Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Petero 3:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 maze bakazabakwena bagira bati «Mbese isezerano ry’uko azaza ryaba rigeze he? Kuko kuva igihe ababyeyi bacu bapfiriye, byose bikomeza kuba uko byari bimeze mu ntangiriro y’iremwa ry’isi.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 babaza bati “Isezerano ryo kuza kwe riri he? Ko uhereye aho ba sogokuruza basinziririye, byose bihora uko byahoze, uhereye ku kuremwa kw'isi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 bagira bati: “Mbese ntiyasezeranye ko azaza? None se ubu ari he? Ba sogokuruza bacu baritārūye, nyamara kandi ibintu byose bimeze nk'uko byahoze kuva isi ikiremwa.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 bagira bati: “Mbese ntiyasezeranye ko azaza? None se ubu ari he? Ba sogokuruza bacu baritārūye, nyamara kandi ibintu byose bimeze nk'uko byahoze kuva isi ikiremwa.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Petero 3:4
20 Iomraidhean Croise  

Loti ni ko gusohoka abwira abakwe be yari kuzashyingira abakobwa be ati «Nimuhaguruke muve aha hantu, kuko Uhoraho agiye kuhasenya.» Ariko abakwe be bakabona ko ari amashyengo.


Ibyahozeho, ni byo bizakomeza kubaho; ibyakozwe ni byo bizakomeza gukorwa, ugasanga nta kintu gishyashya cyaduka ku isi.


Kubera ko icyemezo cyo guhana ikibi kitaziraho, umutima w’abantu urarikira kugira nabi.


Barambaza ngo «Ubu se ijambo ry’Uhoraho riri he? Ngaho niryigaragaze!»


Baribwira bati ’Igihe se nticyaba cyegereje maze bakatwubakira andi mazu ! Umugi ni nk’inkono, naho twebwe tukaba nk’inyama ziyirimo.’


Murananiza Uhoraho n’amagambo yanyu! Nyamara mukabaza muti «Ese icyo tumunanizaho ni iki?» Mumunaniza igihe muvuga muti «Umuntu wese ukora ikibi aba atunganye mu maso y’Uhoraho; bene abo ni bo yishimira», cyangwa ngo «Imana ituma ubutabera buganza iri hehe?»


Kandi Umwana w’umuntu agomba kuzagaruka mu ikuzo rya Se, ashagawe n’abamalayika, maze ubwo akagororera umuntu wese akurikije imigirire ye.


Ndababwira ukuri: mu bari hano harimo abatazapfa batabonye Umwana w’umuntu aje mu ikuzo ry’Ingoma ye.»


Aho intumbi izaba iri hose, ni ho inkongoro zizakoranira.


Naho niba ari umugaragu mubi, wibwira ati ’Databuja aratinze’,


Naho mu ntangiriro y’isi, ’Imana yaremye umugabo n’umugore;


Kuko muri iyo minsi hazaba amakuba atigeze abaho, kuva mu ntangiriro Imana irema isi kugeza ubu ngubu, kandi nta n’ubwo azongera kubaho.


Naho, uwo mugaragu niyibwira ati ’Databuja aratinze’, maze agatangira gukubita abagaragu n’abaja, akarya, akanywa agasinda,


Nuko arapfukama maze atera hejuru ati «Nyagasani, ntubahore iki cyaha.» Ngo amare kuvuga ibyo, araca.


Usibye mwebwe, ugira ngo hari ahandi twakura amizero, n’ibyishimo, n’ishema rizatubera ikamba imbere y’Umwami wacu Yezu igihe azazira?


mwebwe abategereje kandi mugashaka gutebutsa umunsi w’Imana, umunsi uzatuma ijuru rizimira rigakongokeshwa n’umuriro, n’ibiririmo byose bikazayoka.


Andikira umumalayika wa Kiliziya y’i Lawodiseya, uti «Amen, Umuhamya udahemuka kandi nyakuri, Ishingiro ry’ibyaremwe n’Imana, aravuga ati


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan