Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Yohana 2:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Dore icyo tumenyeraho ko tumuzi: ni uko dukurikiza amategeko ye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Iki ni cyo kitumenyesha yuko tumuzi, ni uko twitondera amategeko ye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Icyo tumenyeraho ko tuzi Imana ni uko dukurikiza amategeko yayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Icyo tumenyeraho ko tuzi Imana ni uko dukurikiza amategeko yayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Yohana 2:3
26 Iomraidhean Croise  

Inzira y’amatangazo yawe irambangukiye, kuko waguye umutima wanjye.


Ubwo rero sinzagira isoni zo kurangamira amategeko yawe yose.


Nyuma y’iyo mibabaro yose, azabona urumuri, azanezerwe; namara kumenyekana ko ari intungane, azageza benshi ku butungane. Umugaragu wanjye azakiranura imbaga y’abantu, kuko yikoreye ubwe ibicumuro byabo.


Ni iki gituma mumpamagara ngo ’Mwigisha! Mwigisha!’ kandi mudakora ibyo mbabwira?


Niba munkunda koko, muzubaha amategeko yanjye.


Nimwubaha amategeko yanjye, muzaguma mu rukundo rwanjye, nk’uko nanjye nubaha amategeko ya Data, maze nkaguma mu rukundo rwe.


Muba muri incuti zanjye, igihe mukora icyo mbategetse.


Ubwo bugingo bw’iteka ni ukukumenya, wowe Mana imwe y’ukuri, no kumenya uwo watumye Yezu Kristu.


Kuko Imana yivugiye iti «Urumuri nirwakire mu mwijima». ni Yo ubwayo yamurikiye mu mitima yacu, ngo tumenye ikuzo ryayo ribengerana ku ruhanga rwa Kristu.


maze aho amariye kuba intagereranywa, abamwumvira bose abaviramo isoko y’ubucungurwe bw’iteka.


Namwe babyeyi, ndabandikiye kuko mwamenye Uriho kuva mu ntangiriro. Rubyiruko namwe ndabandikiye, kuko mwatsinze Sekibi.


Twebwe tuzi ko twambutse, tuva mu rupfu tukajya mu bugingo, kuko dukunda abavandimwe bacu. Udakunda, yapfuye ahagaze.


Ni ibyo tuzamenyeraho ko turi ab’ukuri, maze tuzabonereho guhesha ituze umutima wacu imbere y’Imana;


Umuntu wese ugumye muri We, ntiyongera gucumura ukundi. Naho ucumura wese ntiyamubonye kandi ntiyamumenye.


Aho tumenyera ko turi mu Mana, na Yo ikatubamo, ni uko yaduhaye kuri Roho wayo.


Nkoramutima zanjye, nidukundane, kuko urukundo rukomoka ku Mana, kandi umuntu wese ukunda aba yarabyawe n’Imana, akanayimenya.


Tuzi yuko turi ab’Imana, naho ab'isi bose bakagengwa na Sekibi.


Dore icyo tumenyeraho ko dukunda abana b’Imana: ni uko dukunda Imana kandi tugakurikiza amategeko yayo.


Dore gukunda Imana icyo ari cyo: ni uko twakurikiza amategeko yayo. Kandi amategeko yayo ntavunanye,


Kubera uburakari cyari gifitiye uwo Mugore, icyo Kiyoka kijya kurwanya abasigaye mu bamukomokaho, abubahiriza amategeko y’Imana kandi bagakomera ku buhamya bwa Yezu.


Igihe kirageze cyo kugaragaza ubwiyumanganye bw’abatagatifujwe, bakomeye ku mategeko y’Imana no ku kwemera muri Yezu.


Hahirwa abamesa amakanzu yabo, kugira ngo bagire uburenganzira ku giti cy’ubugingo, kandi ngo binjire mu murwa banyuze mu marembo yawo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan