Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Petero 2:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 abo aheraho mbere na mbere, ni abatwarwa n’irari ribi ry’umubiri, maze bagahinyura ubutegetsi bw’Imana. Abo biyemera, bagashira isoni, ntibatinya no gutuka Abakujijwe;

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 ariko cyane cyane abagenda bakurikiza kamere, bamazwe no kurarikira ibyonona bagasuzugura gutegekwa. Ni abantu bahangāra nta cyo batinya, ni ibyigenge ntibatinya no gutuka abanyacyubahiro,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Cyane cyane hazahanwa abakurikiza irari baterwa na kamere yabo yandavuye, bagasuzugura ubutegetsi ubwo ari bwo bwose. Abo bigishabinyoma barahangara cyane kandi barasuzugura. Ntibubaha ibyitwa ibinyakuzo byo mu ijuru, ahubwo barabisebya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Cyane cyane hazahanwa abakurikiza irari baterwa na kamere yabo yandavuye, bagasuzugura ubutegetsi ubwo ari bwo bwose. Abo bigishabinyoma barahangara cyane kandi barasuzugura. Ntibubaha ibyitwa ibinyakuzo byo mu ijuru, ahubwo barabisebya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Petero 2:10
38 Iomraidhean Croise  

Umutima wanjye ntukajye mu migambi yabo, sinkifatanye n’amateraniro yabo; kuko bishe abantu mu burakari bwabo, maze mu burahuke bwabo bagatema ibitsi by’amapfizi!


Aho hakaba umuntu w’igipfamutima witwa Sheba mwene Bikuri, Umubenyamini. Avuza ihembe, maze aravuga ati «Nta mugabane dufitanye na Dawudi, nta n’umurage dusangiye na mwene Yese! Bayisraheli mwese, buri muntu najye mu mahema ye!»


Israheli yose ibonye ko umwami atayumvise, imbaga y’abantu imusubiza muri aya magambo iti «Dufite mugabane ki kwa Dawudi? Nta murage dusangiye na mwene Yese. Israheli, isubirire mu mahema yawe! None rero Dawudi, wimenyere inzu yawe!» Nuko Israheli isubira mu mahema yayo.


Uhoraho nazibe akanwa k’abanyabinyoma, n’ak’abaryoshya akarimi bose,


Uzaze kuntura bidatinze ibingenewe mu musaruro wawe n’umutobe w’imizabibu yawe. Uzanture imfura mu bahungu bawe;


Ntuzigere uvuma umwami, haba no mu bitekerezo; nuba unaryamye mu nzu yawe ntuzavume umukire, kuko n’akanyoni ko mu kirere kagutwara ijambo, rigatangira kuguruka nta mababa.


None rero, bantu b’aya magingo, nimwumve ijambo ry’Uhoraho: Israheli se naba nayibereye ubutayu, cyangwa igihugu cy’umwijima? Ni iki se gituma umuryango wanjye uvuga uti «Tuzigira aho dushaka, ntituzakugarukira ukundi?»


Ariko umuntu ukoze icyaha yabigambiriye, yaba umunyagihugu kavukire cyangwa umunyamahanga, aba atutse Uhoraho. Uwo muntu azacibwa mu muryango we,


Yahagera igasanga ikubuye, iteguye.


Ariko abaturage be baramwangaga, maze bamukurikiza intumwa zo kuvuga ngo ’Ntidushaka ko uriya atubera umwami!’


Pawulo arabasubiza ati «Bavandimwe, nta bwo nari nzi ko ari umuherezabitambo mukuru, kuko byanditswe ngo ’Ntugatuke umutware w’umuryango wawe.’»


Ubu ngubu noneho abari muri Kristu Yezu ntibagiciwe.


Mbese ntimuzi ko abadatunganye batazagira umugabane mu Ngoma y'Imana ? Muramenye ntimwishunge ! Ari abasambanyi, ari abasenga ibigirwamana, ari indaya, ari abararikirana nyamara bahuje ibitsina, ari abakora ingeso mbi bose,


Kuba abantu ko turi abantu, ariko ntitukirwana ibi bisanzwe by’abantu.


bataye isoni maze biroha mu busambanyi, bigeza aho batwarwa n’ingeso mbi zose nta cyo bikanga.


Koko rero mubimenye neza: nta musambanyi, cyangwa uwandavuye, cyangwa umunyabugugu — we uhindura iby’isi ikigirwamana cye —, abo bose, nta wuzagira umugabane mu Ngoma ya Kristu n’Imana.


Nimucike rero ku bibarimo byose bibatera gutwarwa n’iby’isi, nk’ubwiyandarike n’ubusambanyi, ingeso mbi n’irari ribi, ibyifuzo bibi n’ubugugu butuma musenga ibintu nk’ibigirwamana!


Koko rero, Imana ntiyaduhamagariye kwandavura, ahubwo yaduhamagariye kuba intungane.


Koko hazagwira abantu bikunda ubwabo, n’abafite inyota nyinshi y’ibintu, n’abirasi, n’abikuza, n’abanyarubwa, n’ibyigomeke ku babyeyi, n’indashima, n’inkorashyano,


Koko rero, umwepiskopi, kubera ko ari umugabuzi w’ibintu by’Imana, agomba kuba indakemwa, ntabe umwirasi n’umunyamwaga, ntabe umunywi n’indwanyi, ntabe n’umuntu ukurikiranye inyungu itanyuze mu mucyo,


Ugushyingirwa nikubahwe na bose, n’uburiri bw’abashakanye buzire inenge, kuko Imana izacira urubanza abasambanyi n’inkozi z’ibibi.


Mbere na mbere, mumenye ko mu minsi ya nyuma hazaduka abaneguranyi batagira icyo bemera, bakurikira gusa irari ryabo bwite,


Nyamara abo bantu bo, icyo batazi baragituka; n’ibyo bazi kandi ku buryo bw’inyamaswa itazi ubwenge, nta kindi bibamarira usibye kuboreka.


Ni abo ngaba rero! Ni abantu bijimye, bahora bijujuta; bakabaho bakurikije irari ryabo bwite, bakavuga amagambo y’ubwirasi kandi bagacacura abantu babigirira gusa kuronka inyungu yabo.


Barababwiye bati «Mu bihe bya nyuma hazaduka abantu b’abaneguranyi bazabaho bakurikije ingeso mbi z’ubugomeramana.»


Koko, mwasesewemo n’abantu banditsweho ubucibwe kuva kera kose; ni abagomeramana bahindanya ineza y’Imana, bakigira ibyomanzi, kandi bakihakana Umutegetsi wacu umwe rukumbi, Umwami wacu Yezu Kristu.


Ariko bamwe b’ibiburabwenge baravuga bati «Mbese uyu nguyu azadukiza ate?» Baramusuzugura, ndetse banga no kumuha amaturo. Ibyo ariko Sawuli ntiyabyitaho.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan