Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 7:17 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

17 Hanyuma akajya asubira iwe i Rama, kuko ari ho yari atuye; akomeza gucira Abayisraheli imanza kandi ahubaka urutambiro rw’Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

17 akajya asubira iwe i Rama kuko ari ho urugo rwe rwari ruri agacirayo Abisirayeli imanza, yubakayo igicaniro cy'Uwiteka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

17 hanyuma agataha iwe i Rama. Aho na ho yahakemuriraga imanza, ni na ho yubakiye Uhoraho urutambiro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

17 hanyuma agataha iwe i Rama. Aho na ho yahakemuriraga imanza, ni na ho yubakiye Uhoraho urutambiro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 7:17
18 Iomraidhean Croise  

Ahubaka urutambiro arwita ’El, Imana ya Israheli’.


Ahubaka urutambiro, aho hantu ahita ’Imana y’i Beteli’, kuko ari ho Imana yari yamubonekereye ahunga mukuru we.


Anyura mu nzira y’impatanwa, aca ingando i Geba. Ubwo ab’i Rama bahinda umushyitsi, i Geba ya Sawuli barahunga.


Yakundaga kwiyicarira mu nsi y’Umukindo wa Debora, hagati ya Rama na Beteli, mu misozi miremire ya Efurayimu, maze Abayisraheli bakajya bazamuka bakahamusanga, kugira ngo abacire imanza.


Aho hantu Gideyoni ahubakira Uhoraho urutambiro, maze arwita «Uhoraho‐Mahoro.» Urwo rutambiro ruracyari i Ofura ya Abiyezeri kugeza na n’ubu.


I Ramatayimu‐Sofimu, ku musozi wa Efurayimu, hari umugabo akitwa Elikana, mwene Yerohamu, wa Elihu, wa Tohu, wa Sufu, akaba Umunyefurata.


Babyuka mu gitondo cya kare bunamira Uhoraho; nuko bataha iwabo i Rama. Elikana aryamana n’umugore we Ana, nuko Uhoraho yibuka Ana.


Bose bajya i Giligali, bahimikira Sawuli imbere y’Uhoraho, bahaturira ibitambo by’ubuhoro, maze Sawuli n’Abayisraheli bose bahagirira ibirori bikomeye.


Sawuli aherako yubakira Uhoraho urutambiro, ari na rwo rwa mbere yari yubakiye Uhoraho.


Hanyuma Samweli ajya iwe i Rama, na Sawuli arazamuka ataha i Gibeya ya Sawuli.


Elikana asubira iwe i Rama, naho umwana akomeza gukorera Uhoraho, mu maso y’umuherezabitambo Heli.


Icyo gihe rero, Samweli yari yarapfuye, Abayisraheli bose bari baramuririye, baranamuhambye mu mugi we i Rama. Naho Sawuli yari yaraciye ubupfumu n’ibyerekeye gushikisha byose mu gihugu cyose.


Abakuru b’imiryango ya Israheli bose barakorana, maze basanga Samweli i Rama.


Abo bakobwa barabasubiza bati «Arahari, ndetse ari aho imbere yanyu. Nimwihute kuko uyu munsi ari bwo akigera mu mugi, none abantu bakaba bagiye kujyana na we mu isengero ry’ahirengeye gutura ibitambo ku mugaragaro.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan