Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 27:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Akishi yamubaza ati «Uyu munsi wateye he?» Dawudi akamusubiza ati «Nateye Negevu ya Yuda», cyangwa «Negevu y’Abayerahimeli», cyangwa ati «Nateye Negevu y’Abakeniti.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Akishi akajya amubaza ati “Uyu munsi wateye he?” Dawidi ati “Nateye ikusi h'i Buyuda, n'ikusi h'i Yerameli n'ah'Abakeni.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Iyo Akishi yamubazaga niba hari aho bateye, Dawidi yamusubizaga ko bagiye mu majyepfo ya Kanāni, bagatera Abayuda cyangwa Abayerahimēli cyangwa Abakeni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Iyo Akishi yamubazaga niba hari aho bateye, Dawidi yamusubizaga ko bagiye mu majyepfo ya Kanāni, bagatera Abayuda cyangwa Abayerahimēli cyangwa Abakeni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 27:10
21 Iomraidhean Croise  

Aramubaza ati «Ese koko ni wowe umwana wanjye Ezawu?» Undi ati «Ni jye.»


Abagaragu ba Abusalomu binjira mu nzu kwa wa mugore, baramubaza bati «Ahimasi na Yonatani bari hehe?» Umugore arabasubiza ati «Bagiye berekeza ku mazi.» Nuko barabashaka ntibababona, basubira i Yeruzalemu.


Bene Yerahumeyeli imfura ya Hesironi ni Ramu, imfura ye, na Buna, Oreni, Osemu na Ahiya.


Abana bavutse kuri Hesironi ni Yerahumeyeli, Ramu na Kelubayi.


Nanga ikinyoma urunuka, ariko ngakunda amategeko yawe.


Urandinde inzira y’ikinyoma, maze ungirire ubuntu, umpe amategeko yawe.


Gutinya abantu birimo umutego, naho uwiringira Uhoraho ntazahungabana.


Arongera areba Abakeniti, maze abahanurira muri iki gisigo, agira ati «Amazu yawe arakomeye, n’icyari cyawe cyubatse ku rutare.


Nibitume rero mucika ku binyoma, buri muntu abwire mugenzi we ukuri, kuko bamwe turi ingingo z’abandi.


Abahungu ba wa Mukeniti, sebukwe wa Musa, bazamukana na Bene Yuda, bava mu mugi w’Imikindo berekeza mu butayu bwa Yuda bwari mu majyepfo ya Aradi. Nuko baraza babana n’abahatuye.


Ariko Heberi w’Umukeniti yari yaritandukanyije na Kayini wo muri bene Hobabu, sebukwe wa Musa, kandi yari yarashinze ihema rye iruhande rw’igiti cy’umushishi cy’i Sanayimu, bugufi ya Kedeshi.


Yayeli, muka Heberi w’Umukeniti, nahabwe umugisha mu bagore; mu bagore bose batuye mu mahema nahabwe umugisha!


Sawuli abwira Abakeniti, ati «Mwe nimugende, muve mu bantu ba Amaleki, kuko byaba bibabaje kubicana na bo, kandi mwebwe mwaragiriye neza Abayisraheli igihe bavaga mu Misiri.» Nuko Abakeniti bitarura Abamaleki.


Dawudi agera i Nobu kwa Ahimeleki, umuherezabitambo. Ahimeleki aza kumusanganira adagadwa, maze aramubaza ati «Ni kuki uri wenyine, nta bantu muri kumwe?»


intumwa iraza ibwira Sawuli iti «Ngwino banguka, Abafilisiti bateye igihugu!»


Yaba umugabo cyangwa se umugore, Dawudi yirindaga kugira uwo azana i Gati ari muzima, kubera ubwoba. Yaribwiraga ati «Baramutse baganiriye, bamenyana bakadutamaza.» Nuko akomeza kugenza atyo, iminsi yose yamaze mu gihugu cy’Abafilisiti.


Dawudi abaza Akishi, ati «Ariko se naba narakoze iki? Hari ikibi wabonye ku mugaragu wawe, kuva aho ntangiriye kugukorera kugeza uyu munsi, ku buryo naba ntagikwiriye kujya kurwanya abanzi b’umwami, umutegetsi wanjye?»


ab’i Karumeli, abo mu migi y’Abanyerahameli n’abo mu y’Abakeniti,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan