Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 7:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Nuko bateranira i Misipa, bavoma amazi bayanyanyagiza imbere y’Uhoraho. Uwo munsi basiba kurya maze baravuga bati «Twacumuye kuri Uhoraho.» Nuko Samweli acira Abayisraheli imanza aho ngaho i Misipa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Nuko bateranira i Misipa, bavoma amazi bayabyarira imbere y'Uwiteka. Uwo munsi biyiriza ubusa baravuga bati “Twacumuye ku Uwiteka.” Maze Samweli acirira Abisirayeli imanza i Misipa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Nuko bakoranira i Misipa, bavoma amazi bayasuka hasi imbere y'Uhoraho, biyiriza ubusa baravuga bati: “Koko twacumuye ku Uhoraho.” Aho ni ho Samweli yatangiriye kuba umurengezi w'Abisiraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Nuko bakoranira i Misipa, bavoma amazi bayasuka hasi imbere y'Uhoraho, biyiriza ubusa baravuga bati: “Koko twacumuye ku Uhoraho.” Aho ni ho Samweli yatangiriye kuba umurengezi w'Abisiraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 7:6
47 Iomraidhean Croise  

Kandi cyitwa na Misipa (bisobanura ngo ’Aho bagenzura’), kuko Labani yavuze ati «Uhoraho azatugenzure, igihe tuzaba tutakibonana.


Yego, twese tuzapfa nta kabuza, kandi nk’uko amazi aseseka hasi ntayorwe, ni na ko uwapfuye Imana itamukura ikuzimu ngo agaruke mu bazima. Naho umwami we nagire icyo ategeka, kugira ngo uwari waciwe adakomeza kuba kure ye.»


nibagutekereza bari muri icyo gihugu bazaba bafungiwemo, bakihana kandi bakagutakambira bari mu gihugu cy’ababatsinze, bavuga bati ’Twaracumuye, turi abanyamafuti, turi ibicibwa’,


Ba batatu banyura mu ngando y’Abafilisiti barwana, bavoma amazi mu iriba riri ku irembo rya Betelehemu, barayajyana, bayashyikiriza Dawudi. We ariko yanga kuyanywa ahubwo ayaturaho Uhoraho ituro riseswa.


Yozafati ashya ubwoba, yiyemeza kugisha inama Uhoraho kandi ategeka Abayuda bose ko basiba kurya.


Ni bwo ubagabije abanzi babo barabashikamira, ariko mu kababaro kabo baragutakira, maze aho uri aho mu ijuru urabumva, kubera impuhwe ugira uboherereza abatabazi, ngo babakure mu nzara z’abanzi babo.


Icyampa ngo induru yanjye igere ku Mana, mu gihe amarira yanjye yisesa imbere yayo.


Koko rero, mu kigwi cy’umugati, ntunzwe n’amaganya, kandi amarira yanjye atemba nk’umugezi.


nuko akaririmbira imbere yabo, agira ati ’Nari naracumuye, nyoba inzira y’ukuri, nyamara nta bwo yampaniye icyaha cyanjye;


«Ni koko, nakinnye mu bikomeye; nabona nsubiza iki? Ahasigaye ni ugupfuka umunwa ngaceceka.


ni yo mpamvu nicujije ibyo navuze, ndabyihannye; dore nicaye mu ivu no mu mukungugu.»


Koko twaracumuye nk’abasekuruza bacu, twaragomye duteshuka inzira!


Amarira arashoka mu maso yanjye, kuko badakurikiza amabwiriza yawe.


Umutima wanjye ufite inyota y’Imana, Imana Nyir’ubuzima; mbese nzajya ryari kureba uruhanga rw’Imana?


Koko rero abapfuye ntibakwibuka; ikuzimu se ni nde wagusingirizayo?


Agakiza kanjye n’ishema ryanjye mbikesha Imana; ni yo rutare rudahangarwa n’ubuhungiro bwanjye.


Koko rero, maze kugutera umugongo, nisubiyeho, narisuzumye none nikubise agashyi, naramwaye, nkorwa n’isoni; ni koko, nari mfite umugayo mu busore bwanjye. None mbonye ingaruka zabyo.»


Mu kwezi kwa cyenda k’umwaka wa gatanu Yoyakimu mwene Yoziya, umwami wa Yuda ari ku ngoma, bahamagaza abantu bose b’i Yeruzalemu n’abo mu migi ya Yuda bazaga i Yeruzalemu, kugira ngo basibe kurya imbere y’Uhoraho.


Ubonye ngo mbe ndafite akaruri k’abagenzi mu butayu, maze ngo ntererane umuryango wanjye njye kuhatura! Bose ni abasambanyi, ni agatsiko k’abagambanyi. (Uhoraho:)


Amaso yanjye yakobowe n’amarira, ndiho ndatengurwa; nacitse intege kuko umwari w’umuryango wanjye yarimbutse, abana b’ibitambambuga n’abakiri ku ibere, bakaba basambagurikira ku bibuga by’umurwa.


Amaso yanjye ararira ubudatuza, kandi nta na rimwe ajya ahwema,


Ikamba ryo ku mutwe wacu riraguye. Mbega ishyano! Turagowe kuko twahemutse!


Ni ko se mwana w'umuntu, ntugiye se kubacira urubanza ? Ngaho bamenyeshe amahano yakozwe n'abakurambere babo.


Baherezabitambo, nimwumve ibi ngibi, nimubitege amatwi namwe, ab’inzu ya Israheli, namwe abo ku rurembo rw’ibwami, mubyumve! Ni mwebwe mwashinzwe guca imanza, nyamara i Misipa mwabereye inkomyi umuryango wanjye, munawubere umutego ku musozi wa Taboru.


Na n’ubu kandi, uwo ni Uhoraho ubivuze, nimungarukire n’umutima wanyu wose, mwigomwe mu byo kurya, murire kandi muganye.


Iri rizababere itegeko ridakuka: Ku munsi wa cumi w’ukwezi kwa karindwi, ari umunyagihugu kavukire cyangwa umunyamahanga ubarimo, mwese muzareke kurya, kandi mwoye kugira umurimo mukora.


Nyamara abo ngabo bazihamya icyaha cyabo n’icya ba sekuru, maze bemere ko bakoze ishyano bakandwanya.


Reka mpaguruke nsange data, mubwire nti: Dawe, nacumuye ku Mana no kuri wowe.


Nuko Abayisraheli batakambira Uhoraho, bavuga bati «Twagucumuyeho, kuko twirengagije Imana yacu, tukayoboka za Behali.»


Abayisraheli binginga Uhoraho, bavuga bati «Twaracumuye muri byose, utugenze uko ubyishakiye; ariko uyu munsi wongere udukize!»


Nuko Umumalayika w’Uhoraho amaze kubwira Abayisraheli bose ayo magambo, imbaga itera hejuru maze bararira.


Abayisraheli ni ko kuzamuka, baganyira Uhoraho kugeza nimugoroba, nuko babaza Uhoraho, bati «Twongere se turwane n’Ababenyamini, abavandimwe bacu?» Uhoraho arabasubiza ati «Nimuzamuke mubatere!»


Imbaga yose y’abana b’Abayisraheli barazamuka bajya i Beteli, bahageze bicara hasi baganyira Uhoraho, kandi uwo munsi basiba kurya kugeza nimugoroba, maze batura ibitambo bitwikwa n’ibitambo by’ubuhoro, imbere y’Uhoraho.


Umwuka w’Uhoraho umwuzuraho, maze ategeka Israheli. Arahaguruka agaba ibitero, maze Uhoraho amugabiza Kushani‐Risheyatayimu, umwami wa Aramu; amurusha amaboko, aramutsinda.


Ana aramusubiza ati «Shobuja, nta divayi nanyoye, nta n’igisindisha na busa, ahubwo ndi umugore ushenguwe n’ishavu. Gusa, naganyiraga Uhoraho.


Samweli akoranyiriza rubanda rwose imbere y’Uhoraho i Misipa.


Bukeye, batakambira Uhoraho, bavuga bati ’Twaracumuye kuko twaretse Uhoraho, tukayoboka imana z’abanyamahanga, ari zo za Behali na za Ashitaroti. None rero, udukize ibiganza by’abanzi bacu, maze tugukorere.’


Nuko Samweli aba umucamanza wa Israheli, iminsi yose y’ubugingo bwe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan