Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 9:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Umugaragu aramusubiza ati «Muri uriya mugi hari umuntu w’Imana kandi arubashywe, n’ibyo avuze byose birigaragaza. None rero, reka tujyeyo, ahari yagira icyo atubwira kuri ururugendo rwacu.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Na we aramubwira ati “Muri uyu mudugudu harimo umuntu w'Imana, kandi ni umuntu wubahwa, ibyo avuga byose bijya bisohora rwose. None tujyeyo ahari yadusobanurira iby'uru rugendo rwacu turimo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Umugaragu aramusubiza ati: “Muri uriya mujyi hari umuntu w'Imana akaba n'umugabo w'ikirangirire, ibyo avuze byose biraba. Reka tujye kumureba, wenda yaturangira icyerekezo twashakiramo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Umugaragu aramusubiza ati: “Muri uriya mujyi hari umuntu w'Imana akaba n'umugabo w'ikirangirire, ibyo avuze byose biraba. Reka tujye kumureba, wenda yaturangira icyerekezo twashakiramo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 9:6
16 Iomraidhean Croise  

Uyu munsi nageze ku iriba ndavuga nti ’Uhoraho, Mana ya databuja Abrahamu, niba urugendo ndimo warugize ruhire,


Umwami yongera kubwira Sadoki umuherezabitambo, ati «Ngaho munyumve! Musubire mu mugi amahoro wowe na Abiyatari, kandi Ahimasi na Yonatani, abo bahungu banyu bombi muzaba muri kumwe.


Mu gihe Yerobowamu yatwikiraga ibitambo ku rutambiro, haza umuntu w’Imana avuye muri Yuda, aza i Beteli, azanywe n’ijambo ry’Uhoraho.


Elisha, umuntu w’Imana, amaze kumenya ko umwami wa Israheli yashishimuye imyambaro ye, amutumaho agira ati «Ni iki cyatumye ushishimura imyambaro yawe? Nyoherereza Nahamani uwo, maze azamenye ko muri Israheli hari umuhanuzi!»


Umuntu w’Imana aramubaza ati «Iguye he?» Arahamwereka. Elisha atema agashami ku giti, akajugunya mu mazi, ishoka irareremba.


Niba hari umuntu waba atinya Uhoraho, Uhoraho amwereka inzira agomba kunyura.


Mpaye agaciro gakomeye ijambo ry’umugaragu wanjye, umugambi w’intumwa zanjye nywuzuze. Ku byerekeye Yeruzalemu ndavuze nti «Niturwe», n’imigi ya Yuda nti «Niyongere yubakwe, ibyasenyutse nzabisana.»


Ijuru n’isi bizashira, ariko amagambo yanjye ntazashira.


Uyu ni wo mugisha Musa, umuntu w’Imana, yasabiye Abayisraheli, mbere y’uko apfa.


Yemwe, uko twifashe hagati yanyu, tubabera intungane, intabera n’indahinyuka, mwebwe abemera mushobora kubihamya, ndetse n’Imana ubwayo.


mujye mububahana urukundo rwinshi, kubera ibyo babakorera. Namwe ubwanyu mubane mu mahoro.


Naho wowe, muntu w’Imana, ibyo bintu ubihe akato; ahubwo ujye uharanira ubutungane, ubusabaniramana, ukwemera, urukundo, ubwiyumanganye n’ubugwaneza.


Haza umuntu w’Imana kureba Heli, aramubwira ati «Dore uko Uhoraho avuze: Cyo ye! Nigaragarije umuryango wa so igihe wari mu Misiri utegekwa n’umuryango wa Farawo.


Umugaragu yongera kumusubiza, ati «Mfite hano feza nkeya, ingana n’igice cya kane cya sikeli, ndayitura umuntu w’Imana, maze atubwire ibyerekeye urugendo rwacu.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan