Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Petero 2:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Hari benshi kandi bazabakurikira muri ubwo buyobe bwabo, maze batume inzira y’ukuri isuzugurika.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Ingeso zabo z'isoni nke benshi bazazikurikiza, batukishe inzira y'ukuri.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Benshi bazakurikiza ingeso zabo ziteye isoni, bitume abantu basebya inzira y'ukuri Imana ibayobora.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Benshi bazakurikiza ingeso zabo ziteye isoni, bitume abantu basebya inzira y'ukuri Imana ibayobora.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Petero 2:2
36 Iomraidhean Croise  

Nuko bahamagara Loti bati «Abo bagabo baje iwawe iri joro bari hehe? Batuzanire tubishimisheho.»


Uhoraho yangiriye ibikwiranye n’ubutungane bwanjye, ampembera ibikorwa byanjye bizira amakemwa.


Aho ngaho hazahangwa inzira, bayite inzira ntagatifu; uwahumanye ntazayinyuramo, kuko izagenerwa umuryango w’Uhoraho, kandi ab’ibipfamutima ntibazahacaracara.


Uhoraho avuze atya: Nimuhagarare ku mihanda mutekereze, mubaririze inzira abasokuruza banyuzemo. Inzira y’amahirwe ni iyihe? None rero, nimuyikurikire, bityo muzabona aho muruhukira. Ariko baravuga bati «Ntituzayikurikira!»


Nuko bamutumaho abigishwa babo n’Abaherodiyani. Baramubaza bati «Mwigisha, tuzi ko uvuga ukuri kandi ukigisha inzira y’Imana nta cyo wikanga, kuko udatinya amaso y’abantu.


Koko hazaduka abiyita Kristu, haze n’abahanuzi b’ibinyoma; bazerekana ibimenyetso bikomeye, bakore n’ibitangaza, byayobya ndetse n’abatowe bibaye ibishoboka.


Mbega ukuntu umuryango ugana mu bugingo ufunganye, n’inzira ijyayo ikaba impatanwa, maze bikabonwa na bake!


Baraza baramubwira bati «Mwigisha, tuzi ko uvuga ukuri nta cyo wikanga, kuko udatinya amaso y’abantu, ahubwo wigisha inzira y’Imana mu kuri. Ese gutanga umusoro wa Kayizari biremewe, cyangwa se ntibyemewe? Tujye tuwutanga cyangwa se twoye kuwutanga?»


Kuko hazaduka abiyita Kristu, haze n’abiyita abahanuzi berekana ibimenyetso, bakore n’ibitangaza byo kuyobya n’abatowe, iyaba byashobokaga.


Yezu aramusubiza ati «Ni jye Nzira, n’Ukuri n’Ubugingo. Nta we ugera kuri Data atanyuzeho.


maze aramubwira ati «Yewe muntu wuzuyemo uburiganya n’amahugu, mwana wa Sekinyoma, mwanzi w’icyitwa ubutungane cyose, uzahereza he gusiba amayira atunganye ya Nyagasani?


Ariko bamwe mu Bayahudi bari banze kwemera, batera imidugararo mu banyamahanga, baboshya kugirira nabi abavandimwe.


Akomeza kudukurikirana twe na Pawulo, asakuza ati «Aba bantu ni abagaragu b’Imana Isumbabyose; barabamenyesha inzira y’umukiro.»


Ubwo atangira kuvugira mu isengero ashize amanga, Purisila na Akwila ngo bamwumve bamujyana iwabo, bamusobanurira kurushaho inzira y’Imana.


Ariko bamwe bakomeje kunangira umutima banga kwemera, bagatuka inzira ya Nyagasani mu ruhame. Pawulo ni ko gutandukana na bo, ajyana n’abigishwa akabigishiriza buri munsi mu ishuri ry’umuntu witwa Tirano.


Natoteje abantu bakurikiraga iyi Nzira kugeza ubwo mbica, mboha abagabo n’abagore mbashyira mu buroko.


Nyamara icyo nemereye imbere yawe, ni uko nkorera Imana y’abasekuruza, nkurikije Inzira aba bita agatsiko k’abayobye, nkaba nemera n’ibyanditswe byose mu Mategeko no mu Bahanuzi.


nk’uko byanditswe ngo: «Izina ry’Imana bararituka mu mahanga ku mpamvu yanyu».


Ndashaka rero ko abapfakazi bakiri bato bakongera gushyingirwa, bakabyara abana, bakagenga ingo zabo, bityo ntibahe umwanzi urwaho ngo abambike urubwa.


banabatoze kwitonda, kwirinda ingeso mbi, kwita ku by’ingo zabo, kugwa neza, no kumvira abagabo babo, kugira ngo ijambo ry’Imana bataritukisha.


cyangwa mu magambo aboneye kandi adahinyuka; bityo umubisha azabure ikibi yatuvugaho, maze amware.


Nimugire imyifatire myiza imbere y’abatemera Imana nyakuri, kugira ngo n’ubwo babasebya nk’aho muri abagiranabi, bazamurikirwe n’ibikorwa byanyu, maze basingize Imana ku munsi izaziraho.


Ariko abo bantu, bakoreshwa na kamere yabo nk’inyamaswa zitagira ubwenge, zivukira gufatwa mu mutego no kubora, bagatuka ibyo batazi, bazabora nk’izo nyamaswa nyine;


Bitaruye inzira iboneye, bayoba bakurikira inzira ya Balamu mwene Bewori wemeye gushukwa n’igihembo cy’ubugome,


Koko rero, bungikanya ibigambo bitagira shinge na rugero, maze ibyifuzo bibi by’umubiri bigatuma bashukashuka abari bakimara kwitandukanya n’abantu bakiri mu mafuti.


byajyaga kurutaho kuri bo iyo batamenya inzira y’ubutungane, aho guhita birengagiza itegeko ritagatifu bamenyeshejwe.


Irongera irokora intungane Loti, wari washavujwe n’imibereho y’abo bagome b’ibyomanzi;


Nyamara abo bantu bo, icyo batazi baragituka; n’ibyo bazi kandi ku buryo bw’inyamaswa itazi ubwenge, nta kindi bibamarira usibye kuboreka.


kugira ngo acire abantu bose urubanza, maze ahane abagomeramana base abaziza ibikorwa byabo bibi, n’amagambo agayitse abanyabyaha batiyubaha bavuze, barwaya Imana.»


Koko, mwasesewemo n’abantu banditsweho ubucibwe kuva kera kose; ni abagomeramana bahindanya ineza y’Imana, bakigira ibyomanzi, kandi bakihakana Umutegetsi wacu umwe rukumbi, Umwami wacu Yezu Kristu.


Naho abaturage ba Sodoma na Gomora, n’abo mu migi iyikikije, bohotse kuri ubwo buryo mu busambanyi kandi bakishimisha ku yindi mibiri itaberanye n’umuntu, bahanishwa igihano cy’umuriro w’iteka, cyabaye akarorero ku bantu bose.


Cya kiyoka nyamunini kirahananturwa: ya Nzoka ya kera na kare, ari yo bita «Sekibi na Sekinyoma», wa wundi uyobya isi yose. Nuko gihananturirwa ku isi hamwe n’Abamalayika bacyo.


Bityo kiyobya abatuye isi kubera ibyo bitangaza cyari cyahawe gukora mu maso y’Igikoko cya mbere; kibwira abatuye isi kwimika ishusho yubahiriza cya Gikoko cyari cyakomerekejwe n’inkota, none kikaba ari gitaraga.


Nuko abatuye isi bose baragisenga, abo bose kuva isi yahangwa, bafite amazina atanditswe mu gitabo cy’ubugingo cya Ntama wishwe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan