Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 8:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Ariko abahungu be ntibakurikize amatwara ye, ahubwo bashukwa n’inyungu, bakakira ruswa mu manza kandi bakarenga ku mategeko.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Ariko abahungu be ntibagendana ingeso nk'ize, ahubwo bakiyobagiriza gukunda ibintu, bagahongerwa, bagaca urwa kibera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Icyakora ntibakurikizaga se, bishakiraga inyungu, bakarya ruswa kandi bakagaca urwakibera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Icyakora ntibakurikizaga se, bishakiraga inyungu, bakarya ruswa kandi bakagaca urwakibera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 8:3
18 Iomraidhean Croise  

Abusalomu akavuga ati «Yemwe, iyo njya kuba umucamanza muri iki gihugu, ni jye abafite imanza bose baba basanga, maze nkabacira imanza zitabera!»


Iyo agurije undi, ntamutegaho urwunguko, ntiyemera ruswa ngo arenganye utacumuye. Ugenza atyo wese, azahora ari indatsimburwa.


Dore ibiganza byabo birarangwa n’ishyano bakoze, n’ukuboko kwabo kw’indyo gucigatiye za ruswa.


Ahasigaye, utoranye muri rubanda rwose abantu b’inyangamugayo kandi batinya Imana, abantu b’intabera kandi batikanyiza; maze ubagire abatware bategeka abantu igihumbi, n’abatware bategeka abantu ijana, n’abatware bategeka abantu mirongo itanu, n’abatware bategeka abantu cumi.


Ntuzayobagize uburenganzira bw’umukene mu rubanza rwe.


Ntuzemere guhabwa ruswa, kuko ruswa ihuma amaso y’ababona ukuri, maze igatsindisha intungane mu rubanza.


azaba se ari umunyabuhanga cyangwa umusazi? Nyamara, azegukana ibyo nagokeye ku isi byose, n’ubuhanga bwose nabikoranye; ibyo na byo ni ugukorera ubusa.


Abatware bawe ni abagome n’ibyitso by’abajura, bakunda amaturo, bose bagakurikirana ruswa; ntibarenganura imfubyi kandi ntibumva amaganya y’umupfakazi.


— Ni umuntu ukurikiza ubutabera, akavuga ukuri, ni umuntu wanga amahugu, akigizayo abamushukisha amaturo, akica amatwi ngo atumva amagambo y’ubwicanyi, agahumbya amaso kugira ngo atareba ikibi.


Abatware bayo baraca imanza ari uko babonye ruswa, abaherezabitambo bayo barigishiriza kuronka inyungu, abahanuzi bayo barahanura ari uko bahawe feza. Kandi bagatinyuka kwishingikiriza Uhoraho, bavuga bati «Uhoraho ari muri twe, icyago ntikizatugwirira!»


Ntuzagoreke imanza, ntuzite ku cyubahiro cy’umuntu, ntuzakire ruswa, kuko ruswa ihuma amaso abanyabwenge, ikaburizamo imanza z’intungane.


ntabe umunywi cyangwa umunyamahane, ahubwo agahorana ineza, akazira gushotorana kandi ntabe umunyabugugu.


Ni koko, umuzi w’ibibi byose ni irari ry’imari. Kubera ko bamwe bayohotseho, byatumye bitandukanya n’ukwemera, maze umutima wabo ushengurwa n’imibabaro itabarika.


None rero, nguyu umwami uzabajya imbere. Jye dore ndashaje, maze kumera imvi, n’abahungu banjye muri kumwe. Muzi ko nabagendaga imbere, guhera mu buto bwanjye kugera uyu munsi.


Nuko nitorere umuherezabitambo nyawe, uzakurikiza uko umutima wanjye ushaka n’icyo nifuza. Nzamwubakira inzu ihamye, kandi ahore anogeye uwo nzaba narasize amavuta.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan