Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Petero 2:21 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

21 byajyaga kurutaho kuri bo iyo batamenya inzira y’ubutungane, aho guhita birengagiza itegeko ritagatifu bamenyeshejwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

21 Icyajyaga kubabera cyiza, iyaba batigeze kumenya inzira yo gukiranuka, biruta ko basubira inyuma bamaze kuyimenya, bakareka itegeko ryera bahawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

21 Icyajyaga kubabera cyiza ni ukutigera banyura inzira y'ubutungane kuruta kuyinyura, hanyuma bakayita bakanga itegeko ritagira inenge bari barahawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

21 Icyajyaga kubabera cyiza ni ukutigera banyura inzira y'ubutungane kuruta kuyinyura, hanyuma bakayita bakanga itegeko ritagira inenge bari barahawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Petero 2:21
24 Iomraidhean Croise  

Naho abakurikiye inzira zigoramanze, Uhoraho urabigizeyo, kimwe n’abateza abandi ibyago! Amahoro arakaba kuri Israheli!


Uhoraho, twereke impuhwe zawe kandi uduhe agakiza kawe.


Inzira y’ubutungane itanga ubuzima, naho iy’abagome iganisha ku rupfu.


Uruyenzi rw’imvi ni ikamba ry’ikuzo, umuntu arigabanira mu nzira y’ubutungane.


Ariko se niba uwari intungane aretse ubutungane bwe, agakora icyaha akurikiza amahano yose umugiranabi akora, ubwo se murabona yazabaho? Ntibazibuka ukundi ko yakurikizaga ubutabera, ahubwo kubera ubuhemu bwe n’ibyaha yakoze, azapfa.


Nuko mbona ko na we yiyanduje, m’imyifatire yabo bombi ibaye imwe.


Niba umuntu w’intungane ateshutse ku butungane bwe agakora ikibi maze nkamutega umutego, azapfa kuko utamuburiye. Azapfa azize icyaha cye nta no kwibuka ukundi ubutungane yagize, ariko ni wowe nzaryoza amaraso ye.


Ndamutse mbwiye intungane nti ‘Uzabaho’, ariko we kubera kwiringira ubwo butungane bwe agakora ikibi, ubwo butungane bwe ntibuzongera kwibukwa ukundi, ahubwo azapfa azize ikibi icyo ari cyo cyose azaba yakoze.


Nzatsemba abirengagije Uhoraho, batakimushakashaka kandi ntibamugishe inama.


Kuko Yohani yaje abayobora inzira y’ubutungane, maze ntimwamwemera; abasoresha bo n’abakobwa b’ibyomanzi baramwemera. Naho mwebwe mubonye urwo rugero, ntimwarushya mwisubiraho ngo mwemere.


Uwo mugaragu rero wari uzi icyo shebuja ashaka, ntacyiteho ngo agikore uko yari yamutegetse, azakubitwa nyinshi;


Iyo ntaza, byongeye iyo ntagira ijambo mbabwira, nta cyaha bajyaga kugira; ubu rero ntibafite uko bikuraho icyaha cyabo.


Yezu arabasubiza ati «Iyo muba impumyi, nta cyaha mwajyaga kugira. None ubwo mugize ngo ’Turabona’, icyaha cyanyu kigumyeho.


Bityo rero, amategeko ni matagatifu, ndetse itegeko ryose ni ritagatifu, riratunganye kandi ni ryiza.


Nimwakirane imitwaro yanyu, bityo muzaba mwumviye byuzuye itegeko rya Kristu.


Muzi kandi amategeko twabahaye muri Nyagasani Yezu ayo ari yo.


wite ku mategeko, ukomeze kuba umuziranenge n’indakemwa kugeza ku munsi w’Ukwigaragaza kw’Umwami wacu Yezu Kristu.


Tumenye ko, niba dukomeje gucumura tubishaka, kandi twaramenyeshejwe ukuri kose, nta gitambo kindi gisigaye cyo guhongerera ibyaha byacu;


Bityo rero, umuntu ushobora gukora icyiza, ariko ntagikore, aba acumuye.


Nimwibuke amagambo yavuzwe kera n’abahanuzi batagatifu, mwibuke n’amabwiriza mwahawe n’intumwa zaboherejweho, ziyakomora kuri Nyagasani n’Umukiza.


Nkoramutima zanjye, nifuje cyane kubandikira ku byerekeye ugucungurwa twese dusangiye; none nsanze ari ngombwa kubikora, kugira ngo mbashishikarize kurwanira ukwemera kwashyikirijwe burundu abatagatifujwe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan