Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 3:19 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

19 Samweli arakura. Uhoraho yari kumwe nawe, kandi ntiyatuma hagira ijambo rye na rimwe riba impfabusa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

19 Samweli arakura, Uwiteka abana na we ntiyakunda ko hagira ijambo na rimwe rya Samweli rigwa hasi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

19 Samweli akomeza gukura kandi Uhoraho yari kumwe na we, ku buryo nta jambo rya Samweli ritasohoraga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

19 Samweli akomeza gukura kandi Uhoraho yari kumwe na we, ku buryo nta jambo rya Samweli ritasohoraga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 3:19
32 Iomraidhean Croise  

Muri iyo minsi Abimeleki na Pikoli, umutware w’ingabo ze, babwira Abrahamu bati «Imana iri kumwe nawe mu byo ukora byose.


Dore, ndi kumwe nawe; nzakurinda aho uzajya hose, kandi nzakugarura muri iki gihugu. Sinzagutererana, kugeza ubwo nzaba nujuje ibyo nakubwiye byose.»


Uhoraho yari kumwe na Yozefu; agira ukuboko kwiza, aba umunyanzu wa shebuja, uwo Munyamisiri.


Shebuja abona ko Uhoraho yari kumwe na Yozefu, kuko ibyo yakoraga byose byamuhiraga.


«Nihasingizwe Uhoraho wahaye umuryango we Israheli aho uruhukira nk’uko yari yabivuze: nta jambo na rimwe mu magambo meza yavugishije umugaragu we Musa ritasohoye.


None rero, mumenye ko nta jambo na rimwe Uhoraho yavuze ku nzu ya Akabu ryagiye ubusa! Ahubwo ibyo Uhoraho yavugishije umugaragu we Eliya, yaranabyujuje.»


Iryo ni rya jambo Uhoraho yari yarabwiye Yehu, agira ati «Abana bawe bazicara ku ntebe y’ubwami bwa Israheli kugeza ku gisekuru cya kane.» Koko kandi ni ko byagenze.


’Uhoraho aravuze ngo agiye guteza ibyago aho hantu n’abahatuye, nk’uko byanditswe mu gitabo cy’Amategeko, umwami wa Yuda yasomye.


Nuramuka unyuze mu mazi, nzaba ndi kumwe nawe, ukanyura mu nzuzi, ntuzarohama. Nunyura rwagati mu muriro, nta bwo uzashya, n’indimi zawo nta cyo zizagutwara,


Mpaye agaciro gakomeye ijambo ry’umugaragu wanjye, umugambi w’intumwa zanjye nywuzuze. Ku byerekeye Yeruzalemu ndavuze nti «Niturwe», n’imigi ya Yuda nti «Niyongere yubakwe, ibyasenyutse nzabisana.»


ni na ko ijambo risohotse mu munwa wanjye: ritangarukaho amara masa, ritarangije ugushaka kwanjye, ngo risohoze icyo naritumye.


«Dore Umukobwa w’isugi agiye gusama inda, maze azabyare umuhungu, nuko bazamwite Emanuweli», ari byo kuvuga ngo «Imana turi kumwe.»


Malayika aza iwabo, aramubwira ati «Ndakuramutsa, mutoni w’Imana; Nyagasani ari kumwe nawe.»


Umwana uko yakuraga, ni na ko yungukaga ubwenge. Nuko yibera ahantu h’ubutayu kugeza igihe yigaragaje imbere ya Israheli.


Nuko umwana arakura, arakomera, abyirukana ubwenge, yuzuye ubwitonzi, afite n’ubutoni ku Mana.


Uko Yezu yakuraga, ni ko yungukaga ubwenge n’igihagararo, anyuze Imana n’abantu.


Ahasigaye rero, bavandimwe, muhorane ibyishimo, mutere imbere, muterana inkunga, mushyire hamwe, mubane mu ituze, bityo Imana yuje urukundo n’amahoro izabana namwe.


Umuhanuzi navuga mu izina ry’Uhoraho, maze icyo avuze ntikibe, ntigisohore, icyo gihe bizaba atari ijambo ryavuzwe n’Uhoraho; uwo muhanuzi azaba yavuze ibyo yihimbiye. Ntugomba kumutinya!


Nyagasani nabane nawe. Ineza ye nihorane namwe!


Mu masezerano yose meza Uhoraho yabwiye umuryango wa Israheli, nta na rimwe ryapfuye ubusa; yose yarujujwe.


Nuko uwo mugore abyara umuhungu, maze amwita Samusoni. Umuhungu arakura kandi Uhoraho amuha umugisha.


Ubwo numara kubona ibi bimenyetso, uzakore ikizaba gikwiye, kuko Imana izaba iri kumwe nawe.


None rero, nguyu umwami uzabajya imbere. Jye dore ndashaje, maze kumera imvi, n’abahungu banjye muri kumwe. Muzi ko nabagendaga imbere, guhera mu buto bwanjye kugera uyu munsi.


Bukeye, umwe muri bo aramubwira ati «Nabonye umuhungu wa Yese w’i Betelehemu, azi gucuranga neza; ni umusore w’intwari kandi uzi kurwana, avugana ubwitonzi kandi akaba umuntu w’igikundiro. Uhoraho ari kumwe na we.»


Sawuli yahise atinya Dawudi kuko Uhoraho yari kumwe na we, naho Sawuli, Uhoraho akaba yaramwitaruye.


maze aho ateye hose akahatsinda, kuko Uhoraho yabaga ari kumwe na we.


Aho Sawuli amwohereje gutabara hose, Dawudi yaratsindaga, bituma amugira umugaba w’ingabo ze. Yari akunzwe na rubanda rwose, ndetse n’abagaragu ba Sawuli baramukundaga.


Nuko Uhoraho agoboka Ana, arasama abyara abahungu batatu n’abakobwa babiri. Naho umwana Samweli akomeza kugimbuka mu maso y’Uhoraho.


Naho umwana Samweli yakuraga mu gihagararo no mu bwiza, imbere y’Uhoraho no mu maso y’abantu.


Umugaragu aramusubiza ati «Muri uriya mugi hari umuntu w’Imana kandi arubashywe, n’ibyo avuze byose birigaragaza. None rero, reka tujyeyo, ahari yagira icyo atubwira kuri ururugendo rwacu.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan