Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 9:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Sawuli abwira umugaragu we, ati «Ngaho tujyeyo, ariko se uwo muntu turamutura iki? Dore nta migati isigaye mu mifuka yacu, kandi nta n’ikindi dufite twatura uwo muntu w’Imana. Turamuha iki rero?»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Sawuli abaza umugaragu we ati “Ariko se nitujyayo turamutura iki, ko impamba ishize mu nkangara zacu kandi tukaba tudafite impano yo gushyira uwo muntu w'Imana? Mbese dufite iki?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Sawuli aramubwira ati: “Ngaho tujyeyo. Ariko se turamutura iki ko n'impamba yacu yashize, tukaba nta kintu na busa dusigaranye twamuhaho impano?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Sawuli aramubwira ati: “Ngaho tujyeyo. Ariko se turamutura iki ko n'impamba yacu yashize, tukaba nta kintu na busa dusigaranye twamuhaho impano?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 9:7
10 Iomraidhean Croise  

Umwami abwira umuntu w’Imana, ati «Ngwino iwanjye mu rugo, nkugaburire kandi nguhe ingororano.»


Witwaze imigati cumi, udutsima tundi n’ikibindi cy’ubuki, umusange; na we azakubwira uko uyu mwana azamera.»


Haza umuntu aturutse i BehaliShalisha, azanira umuntu w’Imana ibiryo by’umuganura: byari imigati makumyabiri y’ifu y’ingano n’umufuka umwe wuzuye ingano zigisarurwa. Elisha aravuga ati «Nimubigaburire abantu barye!»


Nahamani asubira ku muntu w’Imana, abantu be bamushagaye. Agezeyo arinjira, amuhagarara imbere, maze aramubwira ati «Noneho menye ko nta Mana iriho ku isi hose, keretse muri Israheli. Ndakwinginze, emera wakire ituro jyewe umugaragu wawe ngutuye.»


Umwami wa Aramu aramubwira ati «Genda! Ndandikira umwami wa Israheli ibaruwa.» Nahamani aragenda, ajyana amatalenta cumi ya feza, amasikeli ibihumbi bitandatu ya zahabu, n’imyambaro cumi yo kujya ahindura.


Umwami abwira Hazayeli, ati «Fata amaturo maze uyashyire umuntu w’Imana, umunsabire kumbariza Uhoraho niba nzakira iyi ndwara.»


Hazayeli ajya kureba Elisha, ajyana amaturo avuye mu byiza byose biri i Damasi, ayo maturo yari imizigo ihetswe n’ingamiya mirongo ine. Amugezeho amuhagarara imbere, maze aramubwira ati «Umwana wawe Beni‐Hadadi, umwami wa Aramu, akuntumyeho ngo nkubaze niba azakira indwara arwaye.»


Muransuzuguza imbere y’umuryango wanjye, kubera amashyi y’ingano za bushoki n’utumanyu tw’umugati muhabwa; mwicisha abantu batagombaga gupfa, mukareka abatagomba kubaho; byongeye kandi mukabeshya umuryango wanjye wumva ibinyoma byanyu.


Ndagusabye ngo ntutirimuke hano, kugeza ubwo ngaruka nkuzaniye ituro, maze no kurihereza imbere yawe.» Uhoraho aramubwira ati «Ndaguma aha kugeza ubwo uri bugaruke.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan