Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 4:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Nuko Ubushyinguro bw’Isezerano ry’Uhoraho bugeze mu ngando, Abayisraheli bose baterera hejuru icyarimwe, mu ijwi riranguruye, maze isi iradagadwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Isanduku y'isezerano ry'Uwiteka igeze mu rugerero, Abisirayeli bose bavugira hejuru n'ijwi rirenga, isi irarangīra.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Isanduku y'Isezerano ry'Uhoraho igeze mu nkambi, ingabo zose z'Abisiraheli zirasakuza cyane, isi iratingita.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Isanduku y'Isezerano ry'Uhoraho igeze mu nkambi, ingabo zose z'Abisiraheli zirasakuza cyane, isi iratingita.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 4:5
10 Iomraidhean Croise  

Hari kandi na Sadoki, ari kumwe n’Abalevi bose batwaye Ubushyinguro bw’Isezerano ry’Imana: bashyira Ubushyinguro bw’Imana hasi, maze Abiyatari abuhagarara iruhande, kugeza ubwo abantu bose basohokaga mu mugi barangije guhita.


Imbaga y’abantu izamuka imushagaye; ubwo bavuzaga imyironge, banezerewe cyane ku buryo isi yatigitaga kubera imyiyereko yabo.


umunezero w’abagome utamara kabiri, kandi ibyishimo by’abagomeramana ntibimare igihe.


Nimusigeho kwibeshyeshya amagambo atagira aho ashingiye, muvuga ngo: Ingoro y’Uhoraho! Ingoro y’Uhoraho! Uhoraho ari hano!


Mushaka guhigika umunsi w’amagorwa, hanyuma mukigiza bugufi igihe cy’imidugararo.


Iyaba habonekaga umuntu wiruka inyuma y’umuyaga, agakwirakwiza ibinyoma agira ati «Nguhanuriye ko uzagwirizwa divayi n’ibindi bisindisha!» uwo ni we waba umuhanuzi ukwiriye uyu muryango.


Rubanda ruvuza urwamo maze ihembe riroroma. Imbaga yumvise umworomo w’ihembe, bavuza urwamo rwinshi maze urukuta rw’umugi ruhita rurindimuka ako kanya; rubanda bazamuka biroha mu mugi buri wese aboneje imbere ye, maze bigarurira umugi.


Ihembe rya rugeyo nirivuga — mukumva ihembe riranguruye ijwi —, rubanda rwose ruzavuze urwamo rwinshi cyane, urukuta rw’umugi ruzaherako rwiture hasi, maze rubanda burire buri muntu aboneje imbere ye.»


Ngo bagere bugufi ya Lehi, Abafilisiti barabasanganira basakabaka, ariko umwuka w’Uhoraho umwinjiramo: imigozi yari imuboshye amaboko ihinduka nk’ubudodo bw’ihariri bushongeshejwe n’umuriro, ingoyi zibohora ku maboko ye.


Abafilisiti bumvise urwo rwamo, baravuga bati «Urwo rwamo rurenga ruturutse mu ngando y’Abahebureyi ni urw’iki?» Hanyuma baza kumenya ko Ubushyinguro bw’Uhoraho bwageze mu ngando.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan