Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Petero 1:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Ni cyo gituma rero, bavandimwe, mugomba kwiyongeramo imbaraga kugira ngo mukomere ku ihamagarwa ryanyu n’ubutore bwanyu; nimubigenza mutyo, nta bwo muzigera mugwa bibaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Ni cyo gituma bene Data, mukwiriye kurushaho kugira umwete wo gukomeza guhamagarwa no gutoranywa kwanyu, kuko nimukora ibyo ntabwo muzasitara na hato,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Ubwo bimeze bityo bavandimwe, mushishikarire kwemeza abantu ibikorwa byanyu kugira ngo bamenye ko muri abo Imana yahamagaye ikabatoranya. Nimugenza mutyo nta kizabavana kuri Kristo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Ubwo bimeze bityo bavandimwe, mushishikarire kwemeza abantu ibikorwa byanyu kugira ngo bamenye ko muri abo Imana yahamagaye ikabatoranya. Nimugenza mutyo nta kizabavana kuri Kristo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Petero 1:10
31 Iomraidhean Croise  

Nta bwo azigera ahungabana bibaho, azasiga urwibutso rudasibangana.


Ntazareka intambwe zawe zidandabirana, umurinzi wawe ntasinziriye.


Iyo agurije undi, ntamutegaho urwunguko, ntiyemera ruswa ngo arenganye utacumuye. Ugenza atyo wese, azahora ari indatsimburwa.


iyo atsikiye ntatembagara, kuko Uhoraho ari we umufashe ukuboko.


Imbere y’Imana yonyine, umutima wanjye ni ho ugubwa neza; agakiza kanjye, ni yo gakomokaho.


Mutima wanjye, shakira amahoro iruhande rw’Imana yonyine, kuko amiringiro yanjye yose ari yo akomokaho.


Arahirwa umuntu ubigenza atyo, mwene muntu ubikomeraho, akubahiriza isabato, ntayice, akirinda gukora ikibi icyo ari cyo cyose.


Sigaho kunkina ku mubyimba, mwanzi wanjye! Niba naguye nzabyuka, niba kandi ndi mu mwijima, Uhoraho azambera urumuri.


Koko hahamagarwa benshi, hagatorwa bake.»


Koko rero igihe Imana imaze gutanga no gutora, ntiyisubiraho.


Nyamara ishingiro rihamye Imana yashyizeho riracyakomeye kandi rizahoraho, rikarangwa n’aya magambo aryanditsweho ngo «Imana izi abayo.» kandi ngo «Abambaza izina ry’Uhoraho bose nibitarure ikibi


Cyakora, icyo twifuza ni uko buri wese yakomeza iryo shyaka rizamugeza ku ndunduro y’ibyo yizeye.


Ayo mizero ni nk’inkingi umutima wacu wegamiye, kandi akaba ari yo atugeza hirya y’umubambiko,


Koko rero, umuntu ukurikiza Itegeko ryose, ariko agateshuka ku ngingo yaryo imwe gusa, aba akwiye guhanwa nk’uwayishe yose,


Bagarutse kwa Yozuwe, baramubwira bati «Si ngombwa ko rubanda rwose bazamuka! Abantu ibihumbi bibiri cyangwa bitatu, nibazamuke batere Hayi! Wikwirirwa urushya rubanda rwose, kuko abahatuye ari bake cyane.»


mukaba ari mwebwe Imana Data yatoranije bikurikije umugambi wayo, ikabatagatifurisha Roho kugira ngo mujye mwumvira Yezu Kristu kandi musukurwe n’amaraso ye: ineza n’amahoro nibibasenderemo!


mwebwe abo ububasha bw’Imana buragirishije ukwemera, kugeza ubwo umukiro wabateguriwe uzigaragariza mu bihe byagenwe by’imperuka.


Koko ni We watugabiye mu bubasha bwe bwahebuje ibyo twagombaga byose byerekeye ubugingo n’ubusabaniramana, igihe atumenyesheje Uwaduhamagarishije ikuzo rye n’imbaraga ze bwite.


Kubera iyo mpamvu nyine, nimushyireho imbaraga zanyu zose kugira ngo ukwemera kwanyu mukongereho imigenzo myiza, imigenzo myiza muyongereho ubumenyi,


Ni yo mpamvu, nkoramutima zanjye, mu gihe mugitegereje ibyo, mugomba gukora uko mushoboye kose kugira ngo Nyagasani azabasange mu mahoro, muri abaziranenge n’inyangamugayo.


Nuko rero, nkoramutima zanjye, dore mwe muraburiwe: muramenye, hato mutazashukwa n’abagomeramana biyobeje, maze mugateshuka ku mizero yanyu.


Imana imwe rukumbi n’Umukiza wacu, ibarinde icyabagusha icyo ari cyo cyose, ibahingutse mu byishimo muri abaziranenge imbere y’ikuzo ryaro,


Hahirwa abamesa amakanzu yabo, kugira ngo bagire uburenganzira ku giti cy’ubugingo, kandi ngo binjire mu murwa banyuze mu marembo yawo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan