Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Samweli 10:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Ukomere, tugaragaze ubutwari kubera umuryango wacu n’imigi y’Imana yacu! Kandi Uhoraho arakore uko abishaka.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Nuko komera turwane kigabo, turwanire ubwoko bwacu n'imidugudu y'Imana yacu. Kandi Uwiteka abigenze uko ashaka.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Ukomere turwane kigabo, turwanirire ubwoko bwacu n'imijyi y'Imana yacu. Uhoraho agenze uko ashaka.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Ukomere turwane kigabo, turwanirire ubwoko bwacu n'imijyi y'Imana yacu. Uhoraho agenze uko ashaka.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Samweli 10:12
24 Iomraidhean Croise  

Nuko Yowabu abwira Abishayi, ati «Abaramu nibaramuka bandushije imbaraga, uraza kuntabara. Abahamoni kandi na bo nibakurusha imbaraga, ndibuze kugutabara.


Ariko niba avuze ati ’Nta bwo ngushaka’; ubwo nta kundi azankoresha icyo ashaka!»


Ukomere, tugaragaze ubutwari kubera umuryango wacu n’imigi y’Imana yacu! Kandi Uhoraho arakore uko abishaka.»


«Nimukomere, mube intwari! Ntimutinye cyangwa ngo mukurwe imitima n’umwami w’Abanyashuru n’ingabo nyinshi ziri kumwe na we, kuko Uwo turi kumwe azirusha imbaraga;


None rero aho muzumva ihembe rivugiye, muzahadusange muhakoranire, ubundi Imana yacu izaturwanirira.»


Maze kugenzura uko bahagaze, ndahaguruka mbwira abanyacyubahiro, abakuru n’imbaga yose, nti «Mwitinya bariya bantu! Nimwibuke Nyagasani n’imbaraga ze zikangaranya, maze murwanirire abavandimwe n’abahungu banyu, abakobwa n’abagore banyu, ndetse n’ingo zanyu.»


aramya agira ati «Navuye mu nda ya mama nambaye ubusa, kandi nzasubirayo nambaye ubundi. Uhoraho ni we wampaye, Uhoraho ni we wishubije; nihasingizwe izina ry’Uhoraho!»


Muzarebe niba icyo gihugu cyera imyaka cyangwa niba kiyirumbya, murebe kandi niba giteye amashyamba cyangwa niba ari nta yo. Muzanashirike ubute maze musorome ku mbuto z’icyo gihugu.» Koko rero cyari igihe cy’imizabibu ya mbere.


Murabe maso rero, mukomere mu kwemera, mube abagabo, mube intwari;


Nimukomere kandi mube intwari, ntimuzashye ubwoba ngo muhinde umushyitsi imbere yabo, kuko Uhoraho Imana yawe ubwe agendana nawe. Ntazaguharurukwa, ntazagutererana.»


Hanyuma Musa ahamagara Yozuwe, amubwirira imbere y’Abayisraheli bose ati «Komera kandi ube intwari, kuko ari wowe uzinjirana n’aba bantu mu gihugu Uhoraho yarahiye abasokuruza babo ko azakibaha; ni wowe uzatuma bigarurira icyo gihugu.


Ukwemera kwabo kwatumye batsinda amahanga, bategekana ubutabera, buzurizwa amasezerano, bazibiranya urwasaya rw’intare,


ku buryo dushobora kuvuga nta shiti tuti «Nyagasani arampagarikiye, ntakizantera ubwoba; mbese ni nde wagira icyo antwara?»


Uzagusuzugura wese kandi ntiyumvire amagambo yawe yose mu byo uzaba wategetse, azicwa. Rwose komera kandi ube intwari!»


Sinabikubwiye se nti ’Komera kandi ube intwari’? Wihinda umushyitsi wigira ubwoba kuko Uhoraho, Imana yawe, azaba ari kumwe nawe aho uzajya hose.»


Abayisraheli binginga Uhoraho, bavuga bati «Twaracumuye muri byose, utugenze uko ubyishakiye; ariko uyu munsi wongere udukize!»


Abazamu bararengereza bahamagara Yonatani n’umutwaje intwaro, bati «Nimuze hano, tugire icyo tubabwira.» Yonatani abwira wa muntu we, ati «Nkurikira, kuko Uhoraho yabagabije ibiganza by’Abayisraheli.»


Yonatani abwira uwo muntu wamutwazaga intwaro, ati «Ngwino twambuke, tugere ku ngando ya ziriya ntagenywe, wenda Uhoraho araturwanirira; kuko twaba benshi cyangwa se bake, ntacyabuza Uhoraho kuduha gutsinda.»


Dawudi abwira Sawuli, ati «Ntihagire n’umwe ukuka umutima kubera uriya Mufilisiti; jyewe umugaragu wawe ndajya kumurwanya.»


Nuko Samweli amutekerereza byose, nta cyo amuhishe. Heli ati «Ni Uhoraho. Arakore uko abishaka.»


Bafilisiti mwe, nimukomere mube abagabo! Hato mutaba abaretwa b’Abayisraheli, nk’uko na bo bigeze kuba abacakara banyu. Nimube abagabo kandi murwane!»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan