Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 8:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Ibyo bibabaza cyane Samweli, ubwo bavugaga bati «Twimikire umwami ajye atuyobora.» Nuko Samweli atakambira Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Ariko iryo jambo ribabaza Samweli ubwo bavugaga bati “Uduhe umwami wo kujya aducira imanza.” Nuko Samweli abitura Uwiteka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Ibyo ntibyanezeza Samweli, maze asenga Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Ibyo ntibyanezeza Samweli, maze asenga Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 8:6
18 Iomraidhean Croise  

Umubano mwiza nabagiriye bawitura ibirego, nyamara jyewe nkavuga amasengesho mbasabira.


Musa abwira Aroni, ati «Uyu muryango wakugenje ute kugira ngo wemere kuwukoresha igicumuro gikomeye?»


None rero, ubabarire igicumuro cyabo, bitabaye ibyo unsibanganye mu gitabo wanditse!»


Umwami wawe se ari hehe ngo aze agukize? Abacamanza bawe bari mu migi yose, bo bagiye hehe? Nyamara ni bo wifuzaga, ubwo wavuze uti «Nimunshyirireho umwami n’abatware!»


Musa ararakara cyane, maze abwira Uhoraho, ati «Ntiwakire ituro ryabo. Nta n’indogobe yabo nigeze mfata. Nta n’umwe muri bo nagiriye nabi.»


Bikubita hasi, maze bubika umutwe ku butaka bavuga bati «Mana, Mana, wowe uha umwuka ikiremwa cyose, umuntu umwe aracumura maze ukarakarira ikoraniro ryose!»


Ntimugire ikibahagarika umutima, ahubwo nimumenyeshe Imana icyo mukeneye cyose, muyisenga, muyinginga, munayishimira.


Niba muri mwe hari ubuze ubuhanga, abusabe Imana izabumuha, Yo iha bose ku buntu kandi itagombye kugondozwa.


Ariko none mwebwe mwaretse Imana yanyu, Yo ibakiza mu byago byanyu no mu mibabaro yanyu yose, maze muravuga muti ’Ahubwo twimikire umwami.’ None rero, nimwiyereke Uhoraho, mukurikije imiryango n’amazu mukomokamo.»


Ariko aho muboneye Nahashi, umwami w’Abahamoni abateye, murambwira muti ’Reka da! Nihabeho umwami, azatuyobore!’ Nyamara Uhoraho Imana yanyu, ni we mwami wanyu.


Mbese ubu si igihe cy’isarura ry’ingano? Ngiye gusaba Uhoraho ahindishe inkuba, agushe imvura, maze mumenyereho ko ububi bwanyu bwabaye bwinshi imbere y’Uhoraho, ubwo mwasabaga umwami.»


Rubanda babwira Samweli, bati «Twingingire Uhoraho, Imana yawe, twoye gupfa, kuko ku byaha byacu twongereyeho icyo kwisabira umwami.»


Naho ku binyerekeyeko, nti bikabeho ko ncumura kuri Uhoraho, nkarorera kubasabira. Nzabayobora inzira nziza kandi itunganye.


«Ndicuza icyatumye mpa Sawuli ubwami, kuko yantengushye ntakurikize amategeko yanjye.» Nuko Samweli biramubabaza cyane, arara atakambira Uhoraho ijoro ryose.


Samweli arababwira ati «Mukoranyirize Abayisraheli bose i Misipa: nanjye uwo munsi nzabatakambira kuri Uhoraho.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan