Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Petero 2:14 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

14 Amaso yabo yatwawe n’ubusambanyi gusa, ntibahage ibyaha; bagashukashuka bene imitima idafashe; bakaba aba mbere mu kurarikira ibibi, bityo bakaba ibyohe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

14 Amaso yabo yuzuye ubusambanyi ntahaga ibyaha, bashukashuka ab'imitima idakomeye bafite imitima yamenyerejwe kurarikira ibibi, ni abo kuvumwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

14 Batwawe umutima n'abagore gito kandi ntibahwema gukora ibyaha, n'abadakomeye babagusha mu mutego. Bazobereye mu kurarikira ibintu. Ni ibivume!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

14 Batwawe umutima n'abagore gito kandi ntibahwema gukora ibyaha, n'abadakomeye babagusha mu mutego. Bazobereye mu kurarikira ibintu. Ni ibivume!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Petero 2:14
28 Iomraidhean Croise  

Niba narayobye inzira nyayo, umutima wanjye ugatomerera aho amaso awujyanye, none nkaba narahindanye ibiganza,


Niba umutima wanjye warararukiye umugore w’undi, ngahora ndekereje ku rugi rw’umuturanyi,


Aho kugira ngo ashake inzira igana ubuzima, arorongotana aho atazi.


Ntuzararikire uburanga bwe mu mutima wawe, kandi ntuzemere ko akwicira ijisho,


Nimwiyuhagire, mwisukure, nimumvane imbere ibikorwa bibi byanyu, kandi muherukire aho kugira nabi!


Uhoraho avuze atya : Inkota yanjye yo mu ijuru, narayuhiye irahaga, none ngiyo imanukiye kuri Edomu, kuri icyo gihugu natanze ngo kirimburwe.


Ntihazongera gupfa uruhinja rw’iminsi mike, cyangwa se umusaza utagejeje ku gihe cye; kuko uzapfa ari muto, azaba amaze nibura imyaka ijana, utazagera ku myaka ijana azaba yaravumwe.


Umwirabura ashobora se guhindura uruhu rwe, cyangwa urusamagwe rugahindura ubwoya bwarwo? Naho se mwebwe mumenyereye ikibi, mushobora se gukora icyiza?


Uzababwire uti «Nyagasani Uhoraho aravuze ngo biyimbire abo bagore badoda ibipfuko byo ku bikonjo, bakaboha ibitambaro byo gupfuka imitwe y’abantu b’ikigero icyo ari cyo cyose, kugira ngo babonereho uburyo bwo kubayobya! Murayobya se abantu bo mu muryango wanjye, ngo mukunde mukize ubugingo bwanyu bwite?


Mwa nyoko mbi z’impiri mwe, mwashobora mute kuvuga amagambo meza kandi muri babi? N’ubundi akuzuye umutima gasesekara ku munwa!


Hanyuma azabwire n’ab’ibumoso, ati ’Nimumve iruhande, mwa bivume mwe, mujye mu muriro w’iteka wagenewe Sekibi n’abamalayika be;


jyeweho, mbabwiye ko ureba umugore akamwifuza, mu mutima we aba yamusambanyije.


Kuko hazaduka abiyita Kristu, haze n’abiyita abahanuzi berekana ibimenyetso, bakore n’ibitangaza byo kuyobya n’abatowe, iyaba byashobokaga.


Mwashobora mute kwemera, kandi buri wese amaranira guhabwa ikuzo na mugenzi we, mudashaka ikuzo mwahabwa n’Imana yonyine?


Bene abo ntibakorera Kristu Umwami wacu, ahubwo inda yabo, maze amagambo yabo y’uburyarya n’ubucakura akayobya imitima itagira iribi.


wagira ngo ni ngombwa ko muri mwe habamo amakimbirane, kugira ngo ababakomeyemo bigaragaze.


Kandi natwe twese kera twari tumeze nka bo, dukurikira irari ry’umubiri wacu, dukora gusa ibyo umubiri ushaka n’ibyifuzo byawo bibi; yewe, ku bwacu twari twikururiye uburakari bw’Imana kimwe na bo.


Ubwo rero ntituzaba tukiri abana basabayangwa, maze ngo twangaranwe n’umuyaga ubonetse wose w’inyigisho ziturutse ku buhendanyi bw’abantu no ku buriganya bwabo bubayobya.


Ntihakagire kandi ababavutsa amahoro bakurikiza utugenzo tudafite akamaro, bagasenga abamalayika, bakirata ko babonekewe, bakurikije ibitekerezo byabo by’amanjwe.


umuntu w’imberabyombi, uhindagurika mu nzira ze zose.


Koko rero, bungikanya ibigambo bitagira shinge na rugero, maze ibyifuzo bibi by’umubiri bigatuma bashukashuka abari bakimara kwitandukanya n’abantu bakiri mu mafuti.


Ubugugu bwabo buzabatera kubashakaho inyungu, babarye imitsi, babashukisha akarimi keza. Nyamara kuva kera urubanza rwabo rwaraciwe, n’ubucibwe bwabo ntiburi kure.


Ni na cyo avuga mu mabaruwa ye yose, aho asiganura ibyo: icyakora harimo bimwe biruhije kumvikana, ugasanga abantu b’abaswa n’injiji babitwara uko bitari, nk’uko babigenza no ku Byanditswe bindi, bityo bakikururira ubucibwe.


kuko ibiri ku isi byose, nk’irari ry’umubiri, n’irari ry’amaso, n’umwirato w’ubukungu, bidakomoka ku Mana, ahubwo bikomoka ku isi.


Bariyimbire, kuko bakurikiye inzira ya Kayini; inyungu ikabashuka, bakagwa mu buyobe bwa Balamu, kandi bakarimbuka kuko bivumbagatanyije nka Kore.


Cya kiyoka nyamunini kirahananturwa: ya Nzoka ya kera na kare, ari yo bita «Sekibi na Sekinyoma», wa wundi uyobya isi yose. Nuko gihananturirwa ku isi hamwe n’Abamalayika bacyo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan