya amazu y’i Yeruzalemu n’ay’abami ba Yuda, ahinduke nka Tofeti; ni koko ayo mazu yose batwikiraho ibitambo basenga ibinyarumuri byo mu kirere, bakanayamishaho ibitambo biseswa baramya izindi mana, azahumana uko angana.’»


Icyo mbabwiriye mu mwijima, muzakivugire ahabona; icyo mbongorereye ahiherereye, muzagitangarize ahirengeye.


Uzaba ari hejuru y’inzu, ntazururuke ngo hari icyo agiye gufata mu nzu ye.


jyeweho, mbabwiye ko ureba umugore akamwifuza, mu mutima we aba yamusambanyije.


Bukeye bw’uwo munsi, ba bantu bakiri mu nzira ahajya kwegera umugi, ubwo na Petero akaba yazamutse ajya ahitaruye hejuru y’igisenge cy’inzu gusenga; hari nka saa sita.


Niwubaka inzu nshya, uzazengurutse ku musozo wayo umuguno urinda umuntu kugwa: ntuzatume inzu yawe ibazwa amaraso yameneka igihe umuntu azaba ahanutse hejuru yayo.


Ntuzararikire umugore wa mugenzi wawe. Ntuzararikire inzu ya mugenzi wawe cyangwa imirima ye, cyangwa umugaragu we cyangwa umuja we, cyangwa inka ye, cyangwa indogobe ye, mbese ikintu cya mugenzi wawe icyo ari cyo cyose.


Nyamara iherezo rya byose riregereje. Murabe rero abashishozi n’abizige, kugira ngo muhugukire gusenga.


kuko ibiri ku isi byose, nk’irari ry’umubiri, n’irari ry’amaso, n’umwirato w’ubukungu, bidakomoka ku Mana, ahubwo bikomoka ku isi.


Bamaze gufungura baramanuka bava ahirengeye berekeza mu mugi, nuko bajya ahantu hitaruye hejuru y’inzu, baraganira.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan